Uko wareba amanota y’umunyeshuri n’aho aziga

Bamwe mu babyeyi n’abana bakomeje kugaragaza ko bibagora kubona amanota y’abana n’aho boherejwe kwiga mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo amashuri atangire.

Ibyo ubona winjiye ku rubuga rwa REB
Ibyo ubona winjiye ku rubuga rwa REB

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, kureba amanota hifashishijwe ikoranabuhanga rya Internet ni ukujya ku rubuga rw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) ari rwo www.reb.rw, iyo rumaze gufunguka ureba iburyo ahari urutonde rw’ibihashakirwa, ugakanda ahanditse “View Result”.

Nyuma uhita ubona na none ku ruhande rw’iburyo akadirishya kandikwamo numero iranga umwana ukayishyiramo, hejuru yako hari utudomo dutatu twerekana icyiciro cy’umwana ugakanda muri kamwe (P6, S3, S6) bitewe n’icyiciro cy’umwana ushaka kurebera.

Ahandikwa numero y'umwana
Ahandikwa numero y’umwana

Urangije ibyo ukanda ku kantu k’ubururu gafashe kuri ka kadirishya wanditsemo numero iranga umwana.
Uhita ubona imyirondoro y’umwana, amanota yabonye yose, icyiciro aherereyemo n’ikigo Minisiteri yamwoherejeho.

Ukiri aho ubona kandi umurongo w’ibintu byanditse mu ibara ry’umutuku, ukanzeho uhita ubona ibyo ikigo umwana azigaho kimusaba.

Itangazo rya Minisiteri y’Uburezi rivuga ko igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri kizatangira tariki 14 Mutarama 2019.

Aho usanga amakuru yose
Aho usanga amakuru yose
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 58 )

to see my result 2018 national exams

Bigirimana muhamed yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

kureba amanota yanjye cya leta nakoze nikigo

Bigirimana muhamed yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

mwiriwe neza! ko turimo gukurikiza amabwiriza mugushaka ibigo byacu bikaba byanze mwadufashije? murakoze

kwemera shafi yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

Muraho neza ? Tubifurije umwaka mwiza.
Mudufashije mwatubwira ibigo by’ abarangije s3 kuko iminsi yagiye .iyo bibaye Ku munota wanyuma biratugora . murakoze ,Imana ibarinde

Josephine yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

KO MUTARIGUTANGA IBIGO KUBARANGIJE S3

EMMANUEL NSENGIYUMVA yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

Ndashaka kureba ikigo banyoherejeho nigaga s3 mugihe ngitegereje igisubizo Cyanyu

sugira gad yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

umwaka mushya,mwadufashije mukaduha link yoreba ikigo(kureba aho boreje umunyeshuri) murakoze

Habimana jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

kureba ikigo umwana azajyakwigaho muwa kane ko byanze mwadufashije

tuyisenge solange yanditse ku itariki ya: 8-01-2019  →  Musubize

Mutugirire vuba ,kureba aho bakohereje byanze nigihe cyagiye

Tuyishime Leon yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

Mugerageze muduhe ibigo bya s4 vuba kuko tugiye gutangira amashuri

Patrick yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

NABUZE AHO NKANDA KUGIRANGO NDENDEBE AMANOTA

ALIAS yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

kureba aho nzajya kwiga S4 2019

Mugisha Kevin yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

Kureba ikigo

Isingizwe Robert yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

Ibyo mutubwiye byo kureba ibigo ko bidakunda,n’ubundi turi kubona result gusa,ubwo rero mudufashe kumenya ibigo iminsi yadushiranye

Ndi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka