Uwitwa Mukankurikiyimfura Merena utuye mu mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Karambi ho mu Murenge wa Kigoma, mu Karere ka Huye, ashimira Nyakubahwa Paul Kagame ko yamukuye muri Nyakatsi.
Gare ya Musanze yatashwe k’umugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki 07/02/2014, yuzuye itwaye miliyari 1,5 z’amafaranga y’u Rwanda. Uretse kuba igikorwa cy’iterambere kindi i Musanze, ije gufasha mu kurushaho kubungabunga umutekano w’abagenzi n’ibyabo.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yasinyanye na Banki Nyafurika (AfDB) amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 40 z’amadolari y’Amerika azakoreshwa mu kubaka umurongo w’amashanyarazi wa kilometero 119.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyabingo baracana umuriro w’amashanyarazi nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yijeje abaturage bo mu mirenge ya Cyabingo, Busengo, Rusasa, Muzo na Janja uwo muriro mu ntangiriro z’umwaka ushize.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ubu bakaba baracumbikiwe i Ruhashya ho mu Karere ka Huye, ari naho bazubakirwa, bishimira ko ubuyobozi n’abaturage basanze babagaragarije umutima wa kivandimwe.
Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye akamara imyaka ine yarabuze akazi, Mfitumukiza Onesphore utuye mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yihangiye umurimo wo gutubura imbuto, imboga, indabyo n’ibiti bitandukanye. Ngo amafaranga akuramo yamukuye mu bukene kuburyo anamurihira kaminuza.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Muhanga bafite ikibazo cy’amasambu yabo batanze babaguraniye n’ibintu bidafite agaciro none magingo aya imibereho yabo ikaba idafite aho ishingiye hazwi.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu Rwanda butarangaza ko kuri ubu bwifuza kugira uruhare runini mu bukungu bw’igihugu bitandukanye n’ibiriho ko Leta ariyo ifite uruhare runini.
Abakora imyuga itandukanye mu karere ka Rutsiro barashimira Leta iri kububakira ahantu hujuje ibyangombwa kandi hakorerwa imyuga y’ubwoko bwinshi hazwi ku izina ry’Agakiriro kuko bizatuma ubakeneye abasha kumenya aho abashakira kandi na bo bakorere hamwe barusheho gufashanya no kwiteza imbere.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye yemeza ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2013-2014. Ingengo y’imari yari yemejwe umwaka ujya gutangira yariyongereyeho miliyari imwe, miliyoni 187, ibihumbi 401 n’amafaranga 929.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro baravuga ko hashize imyaka itatu imwe mu mitungo yabo yarangijwe n’ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro muri uwo murenge, ariko bakaba batarishyurwa.
Bamwe mu baturage batuye imidugudu ine yo mu murenge wa Cyeza cyane igice cy’akagari ka Kivumu bavuga ko bamaze ibyumweru bibiri barabuze umuriro w’amashanyarazi nyuma yuko hibwe icyuma gisakaza umuriro mu bice bitandukanye bigize uyu murenge.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari barasaba ubuyobozi bw’akarere kubazamura mu ntera bagahabwa 15% by’umushahara nk’uko babimenyeshejwe n’ubuyobozi muri Nyakanga 2013 ariko bikaba bitarashyizwe mu bikorwa.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangarije ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga gato 10 kazakoresha mu mwaka wa 2013/2014, nyuma y’amezi atandatu iyi ngengo y’imari yavuguruwe yongerwamo amafaranga hafi miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba ngo bahangayikishijwe cyane n’uko abacuruzi bahakomoka bamara gutera imbere bakimuka bakigira mu yindi mijyi, aho kugira ngo bakomeze bashore imari mu karere bakomokamo. Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda mu Rwanda ariko yanenze ko hari ibyo akarere katarakora ngo abo banyemari (…)
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera, gufata neza umutungo kamere w’amabuye y’agaciro ari mu murenge wa bo kugira ngo uzabafashe kwigira kandi baharanira kuwusaranganya.
Impugucye z’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) bashoboye kumvikana kuri gahunda izakoreshwa muri uyu muryango kuva 2014 kugera 2020, nyuma y’umwaka warushize bataryumvikanaho.
Umuturage witwa Nsabimana Jean Baptiste, utuye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, yambuwe inka yagabiwe muri gahunda ya “Gira Inka” ihabwa undi utishoboye kubera ko ngo atakurikije amasezerano ajyanye n’inka zitangwa muri iyo gahunda.
Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga amategeko muri Koreya y’Epfo, Park Byeong Suk, yijeje abaturage bo mu mudugudu wa Mushimba ko nibakomeza gukorera hamwe bazatera imbere, kuko inzira barimo ari nk’iyo igihugu cyabo cyanyuzemo mu myaka 40 ishize.
Itsinda ry’abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (aba-ofisiye) 11 biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama baravuga ko basanze abaturage b’akarere ka Musanze barihagije mu biribwa biturutse kuri gahunda yo guhuza ubutaka.
Urubyiruko 28 ruvuye mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu bihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) kuri uyu wa 21/01/2014 rwatangiye kwigishwa ubumenyi bwatuma rutangira kwitabira umurimo no kwikorera aho kwishobora mu bikorwa bihungabanya umutekano nk’itambara zayogoye akarere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko hagiye gukoreshwa miliyari zisaga enye mu gikorwa cyo gukwirakwiza amashanyarazi mu mirenge yose igize akarere, bikazafasha abaturage kuyashyira mu ngo.
Imwe mu mihanda y’ibitaka akarere ka Ruzizi kari kariyemeje kuzakora binyujijwe muri gahunda ya VUP ngo iri kudindira bitewe nuko habuze rwiyemezamirimo yafata iryo soko kubera ko ngo ingengo y’imari iyo mihanda yagenewe ari ntoya.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko nta mpungenge zihari mu kwesa imihigo ya 2013-2014 ngo kuko mu gihe cy’amezi atandatu arangiye, imihigo yose iri ku gipimo gishimishije kandi ngo imihigo ijyana n’ubukangurambaga igiye kongerwamo imbaraga kurushaho.
Nyuma yaho komisiyo y’ubukungu y’akarere ka Rusizi igaragaje ko hari amafaranga akoreshwa bitari ngombwa, abajyanama b’akarere basabye ubuyobozi kudasesagura umutungo wa Leta kuko ngo hari byinshi bikenewe kandi bifitiye igihugu akamaro ayo mafaranga yakagombye gushorwamo.
Abakenera isakaro ry’amategura mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amategura , kuko mu murenge wose ugizwe n’utugari 4 hakora koperative imwe, bigatuma igiciro cy’amategura gikomeza kuzamuka.
Mu rwego rwo kureba uko umujyi wa Rusizi wagira imyubakire ijyanye n’iterambere hakubakwa amazu n’ibikorwa remezo bijyanye n’igihe, abayobozi ku rwego rw’intara y’uburengerazuba n’ab’inzego z’ibanze bazengurutse uyu mujyi bareba ko inyubako basabwe kujya bakora zubahirizwa.
Nyuma yuko Gakwerere Francis aguze inzu muri cyamunara hanyuma agatangira kuyikorera amasuku yubaka ibipangu byayo , ngo yatunguwe no kubona abayobozi bashinzwe ubwubatsi mu karere zimuhagaritse kubaka ibikuta by’inzu ye bavuga ko ngo yarenze imbago z’umuhanda.
Nyuma y’isuzuma ry’imyubakire ijyanye n’umujyi w’akarere ka Rusizi yakozwe n’ubuyobozi bw’akarere n’ubw’intara, uwaguze Hotel Ten To Ten yahawe iminsi itatu ngo abe yasenye inyubako yayongeyeho kuko ngo itujuje ibyangombwa bisabwa n’amategeko.
Bamwe mubasaba akazi mu mirimo itandukanye mu karere ka Muhanga, bakomeje kuvuga ko itangwa ry’akazi ridakorwa mu mucyo hagamijwe kugaha abazwi icyo bo bita ikimenyane.