Abahanga mu mikurire y’abana bavuga ko gukina biri mu bya mbere bikangura ubwonko bw’umwana, ibitekerezo bye bigakura vuba, ari yo mpamvu bashishikariza ababyeyi kubyitaho baha abana ibikinisho n’umwanya wo gukina.
Abarimu bo mu Karere ka Huye bifuza ko umwarimu ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), akabasha gukorera iy’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) yajya aherwaho mu kuzamurwa mu ntera, mu kigo akoreramo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye Dr. Isaac Munyakazi yijeje gukemura ibibazo cyo gutinda kubona abasimbura abarimu bagiye mu kiruhuko cy’ababyeyi.
Abatangizi muri IPRC-Huye barasabwa guhanga udushya bacyiga Abanyeshuri b’ababatangizi mu wa mbere muri IPRC-Huye barasabwa gutangira amasomo banibaza ku byo bazahanga byazabateza imbere bikanagirira u Rwanda akamaro.
Minisitiri w’Uburezi Dr Mutimura Eugene hamwe na Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Peter Vrooman batangije gahunda y’igitabo ku munyeshuri, aho igiye gufasha abanyeshuri biga mu mashuri abanza kuva mu mwaka wa mbere kugera mu mwaka wa gatatu.
Corneille Musabyimana, umwarimu w’ubugenge (Physics) mu rwunge rw’amashuri Mère du Verbe ruherereye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, yakoze indege ya kajugujugu mu bipapuro, nk’imfashanyigisho mu isomo rye.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino ifasha abana gukunda ishuri, Right To Play, ukorera no mu Rwanda ugiye kubakira bimwe mu bigo by’amashuri ibibuga bitandukanye by’imikino bizafasha abana kubona aho bidagadurira.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze batangiye kwifashisha Laboratwari zo muri Kaminuza y’ubumenyi ngiro ya INES-Ruhengeri mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bubategura kuzasoza amashuri yisumbuye bitwaye neza.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke ruravuga ko ruri gutandukana n’ubushomeri n’ubukene byari bibugarije nyuma y’aho bubakiwe ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TVET Muhondo, batewemo inkunga n’igihugu cy’Ubuyapani.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buvuga ko mu gihe ababyeyi bagiye gukora umuganda rusange, abana babo na bo bazajya bakora umuganda wo gusoma.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Dr. Munyakazi Isaac yaburiye abafite ibigo by’amashuri bitubahiriza gahunda byasabwe kwigishamo, ko bishobora gusubiza ibyangombwa byahawe.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona biga mu mashuri atandukanye yabagenewe, bagiye kujya barushanwa kwandika inkuru no kuzisoma mu ruhame n’ababona kuko na bo bashoboye.
Abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB baratangaza ko batunguwe n’ubumenyi buke n’imyigishirize iri hasi bihabwa abanyeshuri mu mashuri menshi yo mu karere ka Gicumbi.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Minisiteri y’Uburezi irateganya kuzenguruka mu mashuri 900 mu minsi 10 itanga inama ku bibazo bibangamiye ireme ry’uburezi.
Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu ishami rya Siyansi n’Ikorabuhanga (National Council for Science and Technology), kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2019 bahembye imishinga 11 y’abashakashatsi mu buzima, ubuhinzi, umutungo kamere ndetse no mu bushakashatsi bukorerwa mu nganda. Buri mushinga wahawe miliyoni 50 yose hamwe (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi, ahamya ko abumva ko abana babo ari abahanga kubera kuvuga indimi z’amahanga bakiri bato bibeshya.
Abanyeshuri bashya batangiye umwaka w’amashuri 2019-2020 muri Kaminuza y’Ubumenyingiro ya INES Ruhengeri barasabwa kubakira ku myitwarire n’imitekerereze ibubakira ubushobozi bwo kuzashyira mu ngiro amasomo bagiye gukurikirana.
Ubuyobozi bwa Gahunda y’Igihugu igamije kwihutisha ihangwa ry’imirimo idashingiye ku buhinzi NEP, butangaza ko mu myaka itanu bumaze guha ubumenyi mu byiciro bitandukanye urubyiruko rubarirwa mu 45,000.
Komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko (PAC) yatunguwe no kumva urwego rwakabaye ruteza imbere uburezi, rugaragara mu makosa y’imitangire y’amasoko bikagira ingaruka ku myubakire y’amashuri.
Umuyobozi wa IPRC Karongi Ing. Paul Umukunzi yatangaje ko umunyeshuri witwa Mugiraneza Jean Bosco yamaze kwemererwa kwiga muri kaminuza ashaka ku isi igihe azaba yarangije amashuri yisumbuye kubera porogaramu yakoze.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Buri mwaka nyuma y’uko abanyeshuri basoza icyiciro cy’amashuri abanza, abasoza icyiciro rusange n’abasoza icyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye bakora ibizamini bya Leta, hakurikiraho kubikosora.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ry’imyuga n’Ubumenyi ngiro IPRC Musanze n’Ishuri rikuru ry’imyuga rya Jinhua Polytechnic ryo mu Ntara ya Zhejiang mu gihugu cy’u Bushinwa buratangaza ko bwatangiye ubufatanye buzafasha kuzamura ireme ry’amasomo y’imyuga atangirwa muri aya mashuri.
Kambabazi Rita wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’i Mukono mu karere ka Gicumbi, ari mu bitabiriye ubutumire bwa Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ku wa gatanu tariki 06/9/2019, ubwo yatangaga ibihembo ku babaye indashyikirwa mu guhanga udushya mu burezi.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Nyirasafari Espérance, avuga ko gusoma no kwandika bikwiye kongerwa mu mico iranga Abanyarwanda kugira ngo ubumenyi bugere kuri bose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga kugira ngo abaturage bagire ubuvuzi buhamye, bisaba ko abakora muri iyo serivisi baba barabiherewe ubumenyi muri za kaminuza zikomeye, bakaba ari abanyamwuga kandi babifitemo ubunararibonye.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri ryagiranye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya BINGEN (TH BINGEN), yo mu ntara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, agamije guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Abize amasomo ku rwego rwa Kaminuza basaga 50, mu rwego rwo kurushaho gushaka ubumenyi bwo kwihangira imirimo, birengagije impamyabumenyi za Kaminuza bafite, bahitamo kugaruka mu mashuri y’imyuga aho barangije kwiga amasomo y’igihe gito( Short Courses) muri IPRC-Musanze.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu rwunge rw’amashuri rwa Janja mu Karere ka Gakenke, bishimiye ubumenyi bungukiye muri za Laboratwari basanze muri INES-Ruhengeri, bemeza ko bibakundishije kwiga muri Kaminuza.