Ruhango: Yinjiza ibihumbi 600 buri kwezi abikesha ubworozi bw’inkoko

Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.

Uyu mushinga Rubagumya yawutangiye mu mwaka wa 2009 awutangirana inkoko 2500 ubu amaze kugera ku nkoko zisaga 1000.

Uyu mworozi yagiye guhitamo uyu mushinga nyuma yo kubona ko amafaranga ibihumbi 200 yahembwaga mu bitaro bya Gatagara i Nyanza ntacyo yari kuzamugezaho.

Rubagumya Omar afite intego yo kuziba icyuho cy'amagi agituruka mu mahanga.
Rubagumya Omar afite intego yo kuziba icyuho cy’amagi agituruka mu mahanga.

Omar yatangiye gukora uyu mushinga ahereye ku dufaranga duke yagendaga yaka banki tugendanye n’inguzanyo ku mushahara “avance sur salaire”.

Intego ze n’uko agomba gukomeza agateza imbere ubu bworozi bw’inkoko kandi aha abantu benshi akazi ndetse anatanga umusanzu mu iterambere rw’igihugu.

Uretse kuba ubu bworozi hari aho bumaze kugeza nyirabwo, abatuye hafi y’ubu bworozi nabo bavuga ko bwabagiriye akamaro kuko bagiye habona akazi ndetse bakaba batakirwaza indwara ya bwaki kuko abana babo barya amagi.

Izi nkoko zose ni zitera amagi.
Izi nkoko zose ni zitera amagi.

Mbanziriza Islon atuye hafi y’ahakorerwa ubu bworozi, ni umwe mu babonye akazi muri izi nkoko, avuga ko bwatumye ashobora kwagura ubuhinzi bwe kuko yabonaga ifumbire nnayo yagiraga ndetse ubu nawe akaba yaratangiye korora inko ze za kijyambere ubu umuryango we ukaba umeze neza.

Omar nyiri ubu bworozi, aragira inama abantu y’uko badakwiye gutinya kwihangira umurimo cyane ku bashaka korora inkoko, kuko mu Rwanda hakenewe amagi menshi.

Eric Muvara

Ibitekerezo   ( 44 )

kwihangira umurimo nibyo bigezweho ndasaba urubyiriko cyane abarangije kwiga uyu muntu ababere urugero kuko bumve ko yaretse akazi kamuhemba none umushahara usigaye wikuba kabiri . mumpaye contact (phone number &email byamfasha nkamwigiraho

hakizimana anaclet yanditse ku itariki ya: 9-03-2017  →  Musubize

ndashaka muzampuze nuyu mugabo kuko ibikorwa bye ni inyamibwa rwose nanjye nkeneye number ze kugirango nzamuvugishe kuko uyu mushnga ngomba kuwukora bitarenze 2018

rutembeza yanditse ku itariki ya: 16-06-2018  →  Musubize

courage kbs mubishatse mwampa nimero yanyu nkazababaza amakuru ahagije murakoze iyanjye:0782716973\
0728816973

Muhire Anaclet yanditse ku itariki ya: 12-10-2016  →  Musubize

muraho neza,ndi umwe mubashaka gukora ubworozibw,inkoko bishoboka mwampuza nuwo mworozi akangira inama maze tugakomeza intego imwe yo kwigira twihangira umurimo. Mboneka:0723666147/0739007047/[email protected] MURAKOZE

Nshimiyimana Augustin yanditse ku itariki ya: 7-10-2016  →  Musubize

UYUMUSHINGA NANJYE NDASHAKA KUWUTANGIRA
NABONA GUTE NUMBER FONE ZIWE.
THX

pdg yanditse ku itariki ya: 29-07-2016  →  Musubize

Ndashimye Vuba Cane Ndatangura Projet Ngir Inama Kuri79240525/61153229 Nd Umurundi W I Ngozi

Emi yanditse ku itariki ya: 28-05-2016  →  Musubize

Ndi Mumigambi Yo Kworora Inkoko, Harivyinshi Nashaka Kubaza. Mwondungikira Numero Telepfonique Zanyu Kuri:69184757

Anaclet yanditse ku itariki ya: 9-12-2015  →  Musubize

mwamutwakiye numero ze tukazamwigiraho?

jado yanditse ku itariki ya: 8-10-2015  →  Musubize

Ni byiza arko c umuntu utangira byamusaba nka mafarangaa angahe?

Jean bosco muhire yanditse ku itariki ya: 10-05-2015  →  Musubize

Abanyarwnda tugomba kwigira ku bandi bityo bikatuviramo kwigira ubwacu nibyo biduhesha agaciro.congraturation muvandimwe,ndifuza kumenya adress na contacts by’uyu muntu nanjye nkamwigiraho.mboneka kuri 0788999853/0728999853/[email protected] MURAKOZE!!

alexandre yanditse ku itariki ya: 18-06-2014  →  Musubize

ndabaramutsa cane! uwo mugambi urakomeye caane ariko nanje mfise ikibazo c’umugambi nakora kugira nikenure,nta mutahe mfita,ntakazi mfita inyuma yo kurangiza amashure y’isumbuye! uwufise ico yonyungura yondondera kuri tél:+25779736690.murakoze.

bizimana jonas yanditse ku itariki ya: 13-05-2014  →  Musubize

Komera cyane. Ubworozi bw’inkoko se uracyabukomeza. Ubu umushinga ugeze he ? Courage.
Justin Karera

Karera Justin yanditse ku itariki ya: 28-01-2014  →  Musubize

Nifuza kubona numero y’uwo muntu kuko byamfasha

Munezero Daniel yanditse ku itariki ya: 25-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka