Guhera mu mwaka wa 2018 imihanda itandukanye yo mijyi itandatu yunganira umujyi wa Kigali izaba ikoze neza irimo kaburimbo.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Abakunda kurimba, bambara imyenda myiza itari caguwa bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Burera hagiye gutangira uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye.
Mu mwaka wa 2015, mu Rwanda hakozwe ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage mu ngo bwiswe (EICV IV).
Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.
Abakunzi b’ikigage cyaba igisembuye cyangwa ikidasembuye bakiguraga batizeye neza isuku yacyo bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Kamonyi hagiye kubakwa uruganda rugitunganya.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Iribagiza Azela utuye mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango ahamya ko igihingwa cya Geranium kuva yagihinga kimaze kumwinjiriza imari itubutse yamufashije kwikura mu bukene.
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Ikompanyi Nyarwanda itwara abagenzi mu ndege, RwandAir yamaze gufungura icyicaro mu gihugu cya Benin, kizayifasha guha serivisi abatuye Afurika y’Iburengerazuba n’iyo hagati.
Mu minsi iri imbere abagize Koperave y’inkeragutabara yitwa CTPMH yo mu murenge wa Save muri Gisagara baratangira kwinjiza amafaranga babikesha inzu y’ubucuruzi bujuje.
Abatuye mu mirenge ya Kibilizi na Kansi muri Gisagara baravuga ko bashimishijwe n’uko iteme ribahuza n’umurenge wa Mukura muri Huye ryakozwe.
Abaturage batuye mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi bagejejweho amashanyarazi bwa mbere mu mateka yabo ibintu batatekerezaga ko bishobora kubaho.
Nyuma yo kwishyira hamwe, abikorera bo mu Ntara y’Iburasirazuba bujuje Hoteli iri mu rwego rw’inyenyeri enye yitwa “EPIC Hotel” kuburyo yatangiye no kwakira abakiriya.
World Vision, yashoje ibikorwa byayo yakoreraga mu Mirenge ya Rushaki, Mukarange na Shangasha mu karere ka Gicumbi, ikaba isize abaturage benshi bavuye mu bukene.
Uretse kuba amashanyarizi bahawe abafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi, abaturage baturiye urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo bagiye gutangira kurubonamo izindi nyungu zitandukanye.
Urubyiruko rwize ubumenyi ngiro muri VTC Hindiro mu karere ka Ngororero rwatangiye gahunda yo kwihangira imirimo ishingiye kuri made in Rwanda.
Iyo winjiye mu Mujyi wa Muhanga, waba uva i Kigali cyangwa ugana yo, utungurwa n’ubwiza bw’inyubako nshya ya Gare ya Muhanga, ibura amezi abiri ngo itahwe ku mugaragaro.
Abazigamye guhera ku bihumbi 100RWf muri Banki y’Abaturage kuva tariki 19 Kamena 2017, batangiye gutombora ibikoresho binyuranye birimo telefone zigezweho, amagare, ibyuma bikonjesha (frigo), televiziyo, dekoderi n’imashini yuhira imyaka.
Mu gihe kiri imbere abajyanama b’ubuzima bo mu Kerere ka Karongi baraba binjiza za Miliyoni babikesha inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye gutahwa.
Imirimo yo kubaka isoko ryambukiranya imipaka (Cross Border Market) riherereye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyanika ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, iragana ku musozo.
Muri uyu mwaka wa 2016-2017, abaturage bagera ku bihumbi icyenda bo mu Karere ka Karongi batagiraga amazi meza, bayagejejweho.
Uwamwezi Mercianne, umupfakazi wo mu Karere ka Nyagatare yihangiye umurimo wo kumisha inanasi none yabonye isoko azigemuraho i Burayi mu Busuwisi.
Imihanda yo mu Karere ka Gakenke yari yarangiritse ikabangamira imigenderanire n’imihahirane y’abaturage, kuri ubu yantangiye gukorwa ku buryo izabakura mu bwigunge.
Umushinga ‘CUP Rwanda’ uterwa inkunga n’Abayapani ngo uzafasha abahinzi ba kawa kuyongerera ubwiza n’ubwinshi bityo bibateze imbere n’igihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umuhanda uva mu mujyi ugana Nyabugogo watangiye gushyirwamo kaburimbo, ukazatangira gukoreshwa n’ibinyabiziga bidatinze.
Abashoramari baturutse muri Amerika (USA) no mu Budage bagiye kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Mukungwa ruzatanga Megawatt 2, 6.
Ibikorwa byo kwagura umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi byatangiye muri Gicurasi 2017, bizamara imyaka ibiri.