Imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali kugeza ku tariki ya 10 y’uku kwezi kwa Kanama, rirereka abaguzi bimwe mu bikoresho nk’amasafuriya yihariye; akamashini gashya ibiribwa bikavamo ifu, igikoma n’imitobe, ipasi n’udukoresho dukeba imboga; bikaba byafasha koroshya ubuzima, gukora ibifite ubuziranenge no kubona (…)
Abantu benshi twamenye cyangwa twumvise ijambo Selfie,niba ufite telefone igezweho(Smartphone) ushobora kuba warafasheho Selfie byibuze inshuro 1.Kuva ku bihanganjye nka Obama,Beyonce ndetse n’abandi…aba bose bakaba bahuriye ku kuba barafashe Selfie,ntitwakwirengangiza kandi uburyo byavuzweho byinshi igihe Pastor Apotre (…)
Abaturage batuye mu murenge wa Ruvune wo mu karere ka Gicumbi barasabwa kwagura ubucuruzi bwabo, nyuma yo kugira amahirwe yo kubakirwa isoko rishya rya Kijyambere.
Umuryango w’umugabo n’umugore bo mu Karere ka Musanze bamaze imyaka 20 bafatanya umunsi ku wundi akazi ko gucuruza ibitebo n’imitiba kugira ngo babashe kubona amafaranga atunga umuryango wabo.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka Mu mujyi wa Gisenyi, bavuga ko nubwo bishimira kubukora budatanga umusaruro uko bikwiye bitewe n’uburyo inzego z’umutekano mu mujyi wa Goma zibambura.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2015 Tigo Rwanda na Banki ya Kigali (BK) basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu rwego rwo korohereza abakiliya b’ibi bigo byombi mu kubika no kubikuza amafaranga hagati ya Tigo Cash na Konti za BK.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje urugamba rwo kurwanya ruswa, abapiganira amasoko ya Leta bazwi nka ba “Rwiyemezamirimo” baremeza ko ruswa ikivuza ubuhuha muri uru rwego, kandi ngo bakaba bayisabwa cyane iyo bigeze mu kwishyurwa amafaranga ku mirimo baba barakoze. Ibyo ngo bigakorwa inzego zishinzwe kwishyura zibatinza kugira (…)
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo ryo mu karere ka Kayonza barizezwa ko iryo soko rigiye gusanwa mu gihe cya vuba, nyuma yo kumara igihe kinini abarikoreramo binubira gukorera ahadasakaye bigakubitiraho no kurambika ibicuruzwa byabo hasi kuko ntadutara tuhari.
Ubucuruzi bw’amata bukorwa mu kajagari mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Musanze ngo buteye impungenge kubera ko ayo mata ngo aba atujuje ubuziranenge kandi ngo ashobora gutera indwara abaturage bayanywa.
Abanyamuryango ba Koperative Nyampinga y’abagore bahinga kawa mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira kuba barahawe uruganda rutonora rukanaronga kawa, ariko bakavuga ko babangamiwe no kuba uru ruganda nta mazi rufite.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze barashima ko SACCO Abihuta Kinigi yabafashije kubona inguzanyo zo gushora mu buhinzi n’ubucuruzi babasha kwiteza imbere.
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseaux des Femmes) rigiye gutangiza umushinga witwa “TUSHIRIKI WOTE” mu Karere ka Rusizi ugamije kongerera ubushobozi abagore 100, by’umwihariko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka mu rwego rwo kubateza imbere.
Mu myaka ibiri mubazi zikoresha ikoranabuhanga (Electronic Billing Machines/EBM) zimaze zitangiye gukoreshwa mu Rwanda, zatangiye kugira akamaro ku gihugu kuko zahise zizamura imisoro Ikigo k’Igihugu gishinzwe imisoro (RRA) cyakiraga ho 5%.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko ubucuruzi bumaze gutera imbere, kubera impunzi z’Abanyekongo zahatujwe, gusa bakanavuga ko bafite ikibazo cy’uko ibiribwa birushaho kuba bike kubera ubwinshi bwabo.
Ba rwiyemezamirimo n’abakozi barebwa n’amasoko ya Leta bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, basobanuriwe itegeko rishya rigenga ayo masoko, mu rwego rwo gukumira ibibazo bya hato na hato bishobora kuvuka iyo hatabayeho kuyubahiriza.
Abashoramari umunani bo mu Ntara ya Manisa yo muri Turukiya bishimiye iterambere n’amahirwe mu ishoramari bigaragara mu Ntara y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu buhinzi n’ubworozi ngo ku buryo byabahaye icyizere cyo kuzahashora imari yabo.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority/RRA cyatangaje ko inzoga bakunze kwita suruduwire (sealed well) n’izindi nkayo, zigiye kurushaho guhenda nk’uko bigenda ku bindi bicuruzwa bisoreshwa by’umwihariko, mu rwego rwo gukumira kwangirika k’ubuzima bw’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyaburiye abajyanama b’abacuruzi mu bijyanye no gusora, ko abazafatwa bafatanyije n’abacuruzi kwanga gutanga imisoro ya Leta, bazahanwa kimwe nk’abo bagiriye inama.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu mazu yo mu isoko rikuru rya Byumba no ku mpande yaryo baravuga ko bagiye gufunga imiryango, nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufashe icyemezo cyo kuzamura imisoro bwabasabaga kuko bavuga ko idahwanye n’ibyo bacuruza.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe n’uruganda rw’icyayi rwa Mata rwikubira amafaranga akagumamo imbere ntasohoke ngo agere no ku bandi bacuruzi.
U Rwanda ruratangaza ko ruzagurisha imifuka 14, 400 y’ikawa ku isosiyete y’abanyamerika icuruza ikawa ya Starbucks uyu mwaka wa 2015.
Abagore 730 bacururizaga mu muhanda mu Mujyi wa Kigali biyemeje kuva mu muhanda bagakora ubucuruzi bw’umwuga.
Bamwe mu bacuruzi b’abagore bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umugore wumva afite ibitekerezo byo gucuruza adakwiye kubitinya, kuko abagore nabo bashobora gukora ubucuruzi kandi bukagenda neza.
Abacuruzi barema Isoko rya Rwagitima riherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo basanga imisoro bacibwa ari myinshi kuko bacururiza ahantu hadasakaye nyamara ngo bagasoreshwa amafaranga angana n’ay’abacururiza ahasakaye basora.
Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Kayigi Aimable, arakangurira abasora kwirinda ababunganira mu misoro ba magendu n’abandi badakora kinyamwuga.
Minisitiri y’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, atangaza ko itorero ry’abikorera mu Rwanda ryafashije Leta kubaka umucuruzi w’icyerekezo 2020, mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga aratangaza ko abacuruzi bakwiye kubanza kugana inzego z’ubukemurampaka mu bucuruzi aho guhita birukira mu nkiko, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwihutisha ibisubizo bukanababikira ibanga ntibashyire ibibazo byabo ku karubanda.
Bamwe mu ba korera mu masoko atandukanye mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro batanga iri hejuru ugereranyije n’amafaranga binjiza, abandi bakanavuga ko n’amasoko bakoreramo atubakiye badakwiye gusora kimwe, bityo bagasaba ko imisoro yagabanywa.
Abacuruzi bakorera mu Isoko rya Kibangu ryo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara bavuga ko kuba isoko bakoreramo ritubakiye bituma izuba n’imvura byangiza ibicuruzwa byabo bakaba basaba kubakirwa isoko risakaye.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda muri gahunda yayo y’umurimo unoze yashyizeho abajyanama mu by’ubucuruzi bafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko mu gutegura imishinga yo gusaba inguzanyo mu bigo by’imari. Ngo ibi bizafasha gukangurira Abanyarwanda gukora ubucuruzi byunganire Leta guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.