Bamwe mu bagore batishoboye bakora isuku n’isukura mu mujyi wa Nyanza baravuga ko bagiye kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri na Bonane by’umwaka wa 2014 batishimye kubera ko amezi abiri ashize badahembwa.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu basanga barageze kuri byinshi mu iterambere mu mwaka wa 2014 ugana ku musozo, kandi biteguye kubyongera kurutaho umwaka utaha bakarushaho gutera imbere.
Abayobozi basimburanye ku buyobozi bwa koperative COTMIN y’abatwara abantu n’ibintu kuri moto mu karere ka Nyagatare ntibavuga rumwe ku madeni angana n’amafaranga miliyoni zirindwi koperative ibereyemo abantu.
Nyuma y’amezi atatu barangije inyubako nshya z’ibitaro by’akarere ka Kirehe abaturage bagera ku 150 bazindukiye ku biro by’akarere kuri uyu wa 22/12/2014 bishyuza amafaranga yabo birangira batashye amaramasa.
Akarere ka Rusizi karasaba abaturage kujya kurega Rwiyemezamimo wabambuye mu butabera kugira ngo barenganurwe.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Gishubi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko bishimira kuba bajya mu bandi bakungurana ibitecyerezo byo kwiteza imbere, kuko kera bitashobokaga kuko nta mugore wari ufite ijambo.
Abagore bibumbiye muri Koperative “COVAMAYA Imirasire” y’ababoshyi b’uduseke ibarizwa mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera baratangaza ko kumenya gusoma no kwandika byatumye bongera umusaruro ukomoka mu bikorwa byabo kuko batakibura amasoko kandi mbere barayatakazaga.
Abaturage batuye Umurenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe cyane cyane urubyiruko barishimira ko nibabona amashanyarazi bizabakura mu bukene kuko bazihangira imirimo isaba ingufu z’amashanyarazi bityo bakagera ku iterambere.
Umuhinzi w’ibihumyo witwa Eularie Dusenge utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gahanga, avuga ko umurimo wo guhinga ibihumyo yiyemeje gukora kuva mu mwaka w’2010, umutunze kandi ukaba umuha amafaranga yenda kungana n’ay’umwarimu warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0).
Abagore bo mu murenge wa rukara mu karere ka Kayonza bihaye gahunda yo gufashanya gutura heza, ibyo bakaba babikora bareba bamwe muri bagenzi babo bafite inzu zatangiye gusaza bakajya kubaha umuganda wo kuzikurungira no kuzisubiriza.
Bamwe mu bayobozi ba SACCO zo mu karere ka Burera batangaza ko hari bamwe baka inguzanyo muri ibyo bigo by’imari bakingingirwa kuzishyura bamwe bo ngo bakanangira ntibazishyure kandi ngo bafite ubushobozi bwo kwishyura.
Abakozi bashinzwe amakoperative, iterambere n’ishoramari hamwe n’abanyamabanga bahoraho b’ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) bo mu turere tugize u Rwanda bakoreye urugendoshuri mu karere ka Ngororero baje kwigira kuri aka karere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera mu bikorwa by’iterambere.
Mu rwego rwo kwirinda guha icyuho abamamyi b’ibirayi, nta modoka yemerewe gupakira ibirayi nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuko hari aho byagaragaye ko abamamyi bananiza amakoperative yemerewe kugura umusaruro w’abaturage.
Ikigo gikora ubusesenguzi n’ubushakashatsi kuri gahunda za Leta mu Rwanda (IPAR), cyasabye Leta ko iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda rigomba kwita ku rwego rw’imari cyane ndetse no gufasha mu bikorwa by’ubushakatsi mu by’ubukungu.
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho ku kigereranyo cya 7,8% mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka dusoza wa 2014, ahanini biturutse ku iterambere rya serivisi zitangirwa mu Rwanda ndetse n’ubuhinzi bujyanye n’ibiribwa.
Umuhanda Base-Gicumbi-Rukomo-Nyagatare wari waravugishije benshi, wabonye inkunga ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) ingana n’amadolari y’Amerika miliyoni 74.4$ (Leta y’u Rwanda nayo ikazatangamo miliyoni 4.5 $) yo kuwubaka igice kimwe cyo kuva Base–Gicumbi-Rukomo, hareshya na kilometero 51.
Mu rwego rwo kurwanya ibidindiza iterambere ry’umujyi wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi, hafashwe ingamba ko abahawe ibibanza ntibabyubake babyamburwa bigahabwa abashoboye kubyubaka.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Gicumbi, Johnston Busingye arasaba abikorera n’abavuga rikumvikana bo mu Karere ka Gicumbi gukora bakiteza imbere bityo umujyi wa Byumba ukareka gusigara inyuma.
Abanyonzi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe cyane n’izamuka ry’ibiciro by’ibyuma by’amagare kuko ngo rituma badatera imbere.
Koperative BENINGANZO igizwe n’abasigajwe inyuma n’amateka bakora ibihangano bitandukanye mu ibumba ngo irimo guhomba nyuma yuko imashini bifashishaga mu gukora ibikoresho birimo n’amatasi, ndetse n’ibikoresho by’imitako ipfuye bigatuma abanyamuryango bagenda bayivamo gahoro gahoro.
Abahinzi bo mu Mirenge ya Mugesera, Sake na Rukumberi yo mu Karere ka Ngoma bibumbiye muri kompanyi bise “Sake Farm” itunganya amamesa ku buryo bugezweho bavuga ko ari umushinga wakinjiza cyane n’ubwo bagifite imbogamizi zo kubura umusaruro uhagije.
Igihugu cy’u Bwongereza cyongeye gutanga miliyoni 4.5 z’amapawundi (£) ahwanye n’amanyarwanda miliyari eshanu, kuwa gatanu tariki 12/12/2014, yo guteza imbere ibarurishamibare. Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize gitanze inkunga ya miliyari 36.3 RwF (amafaranga y’u Rwanda) yo guteza imbere ubuhinzi
Amafaranga agera kuri miliyoni 150 z’amadolari y’amerika agiye gushorwa mu kubaka imihanda yo mu byaro (feeder road) ireshya na kilomero 2500 mu turere tw’igihugu, izafasha abahinzi mu buhahirane ndetse no kugeza umusaro wabo ku masoko.
Abagore ibihumbi 3660 bo muri paruwase ya Byimana mu itorero pantekoti mu Rwanda (ADEPR) mu Karere ka Ruhango barishimira ibikorwa by’iterambere bamaze kwigezaho nyuma y’igihe gito babumbiwe mu matsinda abashishikariza kwiteza imbere, ubu mu ngo zabo bakaba bahagaze neza.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yakiriye inkunga ingana na miliyoni 16 z’amadolari ya Amerika ($), ahwanye n’amanyarwanda miliyari 11, yatanzwe n’igihugu cya Koreya y’epfo kuri uyu wa kabiri tariki 09/12/2014, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko mu bihe by’imvura bahura n’ibibazo by’imihanda bakabura uko bagenderana n’indi mirenge bahana imbibi, bityo ugasanga ubuhahirane burahagaze.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rulindo basanze bakwiye kwiteza imbere aho guhora bategeye amaboko abandi, bahitamo gukura amaboko mu mifuka kandi ubu bamaze gutera intambwe bagana ku iterambere.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke bihanangirijwe kurya umwenda wa rubanda mu bikorwa byose bakora mu karere cyane ibikenera amafaranga.
Ishami rya Polisi mpuzamahanga (Interpol) rikorera mu Rwanda rifatanije n’izindi nzego z’Igihugu bagaragaje ibicuruzwa binyuranye byafashwe kuko bicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura mu igurisha ry’imyaka yabo kubera iminzani idakora neza n’ingemeri (mironko cyangwa udusorori bifashisha bapima imyaka) nini by’abacuruzi.