Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’umwana no guhesha agaciro cy’icyayi cy’u Rwanda mu mahanga, abafite uruhare mu guteza imbere uburezi bw’umwana barimo Abarimu, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ababyeyi, barasabwa gukura abana mu mirimo ivunanye barimo cyane cyane mu buhinzi bw’icyayi, abakoreshwa mu ngo ndetse (...)
Abakora ubuhinzi bw’umwuga bo mu Murenge wa Sake, Akarere ka Ngoma barishimira kwegerezwa imashini zifashishwa mu buhinzi ngo kuko zatumye batakirara ihinga kubera abakozi ba nyakabyizi bahingishaga amasuka, bityo bigatwara igihe kinini guhinga ubuso bunini.
Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, mu Mudugudu wa Nshuri, Akagari ka Gitengure mu Murenge wa Tabagwe hatangirijwe uburyo bwo kuhira imyaka imusozi hakoreshejwe ibyuma bizenguruka bimisha amazi ku bihingwa.
Intumwa ziturutse muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) zahagurukijwe n’ikibazo cy’imikoreshereze y’ifumbire mvaruganda mu Karere ka Nyanza maze zikorana inama n’abahinzi, abacuruza inyongeramusaruro n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa kugira ngo umusaruro ukomoka ku buhinzi urusheho kwiyongera.
Abagize koperative “Twiteze imbere Kitabi”, KOTEKI y’abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, barasaba iki kigo kubahemba amafaranga bamaze amezi agera ku munani bakorera ariko badahembwa kandi ngo bakeneye kwikenura no gutunga imiryango yabo.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Muhanga baranenga uburyo hari zimwe mu nyongeramusaruro zibageraho zipfunyitse mu buryo butujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko amatsinda ya twigire muhinzi adakora neza mu Karere ka Muhanga, mu gihe yagiyeho agamije gufasha kongera umusaruro.
Ibirayi byahinzwe mu gihembwe cy’ihinga cya 2015 B, mu Kagari ka Kagina ho mu Murenge wa Runda, byajemo uburwayi bubyumisha bitarera none abahinzi baribaza aho bazakura ibyo kwishyura imbuto.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) iravuga ko nyuma yo kubona ko hari uturere tutitabira gukoresha inyongeramusoruro uko bikwiye yiyemeje gufata ingamba zikomeye, kuko aho bitabiriye gukoresha inyongeramusaruro umusaruro wiyongereye ku buryo bugaragara.
Abahinzi b’ibigori bibumbiye mu mashyirahamwe atandukanye mu murenge wa Mutendeli,barataka igihombo ngo gikomeye batewe n’imungu yibasiye umusaruro wabo ukiri mu mirima no mu bwanikiro bigatuma ugabanuka.
Abahinzi b’imyumbati mu Karere ka Ruhango baravuga ko imbuto y’imyumbati yaturutse mu gihugu cya Uganda na yo yatangiye kurwara ndetse ngo uburwayi bwayo burenze ubw’iya mbere.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe ngo bakomeje kugaragaza ubushake buke bwo kwishyura miliyoni 94 z’ifumbire bahawe na Minisiteri y’ubuhinzi (MINAGRI) bitwaje ko ari impano ya Leta.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba, Jabo Paul arasaba abaturage gushyira umutima wabo ku buhinzi bwa Kawa bazikorera kandi bazisasira, ku buryo bishobora kubateza imbere ndetse bikaba byabatunga byonyine.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), ambasaderi George William Kayonga avuga ko kubarura ibiti bya Kawa biri mu gihugu bizateza imbere abahinzi bayo, ndetse n’igihugu muri rusange.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, irashishikariza abahinzi bo mu karere ka Gatsibo guhinga kinyamwuga bitabira gukoresha inyongeramusaruro. Iyi Minisiteri irabikora mu rwego rwo gusobanurira abahinzi amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amafumbire.
Abaturage bo mu Karere ka Kayonza barashishikarizwa gukoresha imisarane-mborera kuko yababera igisubizo ku mwanda kandi ikabaha ifumbire.
Bizimana Jean de Dieu wo mu Mudugudu wa Nyirakigugu, Akagari ka Nyirakigugu, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu amaze imyaka ibiri ahinze ibinyomoro none amafaranga yakuyemo ngo azayirihira kaminuza.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi b’ibirayi kongera umusaruro bakura kuri hegitari bifashishije inyongeramusaruro, kuko umusaruro babona ari muke ugereranyije n’uwo bakwiye kubona.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko cyagize uruhare mu guhashya inzara yatumaga abaturage bo bice bimwe na bimwe by’u Rwanda basuhukira mu tundi turere no mu bihugu bidukikije.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015 Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gerardine, yasuye Akarere ka Rutsiro ngo mu rwego rwo kureba uko gahunda y’igihembwe cy’ihinga Saison B 2015 kigeze maze anenga abayobozi bategera abaturage ngo babakangurire guhinga no korora kijyajyambere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara bahinga mu bishanga barahamya ko kuva batangira kubihingamo ubuzima bwabo bwahindutse bukaba bwiza cyane, kuko bavuga ko akenshi mu bishanga hava umusaruro mwinshi kuruta imusozi.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga icyayi bitewe n’inyungu bakibonamo ugereranije na mbere aho batari bafite ubumenyi buhagije, n’inyungu icyayi gishobora kuzanira umuturage.
Abaturage bahangayikishijwe n’udusimba turya imyaka yabo tuyihereye mu mizi n’imvura yaguye itinze ikaba na nkeya, bigatuma ntacyo bazabasha gusarura muri iki gihembwe cy’ihinga B.
Mu gihe umuhinzi asabwa gufumbiza ifumbire y’imborera n’ifumbire mvaruganda kugirango abashe kubona umusaruro mwinshi, bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Rutare bavuga ko kubona amafaranga yo kugura ifumbire ya “Nkunganire” bibagora bagahitamo gufumbiza ifumbire y’imborera gusa.
N’ubwo Abanyarwanda bamenyereye ko umumaro w’amasaka ari ugushigishwamo igikoma n’ikigage, agatanga imbetezi z’urwagwa ndetse n’umutsima wa rukacarara, ikigo cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyo cyasanze hashobora kuvamo na gato (gateau).
Abahinga umuceri mu gishanga cya Gashora mu Karere ka Bugesera barasaba ko bagira icyo bagenerwa nyuma y’uko imirimo yo gutunganya icyo gishanga yangije umuceri wabo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Rugendabari baragaya abahabwa inka muri gahunda ya girinka, bakarengaho bakazigurisha ubwabo cyangwa babifashijwemo n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Sosiyete sivile iriga k’uburyo umuturage yarushaho gusobanukirwa n’amaterasi y’indinganire, akamaro kayo n’uko yahindura imibereho ye bishingiye ku buhinzi ndetse n’imbogamizi zirimo zigashakirwa umuti.
Imiryango 123 y’Abanyarwanda batishoboye yatahutse kuva 2009 kugera 2015 mu mu Murenge wa Mudende kuri uyu wa 01Mata 2015 yashyikirijwe imbuto y’ibirayi ingana n’ibiro 9840, ibiro 1180 by’ifumbire ya NPK 17 17 17 ingana n’ibiro 1180, ibiro 99 by’umuti wica udukoko Mancozeb hamwe n’ibyuma bitera umuti mu myaka 21.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, Umunyamabanga wa Leta muri Minsiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi , Tony Nsanganira , yasabye abahinzi kudaha urwaho ababagurira umusaruro ku giciro gito.