Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ubwo yagezaga ku bitabiriye inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, avuze ko imyanzuro y’inama y’igihugu y’umushyikirano ushize yageze ku ntego ku kigero cya 80%.
Ishuri ry’ubumenyingiro INES Ruhengeri, riravuga ko rigiye gutangira kwigisha abanyeshuri babo uburyo bwo gufata amafoto uyafata agenda, bikazatuma umurimo wo gufata amafoto hagamijwe ubushakatsi runaka wihuta kandi ugatanga ibisubizo byizewe kurushaho.
Urubyiruko rutuye mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, rurasaba ubuyozi kongera ibikorwaremezo by’imyidagaduro kuko bikiri ku kigero cyo hasi.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’amafaranga y’inguzanyo azwi nka “Buruse”, agenerwa abanyeshuri ba za kaminuza, agitinda kubageraho, agiye kukigira icye kugeza gikemutse.
Minisiteri y’Uburezi irategura gukora isuzuma rizerekana kaminuza zihiga izindi mu ireme ry’uburezi n’izicumbagira.
Abantu bibaza umwana w’imyaka 9 umaze kumenyekana mu nganzo y’indirimbo n’imivugo, akaba yaramamaye cyane ubwo Madamu wa Perezida wa Repubulika yamwishimiraga cyane mu birori byamuhuje n’abana abifuriza noheri nziza n’umwaka mushya muhire wa 2019.
Hafashimana Alexandre, umwana wo mu karere ka Rutsiro, yabwiye Madame Jeannette Kagame ko arangije amashuri abanza ariko ko atizeye kujya mu yisumbuye kubera ubukene, ahita yemererwa ko azishyurirwa.
Mu biganiro MINEDUC iri kugirana n’abafatanyabikorwa bayo, hagamijwe kuvugurura uburyo bwo gufasha umunyeshuri ngo yimenyereze umwuga, Minitiri Eugene Mutimura yavuze ko hari aho abimenyereza umwuga bafatwa nk’abakarani, ibintu ngo bidakwiye kandi bigomba guhinduka.
Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi n’umuryango Imbuto Foundation yahaye abana bafashwa n’uyu muryango imikoro yo guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, kurwanya sida ndetse no kwirinda amavuta ahindura uruhu.
Ntiruginama Jean de la Croix, umwe mu bafashwa n’ Imbuto Foundation, yasabye Madamu Jeannette Kagame, kumusengera akazagera ku nzozi ze, maze umushinga we w’urubuga rutangaza amakuru ukazabasha kwakuga ukaba waha akazi benshi mu rubyiruko.
Bamwe mu bayobozi b’amashuri yisumbuye mu Karere ka Rwamagana bavuga ko batazi gukoresha ikoranabuhanga, mu gihe ibigo bayobora bifite ibyumba by’ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda yo guha mudasobwa nshya abanyeshuri ba za kaminuza mu buryo bw’inguzanyo bazishyura barangije kwiga, bikaba biteganyijwe ko hazatangwa izingana n’ 14,000.
Mu gihe u Rwanda rushyize imbere gahunda yo gushyira abana mu mashuri y’incuke kugira ngo bazamukane umusingi ukomeye , bamwe mu barimu bayigishamo bakomeje kuvuga ko ireme ry’uburezi muri ayo mashuri rishobora guhungabanywa no kuba batitabwaho, aho bamwe bavuga ko nubwo baba bitanze,ariko badahembwa bakaba basaba leta (…)
Abanyeshuri biga mu shuri rikuru INES - Ruhegeri baributswa ko igihe kigeze ngo bongere umuhate mu kubyaza umusaruro ibyo biga babigaragariza mu bikorwa bishingiye ku kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Abarimu bigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Pawulo I Kibeho mu karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma yo gusura ingoro igaragaza amateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside yakorewe abatutsi no kubohora igihugu, basanze ari irindi shuri bongeye kunyuramo.
Mu gihe hizihizwa imyaka 20 ishize umuryango w’abakorerabushake VSO (Voluntary Services Overseas) ukorera mu Rwanda, ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba uyu muryango gukomeza kubahugurira abarimu ku nteganyagigisho nshya.
Bamwe mu banyeshuri barangije amasomo yabo mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnic riherereye mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko batagiye kubera leta umuzigo bashakisha akazi, ahubwo ko bagiye gushyira mu bikorwa imishinga bateguye bakiri ku ishuri bityo bazahe akazi umubare w’abashomeri bari hanze aho kuwongera.
Abarezi mu mashuri abanza bemeza ko iyo ibitekerezo by’abana bihawe agaciro, bituma bakunda ishuri ndetse bikanagira ingaruka nziza ku myigire yabo.
Inararibonye mu burezi zo mu bihugu bya Afurika ziri mu nama igamije kureba icyakorwa ngo uburezi kuri uyo mugabane burusheho kuzamuka butange ubuhanga bukenewe ku bana.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irateganya gushyiraho ingengabihe nshya ishobora kurohereza abanyeshuri mu myigire yabo ndetse ngo ikanazamura ireme ry’uburezi muri rusange .
Bamwe mu baturage bakuze bo mu Turere twa Huye na Nyamagabe bigishijwe gusoma no kwandika, none barifuza kumenya n’Igifaransa, Igiswayire n’Icyongereza.
Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura ubwo yageraga ku ishuri ry’imyuga rya Kagugu (Ecole technique SOS) aho yatangirije ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye kuri uyu wa kabiri, yahise ahagarika Mbonabucya Gerard wari ukuriye ibizami kuri centre ya SOS Kagugu.
Mu muhango wo gushyikiriza Indangamanota abanyeshuri 152 barangije amasomo mu cyiciro cy’incuke n’amashuri abanza mu Ishuri rya Centre Scolaire Amizeroryo mu Kagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango, ubuyobozi bwaryo bwagaragaje ababyeyi ko iri shuri ari indashyikirwa mu gutanga ireme ry’uburezi.
Umufundi yiyemeje ko amafaranga ahembwa agomba kuyubakisha amashuri no kwigisha abana bakennye, kugira ngo afashe Leta kugabanya ubucucike mu mashuri.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa APACOP mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko bakurikije ubumenyi abana bahiga bagaragaza,bitanga ikizere ko mu bihe biri imbere bazafasha igihugu kurushaho kugira isura nziza mu ruhando mpuzamahanga.
Ku cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, abana barangije imyaka itatu biga icyiciro cy’amashuri y’incuke berekanye ibikubiye muri amwe mu masomo bahawe bifashishije indimi z’Icyongereza, Igishinwa, Igiswayili n’izindi.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, abana 12 bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatarenibo batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza
Imibare y’abana batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza yiyongereyeho 7,6% muri uyu mwaka wa 2018, ugereranije n’umwaka ushize wa 2017.
Atangiza ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage akamaro ko gutera igiti cyane cyane bahereye mu bana bato, Dr Munyakazi Isaac yatangajwe n’ubuhanga umwe mu bana bari bitabiriye icyo gikorwa yagaragaje acinya akadiho, amuhemba kuzamwitaho amuha ibikenewe byose mu ishuri mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019.
Abayobozi b’amashuri abanza yo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baraburira leta ko ubucucike bushobora gutuma abana benshi bata ishuri.