Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Bugesera, Munyanziza Zéphanie, n’ushinzwe akanama gatanga amasoko, Uzaribara Syrverie na Bimenyimana Martin, ushinzwe amasoko batawe muri yombi na polisi bashinjwa gutanga isoko ryo kubaka ibiro by’akarere bakariha utarishoboye.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Niyongabo Eric, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Kirehe, akekwaho kwiba imisoro y’abaturage isaga ibihumbi 450 mu gihe cy’ukwezi kumwe yari amaze muri iyo mirimo.
Mu gihe harimo gutegurwa ibiganiro bizaba muri Mata 2015 hagati y’u Rwanda n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne, bamwe muri abo bashoramali bageze mu Rwanda kuri wa 11 Werurwe basuye Akarere ka Rubavu bagaragaza inyota yo gushora imali mu buhinzi bwo mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’intumwa ayoboye bageze ahitwa Sharm El Sheikh mu Misiri aho batumiwe na Perezida Abdel Fattah Al Sisi wa Misiri mu ihuriro rizitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Leta 110 ndetse n’abashoramari bakomeye 3,000.
Abacuruzi n’abaguzi bo mu Karere ka Musanze baratangaza ko kuba igiciro cy’ibikomoka kuri Peterori cyaragabanutse ntacyo byamariye abaturage kuko bitatumye ibiciro by’ibicuruzwa bimanuka, ahubwo ngo hari bimwe na bimwe byazamutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangiye kuganira n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze 3200 kugira ngo babyutse koperative CVM (Cooperative Velos de Musanze) yasenyutse, nyuma y’uko abanyonzi bagumutse bashinja ubuyobozi imicungire mibi y’umutungo.
Abacungamutungo ba za Koperative Umurenge SACCO zo mu Karere ka Ruhango baravuga ko baterwa ibihombo n’idindira na bamwe mu bayobozi bafata inguzanyo ntibazigarure.
Bamwe mu bashinzwe gutanga amasoko mu bigo binyuranye byo mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bajyaga bakora amakosa mu mitangire y’amasoko kubera ubumenyi buke.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo batangaza ko bagambiriye kwishyira hamwe kugira ngo bayizamure ive mu bukene, dore ko ari yo ikennye cyane kurusha izindi mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Cogebank bwatangaje ko abanyamigabane bayo biyemeje kongera umubare w’imigabane ku nyungu ku gishoro ungana na miliyari 7,3 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki gishoro kikaba kiyongereye ugereranyije n’imigabane ihwanye na miliyari 5,1 yari isanganywe.
Cooperative Umwalimu SACCO iratangaza ko igiye gutangiza uburyo bushya bwo guha abanyamuryango bayo inguzanyo biciye mu mishinga yabo bwite bazajya bakora ibyara inyungu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko Hoteli imwe rukumbi igiye kuzura muri aka karere izatuma abashoramari bajya kuhakorera, kuko ngo bakomeje kugira imbogamizi zo kubura aho barara.
Abaturage 120 bakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda SONATUBE-NEMBA unyura mu Turere twa Bugesera na Kicukiro barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubakurikiranira amafaranga bakoreye mu mwaka wa 2012 batishyuwe.
Tuyambaze Céléstin utuye mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe atanga ubuhamya bw’ukuntu yafashe utwe twose akajya muri Uganda bamubeshye ko hari ubuzima bwiza kurusha mu Rwanda, akamara ukwezi kumwe nta n’ijana asigaranye akigira inama yo kugaruka iwabo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe bakomeje gutaka ubukene batewe na bimwe mu bigo by’imari byafunze imiryango, ababigize baburirwa irengero na n’ubu abaturage bakaba baheze mu gihirahiro bibaza uko bazabona amafaranga yabo.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoresheje y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko (PAC ), bagiriye inama ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kuzajya bubanza gushishoza kuri rwiyemeza mirimo bagiye guha isoko.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), John Rwangombwa atangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushobora kuzazamuka hejuru ya 7% muri uyu mwaka wa 2014-2015 nubwo bateganyaga ko bwakwiyongera ku gipimo cya 6%.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kaniga, Jerome Ngendabanga, n’abandi bakozi ba leta bakoreraga muri aka karere bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi bakurikiranyweho imikoreshereze y’amafaranga agenewe imishinga yo gufasha abatishoboye (VUP) mu nyungu zabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aratangaza ko niba nta gikozwe amazi ya Nyabarongo avanze n’ibitaka byinshi ashobora kugira ingaruka mbi ku rugomero rw’amashanyarazi rumaze kuzura.
Abaturage basaga 500 bo mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze amezi atatu batarahembwa amafaranga bakoreye muri VUP, bakavuga ko babayeho nabi kuko bataye imirimo yabo yababeshagaho n’amafaranga baje gukorera ntibayabone.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peterori nka Lisansi na Mazutu, byagabanirijwe ibiciro, biva ku mafaranga y’u Rwanda 845 bigera kuri 810 by’igiciro fatizo.
Abapfakajwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, barishimira aho bagera mu iterambere nyuma y’akaga bahuye nako, bagashimira umuryango Femmes Développement wabegereye ukabafasha kwivana mu bukene.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa gihuza Uturere twa Ngoma na Kirehe baravuga ko kuba cyarangiritse bibangamiye ubuhahirane n’imigenderanire, kuko giteza ibibazo ibinyabiziga bihaca.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) bafatanye umucuruzi wo mu Mujyi wa Musanze witwa Ndagijimana Céléstin inzoga zihenze za magendu yishyiriragaho ikirango cy’uko zasoze (tax stamp) kugira ngo hatazagira umutahura ko anyereza imisoro ya Leta.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.
Nyuma y’igihe kinini abarema isoko rya Rusumo riri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero basaba ko bakubakirwa isoko rya kijyambere, ubu imirimo yo kuryubaka yamaze gutangira.