Umushinga ‘CUP Rwanda’ uterwa inkunga n’Abayapani ngo uzafasha abahinzi ba kawa kuyongerera ubwiza n’ubwinshi bityo bibateze imbere n’igihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umuhanda uva mu mujyi ugana Nyabugogo watangiye gushyirwamo kaburimbo, ukazatangira gukoreshwa n’ibinyabiziga bidatinze.
Abashoramari baturutse muri Amerika (USA) no mu Budage bagiye kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Mukungwa ruzatanga Megawatt 2, 6.
Ibikorwa byo kwagura umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi byatangiye muri Gicurasi 2017, bizamara imyaka ibiri.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije gahunda yitwa “Hirwa-Ugwize na BPR” aho abayibitsamo bafite amahirwe yo kuba bakwegukana ibihembo buri cyumweru.
Abavumvu bo mu Karere ka Kamonyi bihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga mu bishashara by’nzuki bisigara iyo bamaze gukuramo ubuki.
Nshimibyayo Pierre wavukanye ubumuga bwo kunyunyuka amaguru avuga ko igitekerezo cyo kwihangira umurimo cyamujemo yirinda kuzasaza asabiriza nka bamwe muri bagenzi be.
Ingengo y’imari ya 2017/2018 iragaragaramo ko Leta izagabanya imisoro yajyaga isoresha ku isukari, umuceri n’ingano biva mu bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku mugabane w’u Burayi ihuje abayobozi bakomeye ku isi, yiga ku buryo bwo kongera uruhare rw’abikorera mu iterambere ry’ibihugu.
Abafite ubumuga bukomatanyije ari bwo kutumva, kutabona no kutavuga bemeza ko na bo bafashijwe bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abaturage b’i Kayonza bavuga ko biteze serivisi zinoze ku bayobozi kubera ko bagiye kujya bakorera mu biro bishya ahantu hisanzuye.
Abatuye mu mudugudu wa Murango w’i Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko umudugudu wabo utacyitwa Murango ahubwo witwa Nyarutarama.
Inkeragutabara zamuritse inzu 32 ziri muri Kicukiro, zubakiwe abifuza inzu zo kugura,zigurwa ku mafaranga miliyoni 18 RWf imwe, nyamara yari afite agaciro ka miliyoni 28 RWf.
Nyuma y’aho Akarere ka Ruhango kaje mu myanya ya nyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, kuri ubu bavuga ko bagiye kwifashisha ibimina mu gukangurira abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana bavuga ko amashanyarazi bahawe azabafasha kugera ku iterambere, banarusheho kujijuka.
Umujyi wa Kigali urizeza abari basanzwe bakoresha imihanda iri kwagurwa muri uwo mujyi ko bitarenze Nyakanga 2017 izaba yuzuye yongeye gukoreshwa.
Mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda nizo zizifashishwa mu bikorwa binyuranye by’iterambere Police izageza ku baturage.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’Abashinwa Kigali Leather Ltd rwa mbere mu Rwanda rukora inkweto mu mpu butangaza ko rwatangiye kubura impu.
Sosiyete y’Abanya-Turukiya yitwa “Quantum Power” yatangiye kubaka muri Gisagara, uruganda ruzabyaza nyiramugengeri ingufu z’amashanyarazi zingana na megawate 80 (80MW).
Kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017, mu turere dutandukanye tw’igihugu hatangijwe icyumweru cyahariwe ingabo z’igihugu, aho zifatanya n’abaturage mu bikorwa bitandukanye biganisha ku iterambere.
Abaturage bo mu duce tw’icyaro mu Ngororero bavuga ko kutagira bimwe mu bikorwa remezo bituma batabona serivisi z’irembo cyangwa zikabahenda cyane.
Itsinda ry’abayobozi b’ikigega ‘Global Fund’ bari mu Rwanda basuye ikigo cy’urubyiruko cya Kimisagara giterwa inkunga n’iki kigega bashima imikorere yacyo.
Abakozi ba Leta batagira inzu bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse muri gahunda ya Leta yo gukemura ibibazo by’amacumbi.
Abaturage babarirwa mu 15000 bo mu Karere ka Nyanza batangiye kuvoma amazi meza babikesha umunyemari ukomoka muri Arabia Saudite witwa Saadi Ibuni Zaidi.
Abikorera bo mu ngeri zitandukanye bo mu Karere ka Musanze biyujurije isoko rya kijyambere ry’umuturirwa w’amagorofa atanu.
Abagenzi n’abakorera muri gare ya Ruhango binubira kuba nta nyubako ziyirimo, bigatuma batabona aho bugama imvura n’izuba.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Muhanga baravuga ko babangamiwe no gukurwa ku nkunga ya FARG bagashyirwa mu byiciro by’ubudehe.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryaguze mu Rwanda toni 508 z’ibishyimbo byo kugoboka u Burundi bwugarijwe n’amapfa.
Guverinoma y’u Rwanda mu mezi atatu ari imbere irateganya gushyiraho ikigega cy’amamiliyoni y’amadolari kigamije koroshya ibiciro by’amazu yo guturamo.
N’ubwo biteganyijwe ko uruganda rwa Nyiramugengeri muri Rusizi rutangira gukora mu mpera z’iki cy’umwe cya mbere cy’ukwezi kwa Mata, abakozi barwo bavuga ko bagifite imbogamizi.