Rwiyemezamirimo Niyidukunda Mugeni Euphrosine, washinze uruganda rukora amavuta muri avoka arasaba inkunga kugira ngo abashe gukora amavuta menshi yagera ku Banyarwanda b’ibyiciro byose.
Ikigo Star Times cya mbere muri Afurika mu gucuruza amashusho afite ikoranabuhanga rigezweho (digital), kiri guha abakiriya bashya n’abasanzwe impano z’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2019 n’itangira uwa 2020, binyuze muri poromosiyo nshya ya ‘Dabagira n’ibyiza bya StarTimes’.
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD), iratangaza ko igiye gutanga inguzanyo ku bifuza kugura inzu ziciriritse ku rwunguko rutoya ugereranyije n’inyungu yari isanzwe yakwa n’amabanki.
Nyuma y’imyaka itatu ingo zibarirwa mu bihumbi bibiri zo mu Karere ka Gisagara zifashwa kwikura mu bukene bukabije n’umuryango Concern, zirishimira intambwe zateye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama y’ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku isi n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, izwi nka Compact with Africa (CwA), ko igihe kigeze ngo bashore imari mu Rwanda no muri Afurika, kuko ubu uyu mugabane uberanye n’ishoramari ry’amahanga.
Burya ngo, “utazi iyo ava, ntamenya iyo ajya”. Iyo ukebutse gato ukareba mu myaka 12 ishize, uko tumwe mu duce tw’umujyi wa Kigali twasaga, bikwereka imbaraga zakoreshejwe kugira ngo umujyi wa Kigali ugere ku iterambere rishimishije ugaragaza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’amakoperative, Rwanda Cooperative Agency (RCA), kiravuga ko politiki nshya igenga amakoperative, yitezweho kwimakaza ishoramari, ikoranabuhanga n’imikorere bigamije kwagura ibikorwa no kongera umubare w’abazigana.
Jacqueline Mugirwa wo mu kagari ka Bitare mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, yavuye ku manota 40% agira 70% abikesha amashanyarazi bahawe na Polisi y’u Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) igiye gusaranganya ba rwiyemezamirimo bato miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, zizishyurwa nta nyungu muri gahunda y’irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’.
Ikigo kizobereye mu bwishingizi cya Sanlam cyaguze sosiyete nyarwanda y’ubwishingizi (SORAS), yari ibimazemo imyaka isaga 30, kivuga ko cyatangiye kuvuza hanze abo cyishingira mu rwego rwo kongera serivisi gitanga.
Mu nama y’inteko rusange y’abanyamuryango ba koperative umurenge sacco yo mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye (RATUSA), byagaragaye ko mu mwaka ushize wa 2018, ku bantu 133 bari batse inguzanyo, habonetsemo 40 bishyuye nabi, naho muri 2019 ho hari abantu 28 ku 125 bishyuye nabi inguzanyo bafashe.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’ubwikorezi ndengamipaka ku muhora wo hagati bakunze kwita ‘Central Corridor’ (CCTTFA) bari mu ruzinduko mu Rwanda, barashima iterambere ry’ibikorwa remezo mu Rwanda, bigatuma gutwara imizigo byihuta.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iragira inama abikorera bo mu ntara y’Amajyepfo guhuza imbaraga bakabasha kugera ku bikorwa binini aho kwihugiraho.
Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame yageze muri Afurika y’Epfo aho yitabiriye ihuriro rya kabiri ry’ishoramari muri Afurika.
Shallon Abahujinkindi warangije kaminuza mu ishami ry’icungamutungo n’ibaruramari, yahisemo kwiga umwuga ujyanye n’ubwiza harimo no gutunganya imisatsi, kuko yabonaga kubona akazi kajyanye n’ibyo yize bitoroshye none ubu biramutunze.
Banki ya Kigali yaje ku rutonde rwa banki 100 za mbere muri Afurika mu mwaka wa 2019.
Umusaza w’imyaka 77 y’ubukure utuye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, kuri ubu aricuza kuko ab’urungano rwe bakiriho ngo bamerewe neza, mu gihe we yifuza uwamuha n’ikirahure kimwe cy’amata akamubura.
Abaturage bo mu mirenge 13 y’uturere twa Musanze, Gakenke na Burera mu ntara y’Amajyaruguru bahawe umuriro w’amashanyarazi, baravuga ko batangiye kuruhuka imvune baterwaga no kutagira amashanyarazi.
Abakozi 250 b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) basoje itorero kuwa kane tariki ya 31 Ukwakira 2019, mu minsi 10 bari bamaze i Nkumba mu karere ka Burera, bagejeje umuriro w’amashanyarazi ku miryango 131 banavugurura umuyoboro wacaniraga imiryango 40.
Abacuruzi n’abifuza kohereza ibicuruzwa byabo byakorewe mu Rwanda kandi byujuje ubuziranenge bashyiriweho ikigega gishinzwe kubafasha kugera ku ntego zabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga ibera muri Qatar ko iterambere ry’imijyi rikwiye kuba iriteza imbere abaturage mbere ya byose kuruta kuba imijyi yuzuyemo ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Ibihugu by’u Rwanda na Hong-Kong byateye intambwe ya mbere mu mubano ushingiye ku bucuruzi impande zombi ziteganya gushyiramo imbaraga mu minsi iri imbere.
Ubuyobozi bwa ICPAR, ikigo gishinzwe guteza imbere abakora umwuga w’ibaruramutungo, butangaza ko imwe mu mpamvu itera ibihombo mu bigo bya Leta ari umubare muto w’ ababaruramutungo w’umwuga babihuguriwe.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro icyambu cyo ku butaka cyiswe ‘Kigali Logistics Platform’, cy’ikigo ‘Dubai Ports World’, kikazorohereza abantu bagera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 barimo Abanyarwanda, Abanyafurika muri rusange ndetse n’abo hanze y’uwo mugabane.
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), irerekana ko ubu ingo zifite amashanyarazi zimaze kugera kuri 53%, zirimo 38% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari, na 15% zifite amashanyarazi adafatiye ku miyoboro migari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.
Umuyobozi mukuru w’ikigega Agaciro Development Fund aravuga ko ibigo bimwe bya Leta n’iby’abikorera byadohotse mu gutanga inkunga mu kigega.
Banki ya Kigali(BK) yateguye uburyo bwo gushimisha abana igamije guha ubutumwa abayeyi, ko bakwiriye gutangira kuzigamira abana hakiri kare.
StarTimes ishingiye kuri iki cyumweru cyahariwe kwita ku bakiriya (Customer Service Week 2019), no mu rwego rwo gushimira abakiriya bayo, StarTimes yabazaniye poromosiyo ikubita ibiciro hasi kandi mwese murisanga.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Karere ka Rubavu buri mu kibanza gifite UPI: 3/03/04/05/1069, mu mutungo rusange wa Leta, rikabushyira mu mutungo bwite wa Leta.
Tariki 30 Nzeri 2019, i Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru hatashywe urugomero rutanga amashanyarazi azacanira abaturage hafi 300.