Abashinzwe imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika batangaza ko imirimo yo kuryubaka igeze kuri 80% ku buryo ngo rizuzura bitarenze ukwezi kwa Mata 2017.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Inzu 20 zituriye umuhanda Kigali-Nyagatare zikorerwamo ubucuruzi mu murenge wa Kabarore muri Gatsibo zafunzwe imiryango kubera kutubahiriza amabwiriza y’ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwongeye umunsi ku wari usanzwe isoko ry’akarere ryaremeragaho, bitewe n’abarirema barino n’abaturutse muri Congo biyongereye.
Umujyi wa Kigali urahakana ko gutanga igihe ntarengwa cyo kwimura abakorera ubucuruzi mu nzu zo guturwamo, bitagamije gushakira abakiriya abubatse imiturirwa .
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rurahamagarira abikorera mu mujyi wa Kigali bakorera mu nzu zagenewe guturwamo gukurikiza icyemezo cy’Umujyi wa Kigali bakimuka muri izo nzu.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangaza ko ba rwiyemezamirimo bagurisha amazi batazakurikiza ibiciro bishya by’amazi bazabihanirwa.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gitangaza ko hari abacuruzi 770 cyishyuza imisoro ku nyongeragaciro (TVA), bakazayishyura baciwe n’amande.
Abanyarwandakazi bakora ubucuruzi bifuza ko hashyirwaho ihuriro mu rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), bacishamo ibitekerezo bakavugiramo n’ibibazo bahura na byo.
Minisiteri y’Ubucuruzi y’Inganda n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) itangaza ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rizaba ari nka anketi yo kureba uko byarushaho kongererwa agaciro.
Imurikagurisha ry’ibikoresho bikomoka muri Misiri na Asiya “Egyptian House and Asia Expo” ryongerewe iminsi irindwi, nyuma y’uko abarigana bagaragaje ko bakifuza guhaha.
Urugaga rw’abikorera (PSF), rwateguye bwa mbere igikorwa cyo kumurika imideri nyarwanda ( Fashion Night out), kizabera mu imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ rizaba kuva taliki 14-20 Ukuboza 2016.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda irahamagarira ibihugu by’Afurika kwihutisha iterambere ry’inganda.
Kompanyi ‘Home Rwanda’ igiye gutangiza imurikagurisha ngarukamwaka ry’ibikoresho by’ubwubatsi n’ibindi bigendanye na bwo hagamijwe korohereza abashaka kubaka.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF rwatangaje ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rya 2016, rizaba guhera ku itariki 14 kugeza ku ya 20 Ukuboza.
Abatuye Nyamagabe barasaba kubakirwa ibiraro bibiri byo ku mugezi wa Rukarara byangiritse, bikaba bidindiza ubuhahirane.
Urugaga rw’abikorera (PSF) na Banki Nyarwanda y’Iterambere (BRD), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye azorohereza abohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Bamwe mu batuye mu murenge wa Mamba muri Gisagara bavuga ko bagemuye ibigori muri koperative yabo ikabambura bikabateza ubukene.
Ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA, cyatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peterori cyazamutse
Abadepite bagize komisiyo y’ubuhinzi n’ubworozi n’ibidukikije barasaba Akarere ka Bugesera gufatanya n’amakoperative acunga amakusanyirizo y’amata hagashakwa isoko rihoraho ry’amata apfubusa.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyamaze guhagarika iyinjizwa n’ikwirakwizwa rya Samsung Galaxy Note 7 ku isoko ryo mu Rwanda.
Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, bavuga ko kutagira amashyanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi bakora.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, avuga ko uturere n’imirenge bigomba gufata iyambere, mu gushyira ingufu mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Abaturiye agasantere ka Arete mu Murenge wa Kinazi, akarere ka Huye, bavuga ko basigaye bakora n’amasaha y’ijoro kubera amatara rusange.
U Rwanda rwahombye amafaranga agera kuri miriyari 6.8 bitewe n’ibigo 25 byanyereje imisoro.
Abakora imyuga itandukanye mu karere ka Kirehe, babangamiwe na bagenzi babo, banze kuza gukorera mu gakiriro bubakiwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bufatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bafungiye bamwe mu bucuruzi kugira ngo bishyure imisoro babereyemo akarere.
Abari abacuruzi b’inyongeramusaruro n’imbuto mu karere ka Bugesera, bafite impungenge zo guhomba, kuko ubucuruzi bakoraga bwahawe inkeregutabara, bagifite ibicuruzwa.