Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko Banki y’Isi ariwe muterankunga uyoboye abandi mu gufasha u Rwanda kugera ku iterambere rirambye.
Nyuma y’imvura imaze iminsi igwa, amateme yo mu muhanda Ruhango-Kinazi yatangiye kwangirika ku buryo bibuza abawukoresha bari mu modoka kugenda.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) iratangaza ko iteganya ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2015/2016 uzarangira umubare w’Abanyarwanda bagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi uvuye kuri 23% ukagera kuri 40%.
Abaturage bakorana na Koperative yo kubitsa no kugurizanya (Sacco) mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza bavuga ko yababereye nk’ikiraro kibambutsa ubukene kibaganisha ku iterambere, kuko kuva batangiye gukorana na yo bagiye batera imbere ku buryo bugaragara.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu mazu yo mu isoko rikuru rya Byumba no ku mpande yaryo baravuga ko bagiye gufunga imiryango, nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufashe icyemezo cyo kuzamura imisoro bwabasabaga kuko bavuga ko idahwanye n’ibyo bacuruza.
Abafundi 250 bakora umwuga wo gusiga amarangi mu karere ka Rusizi bibumbiye muri sendika y’abakora ubwubatsi n’ububaji, ubukanishi n’ubukorikori (STECOMA) bahuguwe ku buryo banoza umwuga wo gusiga amarangi mu kazi kabo ka buri munsi n’ahandi akoreshwa, kuri uyu wa gatandatu tariki 9/5/2015.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abafatanyabikorwa bayo ko yungutse miliyari 5,3 amafaranga y’u Rwanda mu mezi atatu ya mbere ya 2015. Iyi nyungu ngo irenze kure iyabonetse mu gihembwe nk’iki umwaka ushize yanganaga na miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe n’uruganda rw’icyayi rwa Mata rwikubira amafaranga akagumamo imbere ntasohoke ngo agere no ku bandi bacuruzi.
Uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma na Kirehe two mu Ntara y’Uburasirazuba tumaze amasaha arenga 24 tutabona amashanyarazi.
Uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (PAM) mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika yo hagati, Valerie Guarnieri, yashimye uruhare abaturage bagira mu kwiteza imbere biciye mu mishinga ibafasha bakayibyaza umusaruro barwanya inzara n’ubukene.
Uruganda rukora Sima rwa CIMERWA rukorera i Rusizi mu Ntara y’Uburengerazuba rwamaze kwagura ibice byarwo bikora sima, ku buryo rugiye kuzajya rukora ikubye inshuro esheshatu iyo rwakoraga.
Umugabo witwa Ndayisenga François utuye mu Mudugudu wa Kivumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko ari mu bibazo by’akaga gakomeye bituruka ku mugabo yishingiye muri banki amwita inshuti magara ye, ariko yamara guhabwa inguzanyo akamutorokera mu gihugu cya Zambia.
U Rwanda ruratangaza ko ruzagurisha imifuka 14, 400 y’ikawa ku isosiyete y’abanyamerika icuruza ikawa ya Starbucks uyu mwaka wa 2015.
Ikigo mpuzamahanga cy’ivunjisha no kohererezanya amafaranga cyo muri Leta zunze ubumwe z’abarabu, UAE Exchange kivuga ko kigamije guteza imbere abacuruzi n’abandi bose bohererezanya amafaranga mu mahanga, ku giciro kibanogeye.
Rev. Past. Rwibasira Vincent wo mu Itorero Ryera Bethesida (Bethesda Holy Church) yanditse igitabo yise “Umukristo n’umusoro” kigaragaza ko abakirisito batitabira gahunda za Leta zirimo gutanga imisoro n’amahoro bahabanya no gushaka kw’Imana; ndetse bikaba byanabaviramo ingaruka z’ubukene no guta agakiza.
Dr Musafiri Papias, umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ryigisha ubucuruzi n’ubukungu (College of Business and Economics), aratangaza ko abashakashakashatsi bagomba kugira uruhare mu iterambere ry’ibihugu byabo, bakanagira uruhare mu iterambere ry’akarere batuyemo muri rusange.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rwamagana bibumbiye muri Koperative “Abishyize hamwe” basana inkweto bagakora n’ibindi bikorwa by’ubukorikori, batangaza ko gutinyuka bagahanga umurimo byatumye babasha kwibeshaho neza mu miryango yabo ndetse bagahamya ko umuntu ufite ubumuga na we ashobora gukora imirimo imuteza imbere.
Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Abakozi bashinzwe ibarurishamibare n’abashinzwe igenamigambi mu turere bavuga ko imibare yavuye mu ibarura ryakozwe mu w’2012 yakuyeho umuco wo gutekinika, kuko bakora ibikorwa bishingiye ku mibare y’ukuri.
Abagore 730 bacururizaga mu muhanda mu Mujyi wa Kigali biyemeje kuva mu muhanda bagakora ubucuruzi bw’umwuga.
Bamwe mu bacuruzi b’abagore bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umugore wumva afite ibitekerezo byo gucuruza adakwiye kubitinya, kuko abagore nabo bashobora gukora ubucuruzi kandi bukagenda neza.
Maga Kabera, umugore wo mu Kagari ka Barije mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare avuga ko yatangiye acuruza ijerekani imwe y’ubushera none ubu afite iduka ry’ibyuma by’imodoka rifite agaciro ka miliyoni 12.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka arasaba abanyarwanda by’umwihariko abikorera bo mu Karere ka Muhanga kugaragariza Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, icyo bazamufasha mu iterambere naramuka yemeye kongera kwiyamamariza indi Manda.
Abikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko mu kwaka inguzanyo mu ma banki hari bamwe bakwa ruswa kugira ngo amadosiye yabo yo kwaka inguzanyo yihutishwe.
Mu rugendo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Franҫois Kanimba yagiriye mu Karere ka Kirehe ku wa 24 Mata 2015 asura ahagiye kubakwa isoko mpuzamahanga ryambukiranya imipaka rya Rusumo, yavuze ko isoko rigiye kubakwa rizafasha abacuruzi barituriye kubonera ibicuruzwa hafi.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo, ruravuga ko mu myaka ibiri rutangije gahunda ya Saving Group, kuri ubu rumaze kwizigamira amafaranga akabakaba muri miliyoni 24.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwishimiye ko ibikorwa by’umuganda bikorwa buri mpera z’ukwezi bibarirwa agaciro gahanitse ariko ugasanga mu by’ukuri nta cyakozwe kigaragara ugereranyije n’ibyavuzwe.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.
Abikorera bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, ibi bikaba byagerwaho mu gihe barushaho kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.