Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga ibera muri Qatar ko iterambere ry’imijyi rikwiye kuba iriteza imbere abaturage mbere ya byose kuruta kuba imijyi yuzuyemo ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Ibihugu by’u Rwanda na Hong-Kong byateye intambwe ya mbere mu mubano ushingiye ku bucuruzi impande zombi ziteganya gushyiramo imbaraga mu minsi iri imbere.
Ubuyobozi bwa ICPAR, ikigo gishinzwe guteza imbere abakora umwuga w’ibaruramutungo, butangaza ko imwe mu mpamvu itera ibihombo mu bigo bya Leta ari umubare muto w’ ababaruramutungo w’umwuga babihuguriwe.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro icyambu cyo ku butaka cyiswe ‘Kigali Logistics Platform’, cy’ikigo ‘Dubai Ports World’, kikazorohereza abantu bagera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 barimo Abanyarwanda, Abanyafurika muri rusange ndetse n’abo hanze y’uwo mugabane.
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), irerekana ko ubu ingo zifite amashanyarazi zimaze kugera kuri 53%, zirimo 38% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari, na 15% zifite amashanyarazi adafatiye ku miyoboro migari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.
Umuyobozi mukuru w’ikigega Agaciro Development Fund aravuga ko ibigo bimwe bya Leta n’iby’abikorera byadohotse mu gutanga inkunga mu kigega.
Banki ya Kigali(BK) yateguye uburyo bwo gushimisha abana igamije guha ubutumwa abayeyi, ko bakwiriye gutangira kuzigamira abana hakiri kare.
StarTimes ishingiye kuri iki cyumweru cyahariwe kwita ku bakiriya (Customer Service Week 2019), no mu rwego rwo gushimira abakiriya bayo, StarTimes yabazaniye poromosiyo ikubita ibiciro hasi kandi mwese murisanga.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Karere ka Rubavu buri mu kibanza gifite UPI: 3/03/04/05/1069, mu mutungo rusange wa Leta, rikabushyira mu mutungo bwite wa Leta.
Tariki 30 Nzeri 2019, i Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru hatashywe urugomero rutanga amashanyarazi azacanira abaturage hafi 300.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangaje ko ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’ikigo cy’ubuziranenge, bagiye gushaka uko bakemura ikibazo cy’abacuruzi banusura ibicuruzwa bakiba abakiriya.
Equity Bank yatangiye uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwitwa Eazzypay, aho umukiriya w’iyi banki ashobora kwishyura ibicuruzwa na serivisi yifashishije telefoni kandi adakoze ku mafaranga.
Hari abagabo bo mu Karere ka Nyaruguru batekereza ko umugabo ufite umugore utajya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya aba yarahombye.
Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa ryo guhanga udushya, twafasha inganda gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuwa mbere 16 Nzeri 2019, yakiriye abagize inama y’ubucuruzi muri Afurika y’Uburasirazuba (East African Business Council), baganira ku bibazo byugarije ubucuruzi mu karere.
Abacuruzi bakorera mu nyubako ya Champion Investment Corporation (CHIC), mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubuyobozi bw’iyi nyubako bwababereye nk’umubyeyi, kuko ubu bakora ubucuruzi bwabo mu mutekano kandi batangiye kubona abakiriya.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Brazaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye inama y’ihuriro ya gatanu ku ishoramari muri Afurika (Investing In Africa Forum).
Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Star Times buratangaza ko abatunganya filime cyangwa ibindi bihangano by’amashusho by’umwimerere Nyarwanda, baramutse babishyizemo imbaraga byajya bitambuka ku mirongo yayo kandi bakabibonamo amafaranga.
Banki ya Kigali (BK) yihaye intego ikomeye yo kuba yageze ku mutungo mbumbe wa miliyari ebyiri z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari igihumbi na magana inani na mirongo ine z’Amafaranga y’u Rwanda) mu myaka itandatu iri imbere, ngo ikazabigeraho biciye mu kongera abakiriya.
Mu gihe hari abantu bumva ko abakomisiyoneri babona amafaranga, noneho hagira ubabaza ikintu runaka nk’inzu cyangwa ikibanza kigurishwa, agahita yiyita umukomisiyoneri ako kanya. Nyamara amakoperative y’abakora uyu mwuga avuga ko ibyo bitavuze ko ari umukomisiyoneri.
Ikigereranyo cy’inkunga ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagabo n’ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagore bo ku mugabane wa Afurika kigaragaza ikinyuranyo kinini cyane kingana na miliyari 42 d’Amadorali ya Amerika, hagati y’izo nkunga, abagabo bakaba ari bo bahabwa menshi.
Nyuma yuko mu mihanda inyuranye mu mujyi wa Musanze, hakomeje kugaragara ubucuruzi bw’imigati itizewe, Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, burasaba abaturage kugira ubushishozi ku biribwa bagura barengera ubuzima bwabo.
Isosiyete y’ishoramari ‘Multi-Sector Investment Group’ (MIG), irahumuriza abaturage bo mu turere twa Nyamagabe, Huye na Nyaruguru bakekaga ko imigabane baguze yaburiwe irengero.
Abagurisha amatafari ahiye n’igitaka bo mu murenge wa Nyundo akagari ka Mukondo, umudugudu wa Nkora bahahirana n’umurenge wa Kanama bakoresheje imodoka baravuga ko sosiyete ikora ikiraro gihuza iyi mirenge yahagaritse ubuhahirane bwabo bikaba bimaze kubahombya amafaranga arenga miliyoni 50 mu cyumweru bimaze.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc) irateganya kwimukira mu nyubako yayo nshya ari na cyo cyicaro gikuru cyayo. Iyo nyubako iri iruhande rw’aho yari isanzwe ikorera mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, bikaba biteganyijwe ko izayimukiramo bitarenze Ukwakira uyu mwaka wa 2019.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), Richard Tusabe, aravuga ko yicuza cyane kuba ikigo akuriye cyarubatse gusa inzu zihenze kandi ngo cyagombye kuba cyarubatse n’izihendutse zihwanye n’ubushobozi bw’abanyamuryango bacyo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko zimwe mu nyubako za mbere y’umwaka wa 2013 zifite imiterere izishyira mu manegeka, kuko nta gishushanyombonera cyari kiriho mu gihe zubakwaga.