Abacuruzi bamaze umwaka bimuwe mu isoko ryo ku Kamonyi bakazanwa mu isoko ry’Ababikira b’ababernardine riri Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; barataka igihombo baterwa no kutabona abaguzi kuko iryo soko bimuriwemo riherereye inyuma y’amazu y’ubucuruzi kandi akaba nta cyapa imodoka zihagararaho kiri ku muhanda.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) gifatanyije na leta y’u Rwanda cyatangiye kubakira abakozi bafite ubushobozi buciriritse amazu 609, mu rwego rwo gufasha igihugu kugera ku cyerekezo cyihaye cyo gufasha abakorera mu Mujyi wa Kigali kubona aho gutura.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Abakoresha umuhanda uva mu Mujyi wa Kabarondo ujya muri Pariki y’Akagera bishimiye kuba ugiye gusanwa kuko wari warangiritse ku buryo watezaga ibibazo birimo no guhuhura bamwe mu barwayi bajyaga kwivuriza ku bitaro bya Rwinkwavu, nk’uko babivuze ubwo hatangizwaga imirimo yo gusana uwo muhanda tariki 24/02/2015.
Ubuyobozi bw‘Akarere ka Ngororero buvuga ko bwiyemeje kwishyuza ku ngufu abantu ku giti cyabo cyangwa amatsinda y’abantu yahawe inguzanyo muri VUP ariko ntibayakoreshe ibyo bayasabiye ndetse bamwe bakaba nta n’ibikorwa bayakozemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri ya 24 Gashyantare 2015, isoko ritangira kurema kabiri mu cyumweru, rikazajya rirema buri wa wa kabiri na buri wa Gatanu.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko umucuruzi ubereye u Rwanda ari umucuruzi ukunda igihugu cye, agakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi agatanga imisoro uko bikwiye ntawe ubimuhatiye.
Karuhije Alexis,w’imyaka 55 utuye mu murenge wa Kazo, Akagari ka Karama mu Karere ka Ngoma ngo kwegerezwa amashanyarazi mu cyaro byamufashije gukora umushinga wo gusharija batiri z’imodoka none ngo bimuhesha hafi miliyoni y’amafaranga ku mwaka.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Gatera James, arakangurira abantu b’amikoro atandukanye kugana banki bagasaba inguzanyo, kugira ngo barusheho gutera imbere kuko kugira inguzanyo ya banki ubwayo atari bibi.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri yisumbuye rwa Marie Rene (GS Marie Rene) ruherereye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro biga banakora imigati na Keke ngo kugira ngo amafaranga avamo abafashe mu myigire yabo.
Banki iharanira iterambere ya Urwego Opportunity Bank (UOB) yamaze gufungura ishami rishya mu karere ka RUbavu mu ntara y’Uburengerazuba, nyuma yo kubona ko abakiriya bari bamaze kwiyongera mu kugana agashami gato kari kahasanzwe.
Uruganda Mount Meru Soyco rukora amavuta mu gihingwa cya Soya mu karere ka Kayonza mu nata y’Iburasirazuba, rwatangiye kubona umusaruro wa Soya utuma rukomeza imirimo yarwo nyuma y’ubukangurambaga rwakoreye abaturage, ariko uracyasanga bo barishimira igiciro rubaguriraho umusaruro wabo.
Itsinda rya bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bo mu Gihugu cy’Ubudage bayobowe na Honorable Anita Schafer basuye Akarere ka Rulindo, ku wa kabiri tariki ya 17/02/2015, bagamije gusura ibikorwa by’amajyambere byatewe inkunga binyujijwe mu mushinga w’Abadage wa KFW.
Nyuma y’aho hafatiwe icyemezo ko Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) ari cyo gisoresha imisoro yeguriwe uturere, benshi mu bagomba kuyitanga ngo bakomeje kuyikwepa.
Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye n’Akarere ka Ngororero watangije gahunda yo kwigisha ingo abaturage bahabwa ubumenyi bw’ibanze ku gucunga imari, kwizigamira ndetse no gukorana n’amabanki mu bikorwa bibyara inyungu, mu rwego rwo kubafasha gucunga neza umutungo wabo.
Umusaza Mashukane Bernard utuye mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera, umaze imyaka irenga 50 adodesha icyarahani, avuga ko muri iki igihe umwuga w’ubudozi wakiza uwukora aramutse abishyizemo ubushake n’imbaraga.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko irimo gusaba umwenda wa miliyari 15 z’amafaranga y’u Rwanda azava ku banyamafaranga bagura impapuro mpeshwamwenda cyangwa impapuro z’agaciro (Bonds) ku isoko ry’imari n’imigabane; ikazayabishyura nyuma y’imyaka itatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo kugaruza amafaranga yagenewe abatishoboye bashyirwa muri gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program) yagiye afatwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze hamwe n’abifite bari bashinzwe kurebera abatishoboye.
Umucungamari w’Umwarimu SACCO Ishami rya Musanze, Uwankana Marie arasaba abarimu gusaba inguzanyo zo gushora mu mishinga ibyara inyungu kugira ngo bazayikureho amafaranga yo kubaka inzu, kuko inguzanyo yo kubaka inzu gusa ngo itera ubukene.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Aléxandre aratagaza ko bafite intego ko umwaka wa 2014-2015 uzasiga abaturage 23% bagezweho n’umuriro w’amashanyarazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, by’umwihariko abahinzi ba kawa, barishimira ko batazongera kujyana Kawa yabo gutunganyirizwa ahandi nko mu mujyi wa Kigali, kuko ubushobozi bamaze kububona mu murenge wabo.
Perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Kirehe, Rwagasana Ernest arasaba ubuyobozi bw’akarere gukoresha neza umutungo wa Leta bwirinda kuzongera guhamagarwa na komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite (PAC).
Abaturage bo mu midugudu irindwi mu midugudu 12 igize Akagari ka Ryankana, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, barishimira ibikorwa by’ubuhinzi bwabo bwabakuye ku dutadowa bakaba bacana amashanyarazi.
Abarema isoko rya Kijyambere rya Congo-Nil riherereye mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko babangamiwe n’ubwiherero bwuzuye, bagasaba akarere kububakira ubundi.
Umugore wo mu Mudugudu wa Burumba mu Kagari ka Burija mu Murenge wa Nyagatare utarifuje ko amazina ye atangazwa yikoreye ikigega cyo hasi mu butaka akoresheje amahema apfundikiza amabati kugira ngo hatajyamo umwanda.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba intore z’abajyanama mu bucuruzi gufasha abaturage mu guhanga imishinga myiza ibyara inyungu, kugira ngo begere amabanki abahe inguzanyo babashe kuzamuka mu bukungu batanga n’akazi ku bandi.
Mugihe mu mugi wa Kibungo hagaragara bamwe mu bagemura amata(abacunda) bavangamo amazi ngo abe menshi,abashumba baba bakamye inka baritana ba mwana n’abagemura aya mata ku wuvangamo amazi.
Urubyiuko rugera kuri 23 rwo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga nk’igishoro cyo gushyira mu bikorwa ibyo bize, nyuma y’uko bari barahawe amahugurwa y’igihe gito na Minisiteri y’Ubucuruizi n’Inganda, ku bijyanye n’ubumenyingiro no kwihangira imirimo.
Abacuruzi bo mu Karere ka Rusizi barasaba ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gukora ubuvugizi kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bubashe kunoga.