Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, aratangaza ko Guverinoma ayoboye ifite ingamba nshya zo kuzamura ubukungu ariko akibanda ku gutanga inguzanyo, kugera ku kigero cya 20% mu mwaka wa 2017 zivuye kuri 15,6% ziriho ubu.
Akarere ka Muhanga kagaragaramo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro hafi y’imirenge 12 yose ikagize ariko ubu bucukuzi ntiburagera ku ntera ishimishije kuko ngo umusaruro mwinshi upfa ubusa kubera gucukura ku buryo bwa gakondo, kimwe no kuba hangizwa ibidukikije ahacukurwa aya mabuye yiganjemo corta na gasegereti.
Jackeline Kayitesi, w’imyaka 55 aratangaza ko ari kugenda ava mu buzima bubi nyuma yo kureka gucururiza mu muhanda akishunga bagenzi be bagakodesha inzu. Avuga ko imyumvire iri hasi ari yo ituma hari abanga kuva mu muhanda bakeka ko ariho hari inyungu nyinshi.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu karere ka Nyanza 433 rurahamya ko amahugurwa rwahawe mu gihe cy’amezi atatu gusa atabaye impfabusa, kuko hafi ya rwose rwamaze kwihangira imirimo yo kuruteza imbere rudategereje gusabiriza akazi.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyamata II, akagali ka Nyamata ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, barasaba ubuyobozi bwa EWSA kubahiriza amasezerano bari bagiranye yo kubaha umuriro ariko nyuma EWSA ikabasaba kwigurira insinga z’amashanyarazi.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ngo ubuzima bwabo bugenda buhinduka umunsi ku wundi. Umubare munini umaze kubakirwa amacumbi begerejwe umuriro uva ku mirasire y’izuba n’amazi ari mu nzira zo kubageraho.
Bamwe mu batuye ahitwa “ku mashini” mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bemeza ko babangamiye no kutagira aho bavoma amazi kuko n’aho bavoma kuko aho bavoma amazi yaho adahagije ndetse akaba ari no ku muhanda hashobora guteza impanuka.
Babifashijwemo n’umuryango Humura Rwanda, abaturage bo mu midugudu ya Nyarucyamu, Nyagasozi n’Agasharu ho mu Murenge wa Rusatira biyemeje kuzava muri ntuyenabi babikesha gufashanya kubaka, muri gahunda bise Twubakirane.
Abaturage batuye mu bice bitandukanye bigize akarere ka Gakenke bemeza ko gahunda y’uburinganire yatumye mu miryango barushaho kwuzuzanya bitandukanye n’igihe cyambere kuko wasangaga imiryango irangwa n’amacimbirane adashira mu ngo.
Mu kagari ka Bugarura gaherereye mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, hari umudugudu witwa Gatomvu ufite umusozi wiganjeho abasigajwe inyuma n’amateka bo mu miryango 56 igizwe n’abantu 296 bose hamwe harimo abana bato 87.
Ubwo hakorwaga umuganda wo gusiza ahazubakirwa abatishoboye mu murenge wa Ruhashya mu karere ka Huye, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yasabye abaturage kujya bafata neza ibyo bagejejweho nk’ibyabo.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Bugesera, umurenge wa Musenyi, bashyikirijwe inzu bubakiwe na Peace Plan Rwanda, umuryango uhuriwemo n’amatorero n’amadini ya Gikristo, mu rwego rwo kwitegura igiterane ngarukamwaka cyiswe Rwanda Shima Imana.
Abatuye umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi kandi imirenge yindi bahana imbibi icaniwe bibangamiye iterambere ryabo, bagasaba ko na bo bakwibukwa ntibakomeze guhera mu icuraburindi bita ubwigunge.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana bataragerwaho n’amazi meza barasaba ubuyobozi bw’aka karere gukora ibishoboka kugira ngo bagerweho n’amazi ngo kuko ikibazo cy’ibura ry’amazi kibangamira imibereho myiza yabo harimo no guteza isuku nke.
Abaturage badafite umuriro w’amashanyarazi bayobotse gukoresha amatara yifashisha imirasire y’izuba baratangaza ko abafatiye runini haba mu kubonesha mu nzu ndetse no gukoresha ibindi bikoresho bikenera amashanyarazi byoroheje wasangaga bibagora kubikoresha.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bakomoka mu murenge wa Base ho mu karere ka Rulindo baravuga ko bagira ubushake mu rugamba rwo kwiteza imbere ariko ngo amikoro akababana ikibazo bakaba basaba kwitabwaho by’umwihariko.
Abahinzi n’abacuruzi bo mu karere ka Ngoma baturiye ikiyaga cya Mugesera barishimira icyombo cya moteri cyashyizwe muri icyo kiyaga kizajya kibafasha mu buhahirane n’ubwikorezi na bagenzi babo ba Rwamagana n’ahandi hakora iki kiyaga.
Abatuye umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bakora ubworozi bw’inkoko za kijyambere bafite imbogamizi muri uyu murimo kubera ikibazo cyo kutagira amashanyarazi kandi izi nkoko zisaba gucanirwa, ndetse zimwe zikaba zibapfana iyo zitaramenyera ubu buzima.
Abaturage barishimira umuhanda wa kilometer 8 uhuza umurenge wa Rurembo na Shyira wahanzwe ku bufatanye bw’ingabo z’igihugu mu bikorwa byitiriwe Army Week. Uyu muhanda uca mu tugari 3 ari two Murambi, Rwaza na Mwana ngo uzabafasha kwikura mu bwigunge.
Muri Nyakanga 2013 niho mu murenge wa Nyarubaka ho mu karere ka Kamonyi batashye umuyoboro w’amazi wari mu mihigo y’umwaka wa 2012/2013. Abaturage batangaza ko amazi yo muri uwo muyoboro bayavomye igihe gito, ubundi akagenda, ubu bakaba bamaze amezi arindwi batayabona.
U Rwanda rwishimiye impano yo guteza imbere ubushakashatsi rwahawe na Suwede, ingana na miliyoni zirenga 278 SEK (amafaranga y’icyo gihugu) ahwanye n’amanyarwanda miliyari 28, kuko ngo izagira uruhare rukomeye mu kugeza igihugu ku cyerekezo 2020 kizashingira ku baturage bafite ubumenyi.
Munyemana Grégoire, ukora akazi ko gucuruza ibirayi abitwara ku igare kuva mu murenge wa Gatare abijyana mu mujyi wa Nyamagabe, aratangaza ko n’ubwo ari akazi kavunanye ariko kamugejeje kuri byinshi mu buzima bwe bwa buri munsi.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabeza n’aka Marumba mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko bo ubwabo barimo kwishakamo igisubizo cy’ikibazo cy’umuhanda uhuza utu tugari twombi wababuzaga guhahirana.
Paruwasi ya Crête Congo Nil yujuje inyubako y’amacumbi yahawe izina rya “Cana House” kikaba ari igikorwa cyakozwe na paruwasi ubwayo mu rwego rwo kwiteza imbere muri gahunda yo kwigira no kwibeshaho, ndetse no kunganira abagenda mu karere ka Rutsiro rimwe na rimwe baburaga aho gucumbika.
Ubwo tariki 15/07/2014 abaturage b’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bamurikaga bimwe mu bikorwa byagezweho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye babyishimiye batangaza ko ibyo byose babikesha umukuru w’igihugu Paul Kagame ngo niyo mpamvu nta muntu n’umwe bazaha urwaho rwo kubisenya.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Manyagiro bashima Perezida Kagame wabagabiye inka muri gahunda ya Girinka ariko ngo baziburiye ubwatsi kuko bafite ubutaka buto cyane.
Bamwe mu bakobwa bafashwa n’umushinga AGI (Adolescent Girls Initiatives) bakomoka mu karere ka Rulindo barashima ubumenyi bahabwa n’uyu mushinga ku bijyanye n’imyuga ariko ngo baracyafite ibibazo by’uko barangiza kwiga ntibabone akazi bityo ngo ugasanga ubumenyi bahawe nta cyo bubamarira.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 14-16/07/2014, itsinda risuzuma uko imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yashyizwe mu bikorwa riri mu karere ka Nyamagabe rigamije kureba uko aka karere kashyize mu bikorwa imihigo kasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Uretse kwikururira ubukene n’amakimbirane ya hato na hato ngo nta cyiza kiri mu gushaka abagore benshi; nk’uko byemezwa n’abaturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare batunze umugore urenze umwe kimwe n’abagore baharitswe.
Biteganyijwe ko imirimo ya mbere yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya mbere rwubatse ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Mushishiro, hagati y’akarere ka Muhangana mu ntara y’Amajyepfo na Ngororero mu Burengerazuba ishobora kurangirana n’uku kwezi kwa Karindwi.