Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni aratangaza ko gucanira umuhanda Kigali-Rubavu bizatanga umusaruro mu guteza imbere ubucuruzi, ubukerarugendo ndetse no kongera ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Umurenge wa Gikomero uherereye mu karere ka Gasabo watashye isoko ryubatswe ritwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 240 z’amafaranga y’u Rwanda, abazaricururizamo bakaba basabwe kuzarifata nza bakirinda kuryangiza.
Kwegereza serivise abantu bamukiranya imipaka bakenera cyane cyane ibicuruzwa bizazamura ubukungu bw’igihugu.
Abakuriye amadini atandukanye yemewe mu Rwanda biyemeje gufatanya n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) mu guhindura imyumvire y’abayoboke bayo ku mitangire y’imisoro n’amahoro.
Abarimu bahawe akazi ko gukora ibarura ry’ibigo bikorera mu Karere ka Ngororero (Establishment Census ) ryakozwe mu kwezi k’Ugushyingo 2014 barasaba Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabahaye ako kazi kubishyura umushahara bari bumvikanyeho.
Urugomero rwa Keya rukoresha amazi ya Sebeya ntirurashobora kugeza ku ntego rwari rwitezweho kuko rutanga Kilowati 900 (900Kw) aho gutanga Megawati 2 (2MW) nk’uko byari biteganyijwe rwubakwa.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF, International Monetary Fund), Christine Lagarde aravuga ko u Rwanda rwabera urugero rwiza ibindi bihugu mu kwivana ahantu habi no gutera imbere mu bukungu budaheza kandi mu gihe gito.
Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ngororero, Ibrahim Kanyambo akaba ari nawe ukodesha amazu y’akarere yubakiwe kwakira abakagana n’ibindi bikorwa (Guest House y’Akarere ka Ngororero) avuga ko kuba muri aka karere nta mahoteri ahagije ahari biteza igihombo gikomeye ku bacuruza serivisi zakira abagenzi.
Abaturage bakoze imirimo y’ubwubatsi ku gasoko kubatse ahitwa ku Gasasangutiya mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira bavuga ko bamaze hafi amezi arenga 6 batarishyurwa amafaranga yabo.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bakomeje gutakambira ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke basaba ko bafashwa kwishyurwa amafaranga bakoreye ubwo bubakaga inzu y’urubyiruko rwa Bushekeri ndetse no kubaka inzu abaturage bazajya bivurizamo (poste de santé).
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu barasaba ko bahabwa ingurane y’amazu yabo bakimuka bagashaka aho kuba dore ko ngo ibibanza n’ibintu bigenda birushaho guhenda.
Gahunda y’iyubakwa ry’umujyi wa Rusumo mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi bukorerwa ku mipaka yishimiwe na benshi mu bikorera, bakavuga ko bagiye kuyigira iyabo baharanira kuyishyira mu bikorwa.
Mu ruzinduko rw’iminsi 10 abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi batangiye mu turere twose tw’u Rwanda, mu karere ka kirehe hazibandwa ku bijyanye n’iterambere ry’abaturage bareba uko imishinga imwe n’imwe ikorera muri ako karere yafasha abaturage bakagira imibereho myiza.
Umugabo witwa Munyengabe Alphred ufite imyaka 50 utuye mumudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Kamasiga murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero avuga ko nubwo basabwa kongera ubumenyi ngo banoze akazi kabo adateze kureka gukora ubucuzi gakondo kubera ko ariwo mwuga w’abasekuruza be.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Francois Kanimba, yijeje ubufatanye ikigo cya Eden Business Center gikora amasabuni n’amavuta yitwa “Ubwiza”, kuko bafite gahunda ziganisha ku iterambere igihugu gikeneye, nyuma y’uko abagendereye akumva n’ubuhamya ku bahahuguriwe, kuri uyu wa gatanu tariki 23/1/2014.
Impuzamashyirahamwe y’abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu, mu karere ka Nyamasheke, babonye umuyobozi mushya w’impuzamashyirahamwe y’abarobyi, nyuma y’uko uwari uyoboye aburiwe irengero mu minsi ishize bikaba binavugwa ko yaba yarishwe ashimishwe n’abasirikare ba Congo.
Bamwe mu bacururiza mu isko rikuru rya Byumba baravuga ko bafite ikibazo cy’uko isoko risakaye nabi imvura yagwa ibicuruzwa byabo bikangirika.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, arasaba abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru n’abayobozi baho guhuza imbaraga kugira ngo bafatanye kuzamura ubukungu bw’akarere n’ubw’igihugu muri rusange.
Abacuruzi bacururiza mu isoko rya Rwagitima rihereye murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo, bavuga ko babangamiwe no gukorera mu isoko ritagira amashanyarazi bagasaba ubuyobozi kubashyiriramo amashanyarazi kugira ngo ubucuruzi bwabo burusheho gutanga umusaruro uhagije.
Mu nama yabahuje tariki 22/01/2015, ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Gicumbi (Joint Action Development Forum/JADF) biyemeje gufasha akarere kwesa imihigo ya 2015.
Mu Murenge wa Runda uhana imbibu n’Umujyi wa Kigali, hagaragara umuvuduko mu myubakire. Mu rwego rwo kunoza imiturire, ubuyobozi bwaciye imihanda inyura mu ngo z’abaturage, ariko hari aho usanga abubaka basatira imihanda ndetse n’abubaka ahateganyirijwe kunyuzwa umuhanda.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bahamya ko iyo bamennye ibiyobyabwenge bababazwa n’amafaranga yabiguze aba agendeyemo ntacyo amariye Abanyarwanda ngo babe bagera ku iterambere rirambye.
Ikigo cy’iguhugu gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) cyagiranye ibiganiro n’abafite ibigo bikora ubwubatsi ku musoro wo gufatira wa 15%, benshi bemezaga ko batari basobanukiwe icyo bawishyurira.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi bakora umwuga w’ububumbyi, batangaza ko kuva kuri gakondo bagakora ububumbyi bw’ishyiga rya “Cana rumwe” byabongereye umusaruro; kuko amashyiga bakora afite agaciro gakubye inshuro eshatu izo bakoraga mbere.
Abanyamuryango ba koperative COMORU y’abamotari bo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi ntibavuga rumwe na komite nyobozi yabo ku mafaranga yakoreshejwe ku nyubako y’amagorofa ane bari kuzamura mu mujyi wa Rusizi.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Koperative Umwalimu SACCO, Nzagahimana Jean Marie Vianney aravuga ko kuba umwarimu ahembwa amafaranga make bitavuze ko atagomba kwizigamira.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko mu gihe cyose hatabayeho ubufatanye bizagorana kugera ku iterambere na gahunda z’imbaturabukungu, bityo iki kibazo kikazavugutirwa umuti mu itorero ry’abikorera benda kwitabira.
Akarere ka Ngoma kagiye gushora amafaranga y’u Rwanda hafi miliyari ebyiri mu kubaka imihanda ifite ibirometero 35 izafasha abahinzi kugeza umusaruro wabo ku masoko (feeder road) badahenzwe n’ababasanga iwabo babagurira ku giciro gito kubera imihanda mibi.
Igihugu cy’u Buhinde kiratangaza ko kigiye gutera u Rwanda inkunga mu guteza imbere ibigo biciriritse, kugira ngo bizamure ubukungu bw’u Rwanda nk’uko ibyo mu Buhinde byazamuye ubw’iki gihugu.
Abikorera by’umwihariko abacuruzi bo mu Mujyi wa Musanze bakoresha amafaranga yo kugurizanya bitanga inyungu bizwi nka “Bank Lambert”, bagira ikibazo cyo kubura ubwishyu kubera inyungu z’umurengera bagahitamo guhunga kugira ngo badafungwa.