Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe hamwe n’abafatanyabikorwa bako biyemeje ko uyu mwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 uzarangira abatishoboye 499 batari bafite aho kuba bahafite.
Mufulukye Fred guverineri w’Intara y’iburasirazuba yasabye abaturage bubakiwe amazu n’abahawe urumuri kwitura babifata neza banakumira ibyabangamira umutekano.
Uruganda rukora ibinyobwa bya Skol (Skol Brewery Ltd) ku wa 16 Kanama 2019 rwerekanye ishusho nshya y’ikinyobwa cya Skol Lager, aho kigaragara mu icupa rishya n’ibirango bishya.
U Buyapani n’u Rwanda byasinye amasezerano y’inguzanyo y’asaga miliyari 83Frw azifashishwa mu kuvugurura ubuhinzi hagamijwe kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ateguje abamotari ko mu Rwanda moto zigendeshwa na lisansi zigiye kuvaho mu gihe cya vuba hakazakurikiraho imodoka.
Perezida Kagame avuga ko bisaba ubushishozi kugira ngo umuntu yumve ukuntu ibicuruzwa byoroherezwa kwinjira mu bihugu bitandukanye bya Afurika ariko koroshya urujya n’uruza rw’abantu bikaba bitaramera nk’uko byifuzwa.
Hashize umwaka Banki y’u Rwanda y’iterambere BRD itangiye gushyira muri za SACCO amafaranga yo kuguriza abashaka amashanyarazi akomoka ku ngufu zisubira, ariko abazatse ni mbarwa.
Uhagarariye Amerika mu mishinga y’Umuryango w’Abibumbye(UN) i Burayi, Tom Kip yasomye ku rwagwa ahita yizeza abahinzi-borozi ko azakomeza kubasabira amafaranga.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bine bo mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali mu Kagari ka Mwendo bagiye kwegerezwa amazi meza, nyuma y’uko muri ako kagari hari ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije.
Mutaganda Aloys wo mu karere ka Kicukiro, yakoze mu ruganda rukora ibikomoka ku bitoki mu gihe cy’imyaka isaga 30, bituma ashinga urwe agiye muri pansiyo ku buryo bimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.
Imiryango 105 yo mu Mudugudu wa Gakoro, Akagari ka Birira Umurenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, iremeza ko yavuye mu bukene bukabije, ubu ikaba imaze kwiteza imbere binyuze mu mishinga inyuranye ifashwamo n’umushinga Spark MicroGrants.
Ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ruzuzura rutwaye miliyoni 700 z’Amadolari ya Amerika.
Abaturage b’Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga biyuzurije urugomero rw’amashanyarazi ruzatanga KW 13 ingo 400 zikazungukira kuri iki gikorwa remezo.
Iyo kandagirukarabe ikozwe mu buryo bwa kijyambere ariko ukabona yarakozwe hagendewe ku zo tumenyereye, ikaba ifite ahajya amazi meza, ahamanukira ayakoreshejwe n’ahajya isabune y’amazi.
Munyeragwe Epimaque w’imyaka 56, nubwo atuye mu cyaro cya Kiyogoma ku birometero birindwi uvuye mu mujyi wa Nyamata w’akarere ka Bugesera, avuga ko isi yose n’u Rwanda by’umwihariko ngo abimenyera mu nzu iwe.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Kuva gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP) yatangira muri 2008, amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 290 niyo amaze gukoreshwa muri gahunda zayo uko ari eshatu.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ku bufatanye na sosiyete ya Bboxx, yatangije uburyo bushya bwo kugura gaze yo gutekesha bitewe n’amafaranga umuntu afite, ahereye kuri 500Frw.
Abacururiza ku gasantere k’Agahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, barinubira ko abatunganyije umuhanda Huye-Kitabi bawusatirije amaduka bakaba nta parikingi y’imodoka bakihafite.
‘Mu isarura ry’ibihingwa byo mu gihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2019 ntabwo umusaruro wabonetse neza kubera imvura yaguye nabi igatuma imyaka irumba.’
I Bitare mu Murenge wa Ngera, polisi y’igihugu yahaye ingo 143 amashanyarazi y’imirasire y’izuba ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, tariki 15 Nyakanga 2019.
Kwishyura ifumbire n’izindi nyongeramusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ikofi Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, ngo bizakemura ikibazo cy’abanyerezaga izo nyongeramusaruro ntizigere ku bo zagenewe.
Nyuma yo kubona ko mu Karere ka Gisagara hari urubyiruko rwinshi rudafite imirimo, ubuyobozi bw’aka karere bwiyemeje kubatera inkunga mu kwihangira imirimo, buremera abafite imishinga myiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’iterambere ry’urubyiruko mu Murenge wa Kabagari.
Abahoze babunza ibicuruzwa (abazunguzayi) baravuga ko igihe bahawe cyo gucururiza mu isoko batishyura ubukode n’imisoro, ngo kibashiranye bakiri abo gusubira ku mihanda.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko ibibazo bya Politiki biri mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kitagabanyije imisoro yinjira mu gihugu kuko ubucuruzi butigeze buhagarara.
Akarere ka Kicukiro kamuritse inzu kubatse mu mirenge inyuranye zifite agaciro k’asaga miliyoni 800Frw, zahawe abatishoboye barimo abatari bafite aho baba ndetse n’ababaga mu manegeka.
Hagati ya tariki 26 na 30 Kamena 2019, mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 harimo hemezwa ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2019-2020. Uko ingengo y’imari itorwa kandi ikemezwa n’inama njyanama y’akarere, ni na ko igabanywa mu bice, hagendewe ku bikorwa byateganyijwe gukorwa mu karere runaka.
Clementine Yumvuyisaba avuga ko gukorera abandi no guhora asaba umufasha we amafaranga yo gukoresha mu rugo buri munsi, ari byo byamufashije kugira igitekerezo cyo kwishyira hamwe na bagenzi be ngo bikorere.
Kuva mu myaka ibiri ishize, serivisi za Mobile Money z’ikigo cy’itumanaho MTN zatangiye kwamamaza uburyo abakiriya bacyo bashobora kwiguriza amafaranga guhera ku gihumbi (1,000frw) kugera ku bihumbi magana atatu (300,000frw).