Bamwe mu bayobozi b’imiryango itegamiye kuri Leta batangaje ko amafaranga bemerewe n’ Urwego rw’Imiyoborere RGB, nibayabona azabafasha kugera ku ndoto bafite zo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Niyigena Alphonsine washinze ishuri ritunganya ubwiza n’imyambaro, avuga ko intego ye ari ukwigarurira isoko ryo gutunganya ubwiza, rifitwe n’abanyamahanga mu Rwanda.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko u Rwanda ruzakomera gushyigikira ibikorwa by’ikigo cya Shelter Afrique, gitera inkunga ibikorwa by’imiturire n’ibikorwa remezo muri Afurika.
Ikigo gishinzwe amakoperative(RCA) cyashyizeho imikoranire yihariye n’ubushinjacyaha, kugira ngo byoroshe gutahura no gufata abanyereza umutungo w’amakoperative.
Leta yasabye imiryango igize Sosiyete Sivile, kuyifasha guhindura imyumvire y’abaturage bafashijwe kuva mu bukene, ariko bagakomeza gusaba inkunga.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagiye gukira igihombo cy’icyayi bagiraga kubera kukigemura kure kigapfa.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mimuli muri Nyagatare bavuga ko bafata inguzanyo ari bacye kubera gufuha kw’abagabo babo.
Urwego rushinzwe ubuziranenge (RSB), hamwe n’urushinzwe Iterambere (RDB), zabwiye aborozi n’abacuruzi b’inyama ko amasoko akomeye atabagirira icyizere, kubera kutuzuza ubuziranenge.
Amabanki akomeje gusaba amafaranga abifuza ko konti zabo zifungwa, n’ubwo Banki Nkuru y’u Rwanda n’abakiriya batabyemera.
Ibishishwa by’umuceri biva mu Ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri (MRPC) muri Kamonyi ntibigipfa ubusa kuko bisigaye bikorwamo amakara ya kijyambere (Briquettes).
Umujyi wa Kigali watangiye guhana abazunguzayi(ababunza ibicuruzwa ku mihanda) ndetse n’umuntu wese ufashwe abigura.
Abatuye Akarere ka Kamonyi bavuga ko gucibwa amahoro ku musaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bajyanye ku isoko, bibadindiza, aho basanga ntacyo bageraho.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kubegereza inganda zitunganya kawa byabagabanyirije ingendo n’igihombo bagiraga kubera kuzigemura kure.
Itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bashima iterambere rimaze kugaragara mu Karere ka Gisagara kubera umuriro w’amashanyarazi, bagasaba abatarayashyikira kongera imbaraga.
Nyiramahoro Theopiste wagaragaye mu nama y’igihugu y’Umushyikirano iherutse, abikesha gushirika ubute agashaka icyamuteza imbere nyuma y’ubukene yabayemo.
Abafite amagorofa yagenewe ubucuruzi i Huye bifuza ko abantu bacururiza ahataragenewe ubucuruzi bahava, kugira ngo babone ibyashara by’ubukode, ariko bo bakavuga ko bihenze.
Abakorera mu Gakiriro ka Bishenyi mu karere ka Kamonyi, batangaza ko kutagira bimwe mu bikoresho bikenerwa mu bubaji bituma kitabirwa n’abaguzi bake.
Abaturage b’umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara barasaba ko isoko rya Ruhuha ryagarurwa aho ryahoze kuko ryimuriwe kure y’abariremaga.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko amafaranga bagikuramo yabakungahaje kuburyo ngo bamaze kubona akamaro ko kugihinga.
Nyuma y’imyaka itandatu amazu y’ubucuruzi y’ahitwa mu Cyarabu i Huye afunzwe ngo hubakwe amagorofa, ba nyirayo batangiye kuyasenya ngo hubakwe.
Imirimo yo kwagura imihanda ireshya n’ibilometero 54 yo mu mujyi wa Kigali yaratangiye.
Umuceri u Rwanda rwohereza mu mahanga wikubye inshuro 230 mu gihembwe cya 2015-2016 ruhinjiriza ayikubye inshuro 468 ugereranyije n’igihembwe cyabanje cya 2014-2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buraburira abahinzi ko nibakomeza kotsa ibigori, umusaruro wabyo uzagabanura, bagahomba kandi bagomba kubona inyungu bakikenura.
Abagore bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko nubwo bafite amahirwe menshi yo kubona amafaranga, batayigengaho.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari n’ubucuruzi.
Abacuruza amata ku modoka zitwara abagenzi, bakorera ahitwa kuri Arete (Arrêté), i Kinazi muri Huye ku muhanda Kigali-Huye, bahawe impuzankano hagamijwe guca akajagari.
Imiryango itandukanye cyangwa abantu ku giti cyabo bafasha abatishoboye babarihira Mitiweli barahamagarirwa kujya bareba ikindi kintu babagabira, kizabafasha kuyirihira mu gihe kizaza.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama muri Rusizi batangaza ko igiciro fatizo cyemejwe hagati yabo n’abanyenganda ku kilo cy’umuceri udatonoye kibahombya.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umushinga wo kwagura imihanda ireshya n’ibilometero 54 yo muri uwo mujyi, uzatangira muri Mutarama 2017.