Amashami y’umuryango w’abibumbye (UN) akorera mu Rwanda, yahaye Leta inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 19 z’amafaranga y’u Rwanda yo gutanga ubumenyi bwashoboza urubyiruko n’abagore kwihangira imishinga cyangwa guteza imbere iyo bafite.
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera muri koperative KOMIKAGI mu karere ka Gakenke barishimira ko uburyo bacukuramo amabuye y’agaciro bimaze kubateza imbere bitandukanye na mbere ubwo bucukuzi bwakorwaga mu buryo bw’akajagari hakaboneka umusaruro udashimishije.
Mukabarinda Marie Paul, umugore wo mu karere ka Nyamagabe, aratangaza ko nyuma y’uko u Rwanda rubohowe abagore bagahabwa ijambo byamuhaye urubuga rwo gukora akiteza imbere, akaba amaze kugera ku ntera ishimishije atari kugeraho iyo rutabohorwa.
Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 20 umunsi wo kwibohoza byabereye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, umuyobozi w’akarere Rwagaju Louis yasabye abaturage gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, kugira ngo bagere ku iterambere rirambye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bwihaye gahunda ko umwaka wa 2018 uzasanga nta muturage wo muri ako karere uzaba agikennye ku buryo yaba agikeneye kwishyurirwa iby’ibanze nkenerwa kugira ngo ashobore kubaho.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Abanyarwanda bibohoye ubutegetsi bwababibyemo amacakubiri, agasozwa na Jenoside yakorewe Abatutsi, Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi baratangaza ko Leta y’Ubumwe iyobowe na FPR Inkotanyi yababohoye ku kunenwa bakorerwaga n’ibindi byiciro by’Abanyarwanda.
Inkeragutabara 20 zirishimira ko zijihije umunsi wo kwiboro ku nshuro ya 20 zifite icyo zimaze kwigezaho mu rwego rw’iterambere. Ibi zabitangaje tariki ya 03/04/2014, ubwo zari zimaze kuremerwa inka na Koperative y’Inkeragutabara “Imbere Heza” ikorera mu karere ka Ruhango.
Ntirumenyerwa Yozefu uzwi ku izina rya Rwamahina arashimira umuturage witwa Nsengimana Pascal wamugiriye impuhwe nyuma yo kubona uburyo yari abayeho mu bukene, akamwubakira inzu akayimuha ku buntu hamwe n’ubutaka buyikikije.
Abaturage batuye mu duce twa Bigogwe twegereye ibirunga nka Basumba, Kabatezi, Vuga n’utundi barizezwa ko ibibazo byo kutagira umuriro, imihanda ndetse n’amazi ahagije bafite bigiye gukemuka vuba.
Mu muganda ngarukakwezi wo kuwa 29 Kamena wabereye mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Muhororo, Minisitiri Mitari Protais yifatanyije n’abaturage mu guhanga umuhanda uzareshya na kilometero14 hakaba hamaze gukorwa izigera ku munani.
Ku wa kabiri tariki 01/07/2014, mu Kinigi, mu karere ka Musanze, ku nshuro ya 10, habereye umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi; uyu mwaka hakaba hariswe abana 18.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda) werekanye isesengura rijyanye n’ibyo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagaragaje mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta mu turere two mu Ntara y’amajyepfo Akarere ka Ruhango kaza ku isonga naho akarere ka Nyaruguru gaca agahigo mu (…)
Abatanze ibiganiro ku iterambere ry’itangazamakuru mu nama yiga ku miyoborere na demokarasi mu bihugu bya Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo hagati (ICDGAAM), bashubije abababajije iby’ubwisanzure bw’itangazamakuru mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, bavuga ko ubwo bwisanzure butagomba gutangwa bwose.
Mu gihe imiturire mu karere ka Ngororero ikirangwa cyane n’akajagari ndetse n’imyubakire itajyanye n’igihe ahanini kubera kutagira ibibanza hamwe n’ibikorwaremezo, ubu ubuyozobozi bw’aka karere busanga gutegura hakiri kare ahazubakwa amazu hagaturwa nk’umudugudu ari kimwe mu bizakemura iki kibazo.
Banki ikorera mu Rwanda izwi nka Equity Bank yazanye uburyo bushya bwo koroheereza abakiriya kubona amakarita ya visa, akoreshwa mu byuma bitanga amafaranga bizwi nka ATM.
Abakirisitu bo mu matorero 5 y’abadivantiste mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bakusanyirije hamwe inkunga igizwe n’ibiribwa bitandukanye, imyenda, ibikoresho by’isuku ndetse n’amafaranga byose bifite agaciro gakabakaba ibihumbi 200 bayishyikiriza Abanyarwanda birukanywe Tanzania.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ahagana mu nkengero zawo usanga bacyubakisha amatafari ya rukarakara, bagakoresha n’ibindi bikoresho bitajyanye n’inyubako zigezweho, bigatuma ubuyobozi bufata imyanzuro yo gusenya amwe muri aya mazu.
Abaturage b’akarere ka Nyabihu batangaza ko ubwitange n’ubutwari ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu kubohora u Rwanda bugikomeje muri iyi minsi ariko noneho bukaba bugaragara mu bikorwa bitandukanye bibohora Abanyarwanda ku ngoyi y’ubukene, uburwayi n’ibindi bibazo bitandukanye.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batangaza ko kuba mu Rwanda rwababyaye bibereka ko u Rwanda ari rwiza koko ngo kuko Abanyarwanda bakomeje kubereka urukundo rwa kivandimwe no kubafasha gutura neza.
Umucuruzi w’umunyarwanda, Jean Claude Gatoya Munyakazi, watsindiye miliyoni ijana na mirongo itanu n’esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gutegera imikino y’igikombe cy’isi kiri kubera mu gihugu cya Brazil ni we Munyarwanda wa mbere watsindiye amafaranga menshi mu gutegera imikino.
Abikorera bo mukarere ka Gicumbi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite mu karere kabo bityo bagaragaze uruhare rwabo mu iterambere ry’akarere. Ibi guverineri yabibasabye munama nyu ngurana bitekerezo yahuje abikorera n’ubuyobozi bw’inzego zitandukanye.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kamonyi y’uyu mwaka dusoza wa 2013/2014 yatwaye asaga miliyari esheshatu na miliyoni 610 z’amafaranga y’u Rwanda; ariko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2014/2015, harateganywa kuzakoreshwa asaga miliyari 10 na miliyoni 262.
Nyuma y’imyaka hafi ine urugomero rwa Rukarara ya 2 ruri kubakwa, kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2014 rwatashywe ku mugaragaro nyuma yo kumara amezi abiri rugeragezwa ngo harebwe ko rukora neza.
Abagore bibumbiye mu matsinda aterwa inkunga n’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 25/06/2014 baremeye bagenzi ba bo baniyishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/2015.
Abagize matsinda “Ejo Heza” mu karere ka Gisagara, afashwa na Global Communities ibinyujije mu mushinga wayo USAID Ejo Heza, ku bufatanye na AEE ndetse n’akarere ka Gisagara, baratangaza ko aho bageze mu iterambere ntawe ugitegera amaboko abandi, ko bihaza.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’Ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR), byavuze ko abaturarwanda ngo bagenda barushaho kugera ku bukire, bitewe n’uko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2014, umusaruro w’imbere mu gihugu (GDP) wiyongereye kuri 7.4%, uruta kure ubwiyongere bw’abaturage buzamuka kuri 2.6%.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.
Abari mu nzego z’ubuyobozi bw’urubyiruko mu karere ka Kayonza ngo bagiye gushyiraho uburyo bwo guhanahana amakuru bwitwa “Kayonza Network”, bukazatuma urubyiruko kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere rusangira amakuru y’ibijyanye n’iterambere.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe yemeje ingengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015 imaze kuyikorera ubugororangingo ingana na miliyari 9,221,216,881 izakoreshwa mu bikorwa bitandukanye by’ iterambere ry’aka karere.