Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti (Rwanda Food and Drugs Authority -FDA) cyasabye abatumiza hanze n’abakora ibikoresho by’isuku muri rusange, abakora udupfukamunwa n’ibindi biri gukoreshwa mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, kwirinda kuzamura ibiciro.
Iki gitekerezo cyagaragajwe mu biganiro abikorera bo mu Karere ka Huye bagize, byari bigamije kurebera hamwe amahirwe ari mu Karere ka Huye abikorera bashobora kugenderaho bagatera imbere.
Abagore bakoresha ibimina bivuguruye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga baravuga ko byabateje imbere bahindura ubuzima mu miryango yabo.
Umuturage wo mu Kagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare witwa Uzamukunda Dative, avuga ko Ikofi ya Banki ya Kigali (BK) imugejeje ku gucuruza inyongeramusaruro.
Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Ndungutse Jean Bosco, avuga ko gushyira amakaro ku nzu z’ubucuruzi birimo gukorwa mu mijyi na santere z’ubucuruzi mu ntara atari itegeko, kuko n’amarangi yemewe gusigwa ahubwo buri wese akwiye kumva ko agomba gukesha aho akorera.
Impuzamakoperative yo gutwara abantu n’ibintu (RFTC), yashyikirije Akarere ka Musanze imodoka nshya zo mu bwoko bwa ‘Toyota Coaster’ zifite agaciro ka miliyoni 586, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’abagenzi bararaga mu nzira no kurwanya magendu.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), rusaba ko ibigo bya Leta bitishyura ba rwiyemezamirimo ku gihe byahabwa ibihano bikomeye, kuko uko kutishyurwa ku gihe, bituma abikorera batagira uruhare bifuzaga kugira mu iterambere ry’ubukungu.
Banki ya Kigali (BK) yatangiye kwifatanya n’abagore mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore wizihizwa tariki 8 Werurwe, bijyana no gutangiza impano BK yageneye abagore izwi nka ZAMUKA MUGORE.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje kuri Twitter ko u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa gatatu mu bihugu bifite imihanda yujuje ubuziranenge muri Afurika, ku manota atanu (5.0), rukurikiye Afurika y’Epfo ya kabiri na yo ifite amanota 5.0, mu gihe Namibiya ya mbere yo ifite amanota 5.2.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa gatatu tariki ya 04 Werurwe 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse ku buryo bukurikira:
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bifuza ko ibagiro rya kijyambere bamaze igihe barijejwe ryakubakwa. Ni nyuma y’uko aho iryahoze mu Kagari ka Ruhengeri rimaze igihe ryarahagaritswe gukorerwamo kubera ko ryari rishaje, ryimurirwa mu murenge wa Gataraga.
Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) hamwe n’impuguke mu by’ubukungu, baraburira abantu ko ibiciro by’ibicuruzwa bishobora gukomeza kuzamuka mu buryo budasanzwe bitewe ahanini n’imihindagurikrie y’ibihe, kuzamura ibiciro by’amashanyarazi ndetse n’icyorezo cya Coronavirus
Abatuye mu Mudugudu w’Agatare mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, bishimira amashanyarazi y’imirasire y’izuba bahawe na Polisi y’u Rwanda, kuko yabafashije gutangira kuva mu bukene.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Ignacienne Nyirarukundo, avuga ko adashyigikiye kuba hari ababyeyi bahabwa akazi muri gahunda ya VUP aho kukikorera bagatumayo abana babo.
Abikorera bo mu turere twa Burera na Gicumbi batangiye uburyo bwo gukwirakwiza ibicuruzwa mu ma centre yegereye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Abanyehuye bafite inzu zicumbikira abagenzi n’uburiro, bavuga ko igihe cyose habaye amasiganwa y’amagare atuma abayitabiriye baharara, babona icyashara gishimishije ugereranyije n’uko bisanzwe.
Ingengo y’imari y’uyu mwaka turimo (2019-2020) yari miliyari ibihumbi bibiri na miliyoni magana inani (Rwf2.8 trillion), izo miliyari ijana na mirongo ine ( 140bn Rwf), zikaba zariyogereyeho mu rwego rwo gushyigikira gahunda zitandukanye za Leta.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko mu gihembwe cya kane cy’umwaka ushize wa 2019, ibiciro by’ibiribwa byiyongereye ku rugero rwa 6% kandi ko muri 2020 biziyongeraho 5%.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi aratangaza ko serivisi zayo z’ikoranabuhanga zigiye kurushaho kumanurwa zikegera abaturage nyuma y’uko hari benshi bakibika amafaranga mu mifuka.
Uwitwa Benoit Munyankindi wabaye muri Komite y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY), arahamagarira abifuza gucuruza ibintu byabo kubishyira hafi, kuko amarushanwa ngarukamwaka ya Tour du Rwanda yegereje.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko ruri gukora iperereza ku izamuka ridasanzwe ryibiciro bya Gaz yo gucana. Mu mezi abiri ashize, ibiciro bya gaz byarazamutse hirya no hino aho icururizwa, bitera abakiriya bayo kubyibazaho cyane.
Banki ya Kigali (BK) ku bufatanye na kompanyi ya Resonate Workshops, bagiye guhugura abagore 150 bo mu makoperative anyuranye, ku gucunga neza ubucuruzi bwabo bityo babunoze bunguke kurushaho.
Abashoramari bakomoka mu Karere ka Nyaruguru barakangurirwa gufata iya mbere bakabyaza umusaruro amahirwe ari muri aka karere kugira ngo karusheho gutera imbere.
Mu gutangiza Poromosiyo yiswe Hi-Perf Dunda na Moto, imbere y’abafatanyabikorwa bayo, Total Hi-Perf yatangaje ko guhera kuri uyu wa 15 Gashyantare 2020, abamotari bose bakoresha amavuta ya Hi-Perf, bafite amahirwe angana yo gutunga moto.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, aributsa abacuruzi b’imyaka cyane ibigori ko abazafatwa bagura batabifitiye ibyangombwa bazabihanirwa kuko ari bo bica isoko.
Amasezerano u Rwanda rugiranye na Tunisia yujuje umubare w’amasezerano 101 u Rwanda rugiranye n’ibindi bihugu y’iby’ingendo zo mu kirere.
Urugaga rw’abikorera PSF mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko hakenewe miliyali imwe na miliyoni zisaga 100 z’amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo icyiciro cya mbere cy’isoko rya Muhanga cyuzure.
Mu Mujyi wa Musanze rwagati utwinshi mu duce nk’ahitwa muri Tête à gauche, mu Ibereshi, mu Kizungu n’ahandi, hagaragara inzu zishaje zituwemo, izitagituwe n’izindi zigenda zisaza zitaruzura. Hari abavuga ko kutazisana cyangwa kuzisimbuza izindi byababereye ikibazo cy’ingutu, kubera kutabibonera ubushobozi.
Inama Njyanama idasanzwe mu Karere ka Rubavu kuwa 7 Gashyantare 2020 yahaye urugaga ry’abikorera amezi abiri kwerekana gahunda ihamye yo kubaka isoko rya Gisenyi.
Urugaga rw’abikorera rwatangiye inzira ijyanye no gushishikariza abikorera kubyaza umusaruro amahirwe ari mu Ntara y’Uburengerazuba, haba ku mabuye y’agaciro, ubuki, ubukerarugendo bw’amapariki ya Gishwati na Nyungwe, ubwikorezi hamwe no mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, hiyongeraho ubworozi bw’amatungo n’ibiyakomokaho hamwe (…)