Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru, Kabagamba Deogratias aributsa ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke ko kuba bataritabye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) bitavuze nta kosa na rimwe bafite mu micungire y’umutungo wa Leta.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba kwimuka ahazaca umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4/11/2013 bakiriye inkuru nziza yo kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo igomba gusenywa n’ikorwa ry’uyu muhanda.
Ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMA) ku bufatanye na Leta, ryemeye gukoresha uburyo bugezweho bw’ubucukuzi, kugirango umusaruro uva ku mabuye y’agaciro uzabe wikubye kabiri kugera kuri miliyoni 400 z’amadolari bitarenze umwaka wa 2017.
Abatuye umujyi wa Rwamagana bavuga ko inzu idasanzwe yubakwa ku isoko rikuru rya Rwamagana ari ikimenyetso cya ruswa abayobozi benshi baba barahawe ngo bemerere umuturage uri kuyubaka gukomeza ubwubatsi bwe ntawe umukoma imbere kandi idakurikije igishushanyo-mbonera cy’umujyi.
Sosiyete ya Airtel yashyikirije abanyamahirwe ibihembo bitandukanye birimo inka eshatu, itike y’indege ya RwandAir yo kujya Johanesbourg muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihembo bitandukanye birimo amaterefoni, mu gikorwa cya BIRAHEBUJE, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 3/12/2013.
Ikibazo cy’abacungamutungo benshi badafite ubunararibonye buhagije mu kazi kiracyari imbogamizi ikomeye mu Rwanda, ari naho hava n’intandaro y’imicungire mibi y’imari akenshi ikunze kugaragara mu bigo bya Leta.
Urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye ndetse n’igororamuco rurashimira Perezida Kagame kubera ko babasha kunywa amata bayakesha inka makumyabiri yabagabiye. Izo nka zariyongereye nyuma y’uko zimwe muri zo zabyaye, bakaba bafite inka zibarirwa muri mirongo itatu.
Muri ibi bihe byegereza Noheli n’Ububanani, ngo buri wese ashobora gufasha abandi gusoza umwaka no gutangira undi neza, agasangira iby’afite n’abatabigira, nk’uko Uruganda rwa Bralirwa rufite ikinyobwa cya Coca-Cola rubisaba.
Abagize koperative C.T.S.O.R ikora ubucuruzi bw’amata ku isoko rya Base mu karere ka Rulindo tariki 28/11/2013 biriwe mu byishimo aho bashyikirijwe inkunga y’ibikoresho byo kujya babasha gufata neza amata yabo neza bityo akabasha kubonerwa isoko.
Intumwa za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ziri kumwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 28/11/2013 baganiriye n’abaturage bo mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba batuye ahazubakwa isoko ryambukiranya imipaka rya Rugari maze babasaba kugira uruhare mu kwiyubakira iri soko.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu bavuga kuba umuhanda ubahuza n’indi mirenge idakoze neza bituma badashobora gushyikirana n’indi mirenge uko bikwiye, bagasaba ko hagira igikorwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze gukoresha amahirwe bafite bakiteza imbere, kuko umurenge wabo ufite ubutaka bwera neza, ndetse ukaba unakira ba mukerarugendo benshi.
Abarimu, abaganga n’abandi bantu bajijutse bari mu muryango wa FPR -Inkotanyi ariko batari mu nzego z’umuryango, bagiye kwifashwa mu kagari n’imidugudu mu kwigisha abaturage kugira ngo impinduramatwara igamije iterambere igerweho kandi ku buryo bwihuse.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuraga ahari kwagurirwa uruganda rukora sima (CIMERWA) yashimiye aho imirimo yo kubaka uru ruganda igeze kuko ngo nyuma y’amezi 6 abasuye yasanze imirimo iri kwihuta cyane.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Margarita Leoni Cuelenaere, arashima ibikorwa by’ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika ngo kuko bigaragara ko rizazamura aborozi bo mu karere ka Burera bakava mu bukene bakagera ku iterambere rirambye.
Rwiyemezamirimo watsindiye kubaka inyubako nshya y’ahazakorera akarere ka Bugesera, Twahirwa Jean Claude, avuga bitarenze ukwezi kwa gatatu umwaka utaha imirimo yo kubaka iyo nzu izaba yarangiye.
Leta y’u Rwanda n’iy’u Buholandi bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bwo gushyigikira ibikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi mu baturage, aho kuri uyu wa kane tariki 21/11/2013, u Buholandi bwatanze andi mafaranga agera kuri miliyari 3.5 azongera amashanyarazi ku kigero cya 2%.
Abakozi bo mu kigo c’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) bagendereye abanyeshuri biga mu cyigo cy’imyuga (IPRC South) kiri mu karere ka Huye babashishikariza kwihangira imirimo.
Mu rwego rwo gufasha abatishoboye kuzamuka bakava mu bukene, gahunda ya VUP ibaha inguzanyo bashora mu mishinga ibyara inyungu ariko abayihawe igera kuri miliyoni 296 bakomoka mu Karere ka Gakenke ntibishyura neza kugira ngo ahabwe abandi.
Umugore witwa Mukantabana Jaqueline utuye mu murenge wa Mayange mu kagari ka Kibenga mu karere ka Bugesera amaze kugera kuri byinshi abikesheje umwuga wo kuboha agaseke.
Akarere ka Rulindo gakomeje gushyira imbaraga mu guha abaturage bako ibyangombwa nkenerwa mu buzima bw’ibanze birimo amazi, amashanyarazi, imihanda n’ibindi ariko hari aho ibyo bikorwa bitaragera bitewe n’ibibazo bitandukanye cyangwa n’ n’imiterere yaho.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga barinubira amashanyarazi bahawe adahagije kuko ngo ntacyo abamariye dore ko ngo atabasha no guhagurutsa imashini zoroheje zinyuranye bakenera mu bikorwa binyuranye.
Abanyamuryango ba RPF bakorera mu Kigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), bubakiye inzu mugenzi wabo utari ufite aho aba, atanafite ubushobozi bwo kwikodeshereza inzu igaragara yo kubamo.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Ngororero bavuga ko batazongera kwihanganira kubona hari bimwe mu bikorwa remezo byubakwa bitwaye amafaranga atagira ingano nyamara mu gihe gito bikaba byangiritse, ababishinzwe bakavuga ko ari inyigo zakozwe nabi.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.
Umushinga wa gikirisitu utegamiye kuri Leta World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko umaze gufasha aka Karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas nyuma yo kubona ko Akarere ka Gatsibo kari kagifite umubare muto w’abakoresha biogas.
Nyuma y’umwaka inyubako z’uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati mu karere ka Ngororero zuzuye ndetse ubu imashini zizakoreshwamo zikaba zarabonetse, ubu hongewemo na gahunda yo gutunganya umusaruro w’ibigori itari yaratekerejweho mbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba ibigo by’imari bikorera muri ako karere ko byajya byitabaza ubuyobozi kugira ngo babashe kubafasha gukurikirana ababibye kuko ngo amafaranga babitse ari ay’abaturage.
Umuryango w’Abayapani ushinzwe iterambere mpuzamahanga JICA, Japanese International Cooperation Agency washyikirije Abanyarwanda 60 bafite ubumuga n’ingabo zamugariye ku rugamba ibikoresho by’imyuga binyuranye bazakoresha mu kwiteza imbere no gufasha Abaturarwanda kubona serivisi zikomoka ku myuga uko bazikeneye. (…)
Abagabo bo mu Rwanda barakangurirwa kwikuramo ko abagore ari imashini zikora imirimo yose ikenewe mu rugo, ahubwo bakazirikana ko hakwiye ubufatanye muri byose ndetse n’abagore nabo bagaharanira uburenganzira bwabo bibutsa abagabo ubwo bufatanye kuko byagaragaye henshi ko bakora imirimo myinshi kandi ntihabwe agaciro.