Abakongomani batuye mu Karere ka Rusizi bakorera ubucuruzi mu Rwanda baravuga ko bishimira umutekano bafite utuma bakora akazi kabo neza.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Abacuruzi bo mu Rwanda kugira ngo bajyane ibicuruzwa byabo hanze baba bagomba kubigurira ibibiranga (barcodes) bikabahenda ntibabone inyugu ihagije.
Abaguzi b’ibicuruzwa n’ababigurisha barasabwa kwaka no gutanga inyemezabuguzi itangwa n’imashini y’ikoranabuhanga ya EBM, kugira ngo uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu rugaragare.
Banki y’ubucuruzi “COGEBANK” yafunguye imiryango mu Karere ka Karongi, mu rwego rwo gukomeza kwiyegereza abakiriya bayyo baherereye mu Burengerazuba.
Guinée Conakry irateganya kohereza abashinzwe ingendo zo mu kirere mu Rwanda, kugira ngo bige uko babyutsa kompanyi y’indege y’indege itagikora.
Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) isanga Abanyarwandakazi bafite ibitekerezo n’ibikorwa byabahesha kuba ibirangirire mu ishoramari nubwo bafite imbogamizi yo kutabona igishoro.
Ubushakashatsi bwiswe FinScope buragaragaza ko kugeza muri uyu mwaka wa 2016, 89% by’ Abanyarwanda bamaze gutera intambwe mu kwitabira kugana ibigo by’imari.
Abaturage bakoraga mu ruganda rusya Maiserie Mukamira rumaze imyaka itandatu rufunze, bavuga ko n’ubu bikibahangayikishije kubera akamaro rwari rubafitiye.
Muri Nyabihu hagiye gutangira uruganda rutunganya ibikomoka ku birayi, bakizera ko udushya turimo tuzatuma ibyo bakora bigezwa ku isoko mpuzamahanga.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe basanga izamuka ry’ibiciro mu masoko rituruka mu myaka barumbije umwaka ushize kubera imihindagurikire y’ibihe yatunguranye.
Hari icyizere ko noneho isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryaba rigiye kubakwa nyuma y’imyaka itatu kubakwa bigenda bisubikwa.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), gitangaza ko cyarengeje miliyari 10,3 ku ntego cyari cyihaye yo kwakira imisoro mu mezi 6 abanza y’umwaka wa 2015 - 2016.
Abacuruzi b’inyama mu Karere ka Rusizi barinubira ko inyama bacuruza bazikura mu Karere ka Nyamasheke, bitewe n’uko ibagiro ryabo ryafunzwe.
Abatuye imidugudu ya Rugarama n’amabumba mu kagali ka Kinyonzo, umurenge wa Kazo, babangamiwe n’imihanda mibi ituma bahendwa ku musaruro wabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kirakangurira abasoreshwa bashya kumenya amategeko ajyanye n’imisoro kugira ngo bakorere mu mucyo bityo birinde ibihano.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bavuga ko umusaruro w’ibigore wiyongereye agaciro ugereranyije n’umwaka ushize.
Koperative y’abamotari COTRATAMORU ikorera muri Rutsiro ivuga ko itegeko rya RURA ribasaba kuzuza moto 100 bakabona guhabwa ibyangombwa ribabangamiye.
Sosiyeti yigenga Ngali Holdings Ltd yahawe ububasha bwo gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze yasabwe guhuza umubare w’abakozi bayo n’abasoreshwa.
Abacuruzi bakorera mu duce tumwe na tumwe mu Karere ka Ngororero, bakwepa abaka imisoro kuko ngo bakwa amafaranga menshi.
Abanyehuye bafite amazu acumbikwamo n’abagenzi hamwe n’abafite amaresitora, bavuga ko CHAN itabagendekeye uko bari babyiteze, kuko abafana bari biteguye kwakira batababonye.
Imikino ya CHAN mu Karere ka Huye yajyanishijwe n’imurikagurisha, n’abaryitabiriye bararyishimiye. Ngo icyabaha n’andi mamukagurisha akajya abera mu mugi hagati.
Ubwo batangizanga imirimo y’ubwubatsi bw’isoko rishya rya Rwesero, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko bitarenze amezi 4 rigomba kuba ryuzuye
Abakozi ba Ngali Holdings Ltd n’ab’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bahuguwe ku bijyanye no gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze kuri uyu wa mbere.
Televiziyo y’ubucuruzi ya CNBC Africa igiye kuvana icyicaro na situdio byayo i Nairobi muri Kenya izimurire i Kigali muri Gashyantare 2016.
Abagize Koperative COTAMOTEKA itwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, biyemeje kongera umusanzu batangaga ngo babashe kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’uruganda rutunganya umuceri ruherereye mu Karere ka Ruhango, buvuga ko bushobora gufunga imiryango bitewe n’iyangirika ry’umuhanda Kirengeri- Gafunzo- Buhanda.
Abacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo, baremeza ko amabwiriza mashya mu gusora amaze gutuma hagaragara impinduka nyinshi mu mikorere yabo.