Karasira Aimable Uzaramba uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) tariki 31 Gicurasi 2021 akurikiranyweho ikindi cyaha gishya cyiyongera ku byavuzwe mu minsi ishize byo guhakana no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.
RIB nk’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Polisi nk’Urwego rukumira icyaha cyangwa rukakiburizamo kitaraba rukarinda n’umutekano w’abantu n’ibintu, n’Ubushinjacyaha ni inzego zuzuzanya mu kazi ka buri munsi ariko zifite n’ibyo zitadukaniyeho. Aha usanga bamwe bitiranya izi nzego kugeza n’aho batabasha kuzitandukanya kandi ari inzego (…)
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Karongi ku wa Kane tariki 03 Kamena 2021 bwaregeye urukiko mu mizi umugore ukekwaho kwica umugabo wahoze ari umukunzi we akoresheje icyuma.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 31 Gicurasi 2021 rwafunze Karasira Aimable ukurikiranyweho icyaha cyo guhakana no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umucamanza mu rukiko rw’ibanze rw’Akarere ka Nyamagabe witwa Nyaminani Daniel ukurikiranyweho kwaka no kwakira ruswa kugira ngo arekure uwari ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umukozi ukuriye Ubugenzacyaha mu Karere ka Rusizi witwa Kabanguka Jules yafashwe yakira ruswa y’amafaranga ibihumbi magana atatu (300,000frw) kugira ngo afashe gufungura umuntu ufunze akekwaho icyaha cy’ubugome.
Itegeko no 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi ryongewemo ingingo zivugurura uburyo cyamunara yakorwaga bituma uwatsindiye cyamunara yongererwa igihe cyo kwishyura kiva ku munsi umwe kugeza ku minsi itatu (3).
Uyu mugabo yafunzwe akiri umwana mu 1953 ubwo we na bagenzi be bahuye bagasangira bikarangira biraye mu bantu bari kumwe bashaka kubaka amafaranga ngo bakomeze banywe inzoga dore ko amafaranga bari bafite yari abashiranye.
Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga ‘Chief Justices’ baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community ‘EAC’ ), bateraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu (10-12) yiga ku bibazo bitandukanye biri mu Karere ndetse n’uburyo bwo kwegereza ubutabera abaturage hagamijwe ku bageza ku iterambere (…)
Amategeko avuga ko umwana atitangira ikirego ariko nanone bigaterwa n’imyaka afite. – Abana bakiri bato batarageza ku myaka cumi n’ine(14) ababyeyi cyangwa ababarera ni bo babatangira ikirego mugihe umwana yahohotewe kuko aribo babana nabo, gusa nanone muri iyi minsi harimo icyuho cy’uko ababarera ahanini bikomeje (…)
Séraphine Uwineza utuye i Shanga mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, yinubira kuba amaze amezi atatu ashaka icyangombwa cy’uko yakatiwe cyangwa atakatiwe n’inkiko, ariko ntagihabwe.
Perezida Kagame yagize Dr. Aimé Muyoboke Kalimunda Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, François Régis Rukundakuvuga, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Kuri ubu usanga ahantu hatandukanye havugwa ibibazo bishingiye ku kuba hari abantu bamwe bahoza abandi ku nkeke babasaba imibonano mpuzabitsina kubera ububasha babafiteho. Iki ni icyaha gikunda kuvugwa cyane ndetse rimwe na rimwe kigakubita hasi bamwe mu bantu bakomeye.
Mu gihe ubuhamya n’ibimenyetso bishinja bikomeje kuboneka ari byinshi mu rubanza rw’abayobozi 22 n’abayoboke b’umutwe w’iterabwoba wa FLN, ibitangazamakuru byo mu bihugu byateye imbere biracyatsimbaraye mu rugamba rwo kwikoma u Rwanda.
Icyaha cy’Ubusambanyi ni icyaha benshi bibaza uko gihanwa n’uko gikurikiranwa. Byageze n’aho hari abavuga ko gikwiriye kuvanwa mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ntigikomeze kwitwa icyaha ahubwo kikaba ikosa mbonezamubano.
Umuvugizi w’inkiko mu Rwanda, Mutabazi Harrison, ahamagarira abantu bose kwirinda ababasaba kugura serivisi z’ubutabera kuko bazemerewe, akaba ari na byo bizatuma ruswa muri urwo rwego icika.
Ku mugoroba wo ku wa 17 Werurwe 2021 ahagana mu ma saa 18h07 uwitwa Kamaraba Salva, yatambukije ku rubuga rwa Twitter ubuhamya bw’Umukobwa mugenzi we bushinja Dr Kayumba Christopher wari umwarimu we muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Itangazamakuru n’itumanaho, gushaka kumusambanya ku gahato akabyanga.
Abantu barenganyijwe cyangwa abatarishimiye imikirize y’urubanza, amategeko abaha uburenganzira bwo gusaba kurenganurwa. Kujurira hari uburyo bigomba gukorwamo, igihe bikorerwamo n’aho bikorerwa.
Paul Rusesabagina ukurikiranwe n’ubutabera bw’u Rwanda ku byaha bifitanye isano no guhungabanya umutekano w’u Rwanda yikuye mu rubanza ku wa Gatanu tariki 12 Werurwe nyuma yo kuvuga ko uburenganzira bwe butarimo kubahirizwa.
Amategeko avuga ko nta muntu ushobora guhanwa kubera gukora ikibujijwe cyangwa kwanga gukora igitegetswe bitari icyaha hakurikijwe amategeko y’igihugu cyangwa mpuzamahanga mu gihe byakorwaga. Icyaha gishobora gukorerwa ahantu hatandukanye kugera no mu rukiko aho uwitezwe kuburanishwa cyangwa undi muntu urimo ashobora gukora (…)
Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryasohotse mu igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 27/09/2018, rifite ingingo 335. Ni byiza ko umenya neza ibirimo kugira ngo usobanukirwe ibyo ushobora gukora bikaguteza ibibazo.
Umuryango wita ku isanamitima n’iremamiryango (Association Modeste et Innocent - AMI) mu Ntara y’Amajyepfo uratangaza ko abagororwa babarirwa mu gihumbi na magana atanu (1500) bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri gereza za Nyamagabe na Huye bari gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe mbere ya 2022.
Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa n’abandi bantu babiri bakoranaga nawe bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu – harimo ibiri yasubitswe – nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamaganye amakuru yatangajwe na televiziyo y’Abarabu (Al Jazeera) ajyanye n’ikiganiro Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye yagiranye n’abajyanama be ku ifatwa rya Paul Rusesabagina.
Muri serivisi za Leta zitangirwa ku rubuga Irembo harimo n’icyemezo cy’uko umuntu ariho, kabone n’ubwo umusaba icyo cyemezo aba amubona ko ariho, kabone n’iyo baba babana mu nzu imwe.
Tariki 22 Mutarama 2021 nibwo urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Niringiyimana Eugene, Umuyobozi w’ibitaro bya Murunda biherereye mu Karere ka Rutsiro.
Kugira umubyeyi ni uburenganzira umwana wese yemererwa n’amategeko. Birashoboka ariko ko ubwo burenganzira umwana ashobora kububura bitewe n’uko yavutse ku babyeyi batashyingiranywe cyangwa batazwi, bityo akisunga ubutabera ashaka kwemerwa nk’umwana wabo binyujijwe mu rukiko.
Umuforomo wo mu Kigo Nderabuzima cya Rutare mu Karere ka Gicumbi witwa Nshimiyimana Alphonse, ari mu maboko ya RIB yo muri ako karere, akurikiranweho gukuramo inda y’umwana w’imyaka 16 wasambanyijwe n’umucuruzi wo muri ako gace, icyo gikorwa akaba yaragikoze yishyuwe amafaranga 40,000Frw.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, iherutse gutora umushinga w’itegeko Ngenga rigenga ubwenegihugu Nyarwanda rizasimbura iryari risanzwe rikoreshwa kuva muri 2008. Iri tegeko ryitezweho impinduka nyinshi harimo korohereza abafite ubumenyi cyangwa impano byihariye ndetse n’abafite ishoramari n’ibikorwa binini (…)
Amategeko avuga ko icyaha ari igikorwa kibujijwe n’itegeko cyangwa kwanga gukora igitegetswe ku buryo bihungabanya umutekano mu bantu kandi hari itegeko ribiteganyiriza igihano. Nta gihano gishobora gutangwa hatari itegeko, nta kurikiranacyaha ndetse no kurangiza igifungo cyatanzwe mu gihe cy’ubusaze bw’icyaha cyangwa (…)