Sebahinzi Fulgence w’imyaka 32, yishimira ko ku mwero umwe ashobora kwinjiza miliyoni zirenga 2 azikuye mi buhinzi bwa tungurusumu.
Abayobozi b’akarere, ab’imirenge n’ab’utugari mu karere ka Huye, barasabwa gukwitura abirirwa bicaye badakora kugira ngo babashishikarize umurimo wabateza imbere.
Imiryango 62 y’abatishoboye yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera bahawe amazu bubakiwe agendanye n’igihe.
Perezida Kagame yemereye abaturage b’akarere ka Nyanza uruganda rw’amata ruzabasha kubasha gutunganya umusaruro w’amata wajyaga upfa ubusa.
Umuganda uhuza abaturage n’abayobozi buri kwezi ugira uruhare mu kunganira igihugu kwihutisha ibikorwa by’iterambere bibarirwa mu mamiliyari buri mwaka.
Abakozi ba Leta mu karere ka Ngororero, biyemeje gutanga 1% by’umushahara buri kwezi, agenewe gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Abatuye i Matinza mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu, karere ka Kayonza barasaba ubuvugizi ngo babone amashanyarazi.
Mu mwaka utaha wa 2016, akarere ka Nyanza karatangira gukorera mu nyubako nshya y’igorofa ifite agaciro ka miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba, arasaba Abanyarwanda gushishikarira gukunda ibintu bikorerwa mu gihugu kuruta gukunda ibituruka mu mahanga.
Abaturage bo mu murenge wa Kigarama barishimira umuhanda bujuje bakabona ko iterambere ribagezeho n’ubuzima bwabo bugiye kurushaho kugenda neza.
Bamwe mu bana bo mu murenge wa Rutare bakora ubukorikori bwo kubaza imitako n’imirimbo bavuga ko bimaze kubateza imbere.
Nyiraneza Cecile utuye mu karere ka Gisagara agira inama bagenzi be yo kutisuzugura kugira ngo nabo babshe kwivana mu bukene.
Abakobwa biga ubusudizi n’imyuga mu karere ka Kirehe, basaba bagenzi babo kutitinya bakiga imyuga yitirirwaga abahungu kuko nabo babishoboye.
Minisiteri y’Urubyiruko itangaza ko urubyiruko ruva kugororerwa Iwawa rugasubira gukoresha ibiyobyabwenge ari ikosa ry’uturere baturukamo tutubahiriza amasezerano twiyemeje yo kubakurikirana.
Abahinzi bo mu murenge wa Gashora baravuga bamaze kwiteza imbere babikesha ubuhinzi bw’imboga zitwa Amaranth zikurwamo ifu ivamo ibiribwa bitandukanye.
Banki y’Igihugu itangaza ko abanyamakuru bafite ubumenyi buke ku bukungu, bagabanyiriza ikizere no gutera urujijo abashoramari kubera amakuru batangaza atuzuye.
Abagore bo mukarere ka Rusizi bamaze kumenya gukoresha inguzanyo barakangurira bagenzi babo nabo gutinyuka kugana ibigo by’imari iciriritse bakaka inguzanyo.
Inama y’abafite ubumuga (NCPD), yiyemeje gukemura ubushomeri ku batabona, aho yatangiye igenera bamwe mudasobwa 27 zo kubafasha kwiyungura ubumenyi.
Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu mirenge ya Mulinga na Rambura, bavuga ko bikuye mu bukene bitewe n’iyi gahunda yabateje imbere.
Urubyiruko rucuruza amafilimi n’indirimbo Nyarwanda baravuga ko ibura ry’umuriro rikabije ririkubagusha mu gihombo kuko barya aruko bakoze none ngo ntibagikora.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Rutsiro bifuza gutera imbere batangaza ko bagifite imbogamizi z’abagabo babo, bababuza kugana ibigo by’imari
Abatuye umurenge wa Nkomane bafite ikibazo cy’uko umurenge wabo uri mu duce amashanyarazi atageramo, bigatuma batabasha gutera imbere nk’abandi baturage bamaze kubona amashanyarazi.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumva akamaro ko kwihangira umurimo no gukora bakiteza imbere byatangiye kubaha umusaruro, ariko bakanavuga ko hakiri urugendo kuko hari abagishaka kurya batakoze.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza bavuga ko gahunda ya Girinka nta muturage irageraho mu mudugudu wabo kandi mu yindi midugudu abaturage barabonye inka muri gahunda ya Girinka bagasaba ko na bo ibageraho.
Umuryango ushinzwe kongerera imbaraga n’ubumenyi abagore New Faces/New Voices (NF/NV) watrangiye ibikorwa byawo byo guhugura abagore mu micungire y’umutungo no kugera kuri serivise z’imari, nyuma y’igihe gito utangiye gukorera mu Rwanda.
Joseph Hakizimana umusore wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Musha mu Kagari ka Bukinanyana, avuga ko mbere yabonaga ibirere by’insina nta kamaro bifite ariko aho yigiye kubikoramo intebe ngo bimaze kumuteza imbere.
Mu karere ka Nyanza hatashye umuhanda mushya ufite uburebure bungana kilometer 5,8 yatwaye miliyari eshatu na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda, igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Nyakanga 2015.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bibumbiye mu matsinda 404 yo kwiteza imbere afashwa n’Umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE), barishimira ko nyuma yo kwibumbira hamwe bagakora ibikorwa by’iterambere, ubu babashije kwigobotora ubukene bukabije barimo kandi bakaba bakomeje urugendo rwo gutera imbere ubudasubira inyuma.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu butangaza ko igikorwa cyo gutunganya imidugudu y’icyitegererezo izatwara miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda mu kwagurira Umujyi wa Gisenyi ahantu h’icyaro.
Bamwe mu bakora umwuga wo kubaza no gusudira baretse gukoresha ibikoresho gakondo bihangira umurimo wo gukora imashini zikoresha amanyashanyarazi none baravuga ko byaratumye babasha kwiteza imbere.