Abacuruzi bakorera mu nyubako za Gare ya Huye bavuga ko aho gahunda ya #GumaMuRugo yarangiriye bagasubira gucuruza, abakiriya babaye bakeya bityo bakaba bifuza kugabanyirizwa amafaranga y’ubukode.
Hari uwabona umuntu yicaye mu mutaka yambaye ‘akajile’ na telefoni mu ntoki, akagira ngo wenda kuba umu ajenti ‘agent’ wa sosiyete y’itumanaho si akazi gahemba kandi katunga ugakora neza.
Mu gihe abantu bashishikarizwa kwifashisha ikoranabunga mu guhererekanya amafaranga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus, hari abacururiza mu isoko rya Huye bavuga ko hashize igihe basabye gushyirwa muri Momo Pay batarabyemererwa.
Banki ya Kigali(BK) yatangarije abayigana n’abakiriya bayo by’umwihariko, ko umutekano wa konti zabo ucunzwe neza, ku buryo yanabiherewe icyemezo cy’ubuziranenge mpuzamahanga.
Nyuma y’ifungwa ry’isoko rya ‘City Market’ n’iry’ahitwa Kwa Mutangana (Nyabugogo), yombi yo mu Karere ka Nyarugenge, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Kanama 2020 nta muntu n’umwe wari uhari.
Abacuruzi barimo gusohoka mu masoko yo Mujyi wa Kigali kubera icyorezo Covid-19, baravuga ko ibicuruzwa byabo aho kugira ngo byangirike barimo kubigurisha ayo babonye yose.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iravuga ko abanduye Covid-19 ku matariki 14-15 Kanama 2020 banganaga na 152, benshi muri bo bakaba ari abanduriye mu masoko yo mu mujyi wa Kigali ya City Market(Nyarugenge) n’ahitwa kwa Mutangana(Nyabugogo).
Imibare itangwa n’ikigo gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) igaragaza ko umusaruro w’ibyoherezwa hanze wagabanutse uretse icyayi cyashoboye kuzamuka. Ibi byagize ingaruka ku mafaranga u Rwanda rwagombaga kwinjiza muri 2019/2020 angana na Miliyoni 593 z’Amadolari ya Amerika.
Waba uri rwiyemezamirimo ukeneye igishoro cyo kwagura ibikorwa byawe? Ntibikugore, Banki ya Kigali (BK) irimo gutanga ubwoko bubiri bw’inguzanyo zagufasha kugera ku mafaranga yo kugura ibikoresho mu buryo bwihuse, utaragira ikibazo cy’uko ibikorwa byawe bihagarara.
Ubworozi bw’inkoko mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicuro mu Karere ka Nyagatare, bumaze kwinjiza miliyoni zirenga eshanu mu gihe cy’ukwezi kumwe gusaabahatujwe bamaze babukora.
Abaturage baturiye isoko mpuzamahanga ry’amatungo rya Rugari mu Karere ka Nyamasheke, bakomeje gutakamba basaba ko isoko ryabo ry’amatungo ryakongera gufungura kuko babuze uko bikenura ndetse no kubasha gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Isima y’u Rwanda ikomeje guhenda ku isoko ryo hirya no hino mu gihugu, kuko igiciro gishyirwaho n’uruganda rwa CIMERWA ku bufatanye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) abacuruzi batacyubahiriza.
COOJAD ubundi ni impine y’amagambo y’Igifaransa(Cooperative de la Jeunesse pour l’auto-emploi et le developpement),bishatse kuvuga mu Kinyarwanda ko ari Koperative y’urubyiruko rugamije kwihangira umurimo no kwiteza imbere.
Uruganda rukora sima mu Rwanda rwa CIMERWA Plc, rwashyize imigabane yarwo yose ku isoko, aho umuturage ubishaka azajya agura umugabane umwe ku mafaranga y’u Rwanda 120, bityo ruba rubaye urwa 10 ku isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda (RSE).
Mu gihe amashuri afunze mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu Karere ka Musanze, bavuga ko ikiruhuko kimaze kuba kirekire bahitamo kujya mu bucuruzi buciriritse.
Ishami ry’Abagore mu Rugaga rw’Abikorera (PSF), ryitwa Chamber of Women Entrepreneurs (CWE), ryatangije gahunda y’imyaka itanu yo kongera abagore bari mu bucuruzi barimo n’abakobwa babyariye iwabo.
Mu bihe bisanzwe bitari ibya Coronavirus hari igihe i Kibeho hagendwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 30, ariko kugeza ubu inzu zihari zicumbikira abagenzi zirimo ibyumba 135 gusa.
Ubwo gahunda ya #GumaMuRugo yatangiraga, hari abo byagoye cyane kuhaguma kuko batari kubona ibyo bafungura batagiye ku isoko guhaha, nubwo bari bafite ibyago byo kwandurirayo.
Miniteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko hakiri kare ngo abafite ibikorwa by’utubari bemererwe gufungura kuko byatuma ubwandu bwa COVID-19 burushaho gukwirakwira.
Banki ya Kigali (BK) ihamya ko buri muntu wese ashobora kwizigamira agendeye ku mafaranga ayo ari yo yose yinjiza, akirinda kuyasuzugura ahubwo akayashyira kuri konti akazagwira bityo iyo Banki ikamwungukira ndetse ikaba yamuha inguzanyo akiteza imbere.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe k’uyu mwaka wa 2020 ubwo gahunda ya #GumaMuRugo yari imaze guhagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu kubera Covid-19, kugeza ubu hari ubucuruzi bwabaye nk’ubwibagiranye.
Marie Josée Ahimana, ni umuhinzi akaba n’umubyeyi w’abana batatu, batuye mu Mudugudu wa Ruhanga, Akagari ka Sovu, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo.
Ubuyobozi bw’Uruganda ‘Prime Cement Ltd’ bwatangaje ko bitarenze ukwezi gutaha kwa Kanama 2020, ruzaba rwatangiye gukora sima yunganira itangwa n’uruganda CIMERWA rukorera i Rusizi mu Burengerazuba.
Abikorera bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko guhabwa uburenganzira nk’abandi Banyarwanda byatumye bafungurirwa amarembo na bo barakora biteza imbere.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka ku bucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere u Rwanda ruherereyemo agaragaza ko kudashyira hamwe kw’ibihugu bigira ingaruka ku bindi bihugu.
Kwizera Christelle wakoze umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage akoresheje ikoranabuhanga bise ‘Inuma’ aratangaza ko ageze ku gishoro cya Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Ishami ry’Abagore mu rugaga rw’Abikorera (PSF) ryashyizeho itsinda ry’impuguke (zigereranywa n’ivuriro ’clinic’) rishinzwe kwigisha no guhumuriza abanyamuryango baryo bahombejwe n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Itangazo Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2020, riramenyesha abantu bose ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse.
Hashize amezi agera kuri atatu u Rwanda ruhagaritse zimwe mu ngendo z’indege zitwara abantu zinjira mu gihugu cyangwa izijya mu mahanga, ndetse na zimwe mu ngendo zambukiranya imipaka zirahagarara mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Niyidukunda Mugeni Euphrosine ukora amavuta muri Avoka, yari yishimiye inguzanyo yahawe na Banki ya Kigali (BK) yo kumufasha kwagura ibikorwa bye, ariko Coronavirus yatumye ibyo yifuzaga kugeraho bitamushobokera.