Korora inkwavu ni umushinga utavuna kandi udasaba igishoro kinini

Kamaliza Florance, umworozi w’inkwavu wo mu Karere ka Kamonyi aravuga ko ubworozi bw’inkwavu butavuna kandi umuntu abukoze neza bwabashaka kumuteza imbere.

Uyu mugore umaze amezi atandatu yorora inkwavu avuga ko yatangiye umushinga afite inkwavu esheshatu ariko kuri ubu yoroye izisaga 60 kandi ngo hari n’izo yagurishije. Ubu bworozi ngo ntibusaba umwanya munini wo kubukoreramo cyangwa igishoro gihambaye.

Mu mpera z’ukwezi kwa gatanu, ni ho uyu Kamaliza yatangiye korora inkwavu, ahera ku mashashi 6 n’igisekurume kimwe yaguze amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10. Nyuma y’amezi atatu, ayo mashashi yarabyaye zihita zigera ku nkwavu 46.

Inkwavu ngo zororoka vuba kandi ntizisaba igishoro gihambaye.
Inkwavu ngo zororoka vuba kandi ntizisaba igishoro gihambaye.

Bitewe n’uko aho atuye ari hato, yahisemo gukora umushinga w’ubworozi bw’inkwavu kuko abantu babimugiragamo inama bagendeye ko ari umubyeyi uba wenyine udafite ikindi akora kandi hari ibyo akenera bisaba amafaranga. Ngo kuri ubu ahorana inkwavu nkuru agurisha amafaranga y’u Rwanda 2500 kuri rumwe.

Kamaliza avuga ko inkwavu ari amatungo atagorana kuko ubwatsi arya buboneka mu buryo bworoheje.

Aragira ati “ubwatsi inkwavu zirya ni kimari, inyabarasanya, rurira, n’ibindi. Ngo icyo umworozi agomba kwitaho ni ukugira isuku y’ahororerwa inkwavu no kwirinda ko zihura n’ubukonje”.

kamaliza ahorana inkwavu nkuru zo kugurisha.
kamaliza ahorana inkwavu nkuru zo kugurisha.

Muganga w’amatungo, Ntazinda Jean Nepomscene, na we ahamya ko korora inkwavu ari umushinga utagorana. Ngo umworozi agomba kuzigaburira ubwatsi budafite urume, bakazororera mu nzu iri mu kirere ndetse bakazirikana gusukura inzu yazo ngo hatazamo udushishi tukazirya.

Umworozi ategura aho urukwavu ruzajya rurira hitaruye icyarire. Ubundi akita ku kuzigaburira no kuziha amazi kugira ngo zororoke vuba. Ngo urukwavu rucutse rurya byibura amagarama 50 y’ibyatsi ku munsi, urugeze igihe cyo kwima rukarya amagarama 100, naho urwonsa rukarya amagarama 300 cyangwa 400, bitewe n’umubare w’utwana rwabyaye.

Umworozi witaye ku nkwavu ze uko bikwiye zamwungura vuba kuko zororoka cyane. Urukwavu rumwe rushobora kubyara inshuro eshatu mu mwaka kandi zibyara utwana hagati ya dutandatu n’icumi.

Marie Josée Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 48 )

ok murakoze ubwo izanjye nzajya nziha amazi

MUTUYIMANA VENUSTE yanditse ku itariki ya: 8-10-2019  →  Musubize

Mumbarize uwo mu mama uko wubakira inkwavu n’uko zinywa amazi kandi zizirana n’ibyatsi birimo urume mudushakire nomero ze izanjye ni 0787766715.

MUHIRE yanditse ku itariki ya: 12-07-2019  →  Musubize

nadusubiz zicuk ryar

Muhire Pacifique yanditse ku itariki ya: 4-07-2019  →  Musubize

0782292203
0722249940
Ubishaka kworora ikwavu
Cangwa izinyama yatutubwira
Ninama koyakworora

Mugiraneza rwamagana yanditse ku itariki ya: 6-08-2019  →  Musubize

natubwire igih zicukir nuko wazubakir murakoz

Muhire Pacifique yanditse ku itariki ya: 4-07-2019  →  Musubize

Nanjye natangiye ebyiri zabyaye utubwana 10 ahubwo zonsa igihe kinganaki?zibangurirwa ryari konabonye nyuma yiminsi ine rubyaye ruba rwarinze.kontabona uko nabona niba ari udupfizi cyangwa utunyagazi ari duto umuntu yabibona ate?ducuka ryari?

JUDITH yanditse ku itariki ya: 20-06-2019  →  Musubize

Rwose murakoze cyane kuko kutugezaho aya Nakuru biramfashije kuko narindi gutekereza gukora uyu mushinga. Ahubwo ikibazo ngifite ni ukumenya uburyo bwo kubaka ikiraro cyazo.Ese inkuru n’intoya kuzibanya ntakibazo? Amasekurume se ntashobora kwicana igihe Ababa!? Muzambwire.

Ndikumana Jean Paul yanditse ku itariki ya: 18-05-2019  →  Musubize

Ububworozi ni bwiza cyane rwose muduhe number ze tujye kumwigiraho birambuye.izanjye ni 0788805545

nNSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE yanditse ku itariki ya: 1-03-2019  →  Musubize

Ububworozi ni bwiza cyane rwose muduhe number ze tujye kumwigiraho birambuye.izanjye ni 0788805545

nNSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE yanditse ku itariki ya: 1-03-2019  →  Musubize

UBU BWOROZI NI BWIZA, MUZADUSHAKIRE NIMERO YE

Mukamana yanditse ku itariki ya: 29-11-2018  →  Musubize

Muraho? None ko mutubwiye uzoroye azirinda ibyatsi biriho urume kandi mukatubwira ngo zihabwa amazi yo kunywa!! ese ingaruka inkwavu zaterwa n,urume, ntizahura nazo zinyoye amazi?

MUTOKAMBALI Jean Philos yanditse ku itariki ya: 28-10-2018  →  Musubize

uyu mumama aranyubatse cyane ko nanjye shaka kuzorora mwabwira ibisabwa byose kugira umuntu atangire azorore mubwire

Joseph yanditse ku itariki ya: 15-09-2018  →  Musubize

Njye ndifuza contact zuwo mudamu ,kuko njye namaze kubaka aho nazororera bityo ndimo ndashaka aho nagura icyororo.
Mwadufasha

Dieudonne Maniraduha yanditse ku itariki ya: 23-08-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka