Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.
Impuguke zirasaba ko abagore n’abakobwa bakomeza kurusha amahirwe abagabo n’abahungu, kugira ngo umuryango nyarwanda uzibe icyuho cy’imyaka 40 bakerereweho mu burezi.
Kaminuza y’u Rwanda(ishami nderabarezi) ivuga ko yari itangiye guterwa impungenge n’umubare munini w’abana bafite ubumuga utajyanye n’uw’abarimu bashobora kubigisha.
Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda (RDB) rweguriye Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) ishingano zo gucunga Kaminuza ya Carnegie Mellon-Africa (CMU-Africa), bikaba byongereye amahirwe menshi Abanyeshuri b’Abanyarwanda.
Amafaranga y’u Rwanda angana na miliyari ebyiri na miliyoni 700 agiye gushyirwa mu bigo cyangwa inganda zikora ibintu bitandukanye kugira ngo byakire urubyiruko na rwo rwige imyuga ijyanye n’ibihakorerwa kugira ngo ruzabashe kwikorera cyangwa rubone akazi.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rumaze amezi atanu rwigishwa imyuga n’ikigo cy’urubyiruko, rwatangiye gukorera amafaranga rukiri ku ntebe y’ishuri, none rwizeye imbere heza.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, avuga ko nta wagombye kurengaya umwarimu washibije umunyeshuri, kuko umunyeshuri watsinzwe adakwiye kwimurwa.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda itangaza ko barimo gutegura inkoranyamagambo y’abakoresha amarenga mu gukemura ikibazo cya serivisi mbi bahabwa, bikomoka ahanini ku bumenyi buke buboneka mu bagomba kubaha serivisi.
Raporo y’Umuryango Transparency International (Rwanda) y’umwaka wa 2018 ishyira abarimu bigisha muri za Kaminuza ku mwanya wa mbere mu kwakira ruswa itubutse.
Ababyeyi barerera muri Wisdom School barasaba Leta kurekera iryo shuri uburenganzira bwo gucumbikira abana nk’uko byahoze.
Abize amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro barasabwa guhanga umurimo kuruta gutekereza gukorera abandi.
Minisitiri w’uburezi aravuga ko muri gahunda ya leta y’imyaka irindwi harimo ko hazongerwa abiga ubumenyingiro, akaba ari muri urwo rwego hari kongerwa za TVET hirya no hino mu gihugu.
Umuryango w’Abanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID), ugiye guha amashuri abanza miliyoni zirindwi z’ibitabo bizafasha abana bato kumenya Ikinyarwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr Edward Ngirente yemereye abiga uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda ko bazahabwa amafaranga abafasha kwiga atishyurwa.
Minisiteri y’Uburezi mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2019 yatangaje amanota y’abaranyeshuri basoje amashuri yisumbuye, aho mu bijyanye n’amasiyansi umunyeshuri witwa Francois Tuyisenge wo muri Seminari Ntoya ya Ndera ari we waje ku isonga n’inota rya mbere muri buri somo.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) yahaye ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ibitabo bizakoreshwa mu mashuri yisumbuye kugira ngo abana barusheho kumenya umuco w’u Rwanda.
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc), ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye atangazwa kuri uyu wa kane tariki 21 Gashyantare 2018.
Abanyeshuri biga uburezi muri TTC Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu kwiga uburezi nyuma y’aho Leya y’u Rwanda, ibemereye kuzajya biga kaminuza ku buntu ndetse ikongerera n’abarimu umushahara.
Uruzinduko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yagiriye mu Karere ka Karongi, rwibanze ku gusura ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi rihagaze.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga yabonye ishuri nyuma y’ubuvugizi bwa Kigalitoday.
Bamwe mu barimu mu murenge wa Rwempasha bavuga ko ubuke bw’ibyumba by’amashuri butuma abana batigishwa mudasobwa.
Mu gikorwa cyo gusura ibigo by’amashuri mu turere dutandikanye, Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura yashishikarije ababyeyi kwita ku burezi bw’abana no kubohereza ku ishuri, anagaya abayobozi ba ntibindeba batamenya ko abanyeshuri basibye ishuri.
Sylivera Justine, wo mu gihugu cya Tanzania, avuga ko yamaze kuvumbura uburyo bwo kugenzura abanyereza imisoro bakora ubucuruzi bwa Forode.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugène, yafunze ishuri ribanza ryo mu Karere ka Rubavu nyuma yo gusanga ‘ricungwa nabi’.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yanenze abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke, bakomeje kurangwa n’amakoza yo kutita ku nshingano zabo, bikadindiza uburezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butazihanganira abarimu banywa inzoga mu masaha y’akazi n’abambara nabi kuko batanga ingero mbi.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga umurera avuga ko akeneye ubufasha bwatuma akomeza amashuri yigana n’abo bahuje ikibazo kuko yatsinze ikizamini gisoza amashuri atatu yisumbuye ariko agahabwa kwiga ibitajyanye n’ubumuga afite.
Abanyeshuri 60 baziga ibijyanye na za porogaramu zo muri mudasobwa, muri gahunda y’imyaka itatu batangiye amasomo ku ishuri riherereye mu Karere ka Nyabihu, bakaba bategerejweho kuzatanga umusanzu mu kurwanya ibyaha bikorerwa kuri interineti.
Igenzura ry’imyigishirize mu mashuri ririmo gukorwa na Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ryateye abarimu bo ku bigo bimwe na bimwe gutirana ibidanago.
Ku ishuri ribanza rya Remera (EP Remera) mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, hari abadashobora kwiga imvura igwa kuko hari ahigirwa hava, ahandi bakugamisha abavirwa.