Dore ibimenyetso byakwereka ko wugarijwe n’umuvuduko ukabije w’amaraso

Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension) ni indwara ifata umuntu bucece ikagera ubwo imuzahaza atabimenye. Mu yandi magambo ni indwara yica bucece kuko nta kimenyetso cyihariye igaragaza.

Hari uburyo busanzwe bukoreshwa kwa muganga bwo kuyisuzuma hifashishijwe imashini zipima umuvuduko w’amaraso.

Ariko hari ibimenyesto byatuma ukeka ko uyifite ukihutira kureba muganga:

1. Kumva umutima utera cyane ukanabyumvira mu gutwi kumwe cyangwa yombi, cyane cyane uryamye cyangwa uri ahantu hacececetse.

2. Kuribwa umutwe biherekejwe no guhorana umunaniro, akenshi ubu bubabare bukunze kubaho mu gihe umuntu akangutse. Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ritangaza ko umuntu mukuru umwe muri batatu aterwa umutwe n’umuvuduko ukabije w’amaraso.

3. Kutabona neza: Umuntu yumva ikizungera cyangwa isereri bigendana no kumva atabona neza cyangwa akabona ibikezikezi.

4. Kubira ibyuya: Gututubikana bidafite indi mpamvu bishobora kuba impuruza y’uko umuvuduko w’amaraso wazamutse.

5. Kuva imyuna (Kuva amaraso mu mazuru)

Indwara y’umuvuduko w’anaraso ihangayikishije abatuye isi. OMS itangaza ko abantu miliyari 1.28 bari hagati y’inyaka 30 na 79 barwaye umuvuduko ukabije w’amaraso, kandi ko 2/3 byabo ari ababa mu bihugu bikennye n’ibiciriritse. Ikindi kandi iyi ndwara ni imwe mu za mbere zitera gupfa imburagihe, cyangwa se gukenyuka kw’abatuye isi.

Hypertension ishobora kwirindwa

1. Gukora imyitozo ngororamubiri
2. Kurya ifunguro riboneye ririmo imboga n’imbuto
3. Kugabanya inzoga cyangwa ibisindisha no kwirinda kunywa itabi
4. Kugabanya umunyu
5. Kumenya guhangana na stress

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 32 )

Nibyo Koko iriyandwara ikomejekuzahaza benshi ubayenawe uyifite cg habayeharuwo Uzi uyifite waduhamagara cg ukatwandicyira Kuri 0787289124 tukagufasha murakoze

Pandasi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 1-02-2024  →  Musubize

Ndabashimiye kuko ndangije gushima ibiyi ndwara najyanye mushiki wanjye kwisuzumisha kuko yari afite bimwe muri ibyo bimenyetso gusa abadufashije baradusabye ngo nitubishaka tuzasangize bagenzi bacu amakuru uwamfashije akoresha products zahawe uburenganzira na FDA,na ministry of health
Nimero zabo za whatsapp ni 0785403902

Nitwa Mudaheranwa Bruno yanditse ku itariki ya: 24-12-2023  →  Musubize

Nanjye mfite nyogokuru wanjye yararwaye umuvuduko wamaraso na diyabete twari twaramuvuje byaranze nibwo twahuye numusore aduha imiti ayikoresha ukwezi nigice ariko ubu turashimira imana ko amaze imyaka 3 ntakibazo afite dore nimero zabo mwabavugisha namwe bakabafasha+250791316152

Janvier fiston yanditse ku itariki ya: 7-12-2023  →  Musubize

Mwiriwe neza umuvuduko wamaraso ni indwara ikomeje Kuzahaza abantu benshi, Kandi ikomeza yiyongera rwose,papa wanjye afite imyaka 41 yari afite umuvuduko 173/96 byahoraga bihindagurika, nari narabuze icyo nakora, Rimwe naje Guhura numusore yampaye imiti ndayimuha ayikoresha amezi 2 ubu yarakize neza Ari normal, Kandi ubu hashize umwaka atongeye kugira crise, iyo Niyo Nimero ye 0727776102 uwaba akeneye ko amufasha yamuvugisha.

Murakoze!

Etienne Irambona yanditse ku itariki ya: 5-12-2023  →  Musubize

Muraho neza,nanjye mfite umurwayi barikumupima kukaboko kamwe bagasanga ari normal bapima akandi kaboko bagasanga gafite umuvuduko,mungire inama nkoriki

Nsabiyera Evariste yanditse ku itariki ya: 19-11-2023  →  Musubize

Muraho neza,nanjye mfite umurwayi barikumupima kukaboko kamwe bagasanga ari normal bapima akandi kaboko bagasanga gafite umuvuduko,mungire inama nkoriki

Nsabiyera Evariste yanditse ku itariki ya: 19-11-2023  →  Musubize

Ese niki umunu yakora mugihe umuvuduko w’amaraso uri hejuru.Yakwihutira gufata imiti cg hari ibyo yakwirinda ukagabanuka
Murakoze

Eugene yanditse ku itariki ya: 15-10-2023  →  Musubize

Ese niki umunu yakora mugihe umuvuduko w’amaraso uri hejuru.Yakwihutira gufata imiti cg hari ibyo yakwirinda ukagabanuka
Murakoze

Eugene yanditse ku itariki ya: 15-10-2023  →  Musubize

Nijoro ndyamye numva umutima utera cyane kumanywanakwipisha hakaba ubwo nsanga biri hejuru, ikindigihe ngasanga Ari normal, ubundi ngasanga amarado agenda gake um
utima ukoresha imbaraga ngo nyinshi

Illuminée yanditse ku itariki ya: 25-04-2023  →  Musubize

Mwiriwe ngewe njya njyeraho nkumva umutimawange ubaye nkaho ucitsemo ibice cg nkumunu unaniwekandi ntacyo nakoze mporandwaye umutwe namaso mporaniyumvankumunu wahagiye nkumvanakwiruhutsa

Send yaba Ari umuvuduko wamaraso wantatatse

Zawadi yanditse ku itariki ya: 9-04-2023  →  Musubize

Birumvikana ko ibyo ari ibimenyetso by umuvuduko, wowe kora sport,ugabany amavuta,umunyu,stress, unwe amazi menshi bizashira kandi ugane ikigonderabuzima kikwegerey bagupime.

Charlotte yanditse ku itariki ya: 26-04-2023  →  Musubize

ndashaka kumenya niba uwarenzwe nawo yabasha gukira

alias yanditse ku itariki ya: 29-11-2023  →  Musubize

Urakiracyane

Pandasi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 1-02-2024  →  Musubize

Njyewe ngira ikibazo iyo ngiye kwipimisha nkunda kugira ubwoba bampima bagasanga nfite umuvuduko umutima ukabyima mbese nkunva ndahindutse mwinshi cyane nkunze kugira ubwoba nkiyo ngiye kubazwa ikintu numuntu ntamenyereye nunva nfite ubwoba ariko igikorwa runaka cyarangira bigashira mungire inama

Irasubiza jeanbaptiste yanditse ku itariki ya: 12-02-2023  →  Musubize

Birahangayikishije p twex twitabire kwisuzumisha😥🤔🤔🤔

Japhet Jyambere yanditse ku itariki ya: 8-10-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka