Mu gihe byari byitezwe ko ikibazo abaturage bafitanye n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura kirangira burundu kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014, byarangiye abaturage batemeye imyanzuro yafashwe n’inzego zitandukanye.
Turikumwe Boniface utuye mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero atunzwe n’umushinga we wo guhinga ibihaza kuko ubu umuha amafaranga ibihumbi 45 ku cyumweru.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyabaranga, Akagari ka Ruhuha mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera baravuga ko batagitinya guhinga no mu bihe by’izuba kubera ko bamenye ibanga ryo kuvomerera imyaka.
Bamwe mu bakecuru n’abasaza batuye umurenge wa Kibungo mu kagari ka Mahango batangiye umushinga wo guhinga ibobere kugirango borore amagweja maze bajye babona ikibazanira amafaranga igihe intege zizaba zimaze kuba nke cyane.
Mukanduhura Philomene w’imyaka 56 utuye mu Kagari ka Rutonde, Umurenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo avuga ko yabashije gutera imbere binyuze mu buhinzi bw’urutoki.
Ibisigazwa by’ingano bita “ibiganagano” bigiye gukorwamo amatafari azakoreshwa mu bwubatsi bw’amagorofa maremare n’amazu aciriritse, ibyo bizajya bigurwa ku mafaranga hafi 30 ku kiro n’uruganda ruzabitunganya.
Abahinzi bahinga mu bishanga bya Base, Kiryango na Rutenderi mu karere ka Ruhango, barishimira imyaka 10 bamaze bakorana n’umushinga ESIRU (Establishing a System of Integrated Resource Utilization) wa Agro Action Allemande, kuko ubasigiye ubumenyi bwinshi mu kwita ku bishanga.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukama bafite amashyamba bavuga ko bahangayikishijwe n’uburwayi bw’udusimba turya inturusu.
Abahinzi bo mu Karere ka Gicumbi bavumbuye uburyo bushya bwo gushingirira ibishyimbo bakoresheje imigozi y’imigwegwe, mu gihe byari bimenyerewe ko hakoreshwa ibiti.
Abaturage bo mu kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bavuga ko nyuma yo kugezwaho gahunda ya Girinka, Ubudehe na VUP babashije korora amatungo magufi n’amaremare none ubutaka bwaho busigaye bugira umusaruro kubera ifumbire bakura muri ubwo bworozi.
Minisitiri w‘ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana aratangaza ko ikigo cy’Abashinwa gikorera mu kigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi (RAB) ishami rya Rubona kigiye kongererwa imyaka ibiri yo gukorana n’Abanyarwanda, kugira ngo ikoranabuhanga batangije ritazazima bamaze kwigendera.
Action Aid ifatanyije na FVA (Faith Victory Association) batangije umushinga wo kurwanya inzara mu ngo bateza imbere ubuhinzi bugamije kwihaza ku biribwa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare burasaba abajyanama b’ubuzima guhindura imyumvire y’abaturage bagatera ikirenge mu cyabo bakora ibikorwa bibateza imbere.
Umuhinzi mworozi witwa Mukwiye Froduard wo mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare yashinze ishuri ry’ubuhinzi iwe aho afasha abandi bahinzi abigisha guhinga mu buryo bwa kijyambere, akaba anafite intego yo kongera ibiribwa ku isoko kandi nawe akiteza imbere.
Mu gice cyemejwe nk’umujyi wa Kamonyi no mu midugudu yagenewe kubakwamo, hagaragara inyubako ziyongera umunsi ku munsi. N’ubwo abagurisha ibibanza byo kubaka bishimira ko bahabwa amafaranga, hari abagaragaza impungenge z’uko amazu ari kubakwa abatwara umwanya wo guhinga.
Bamwe mu bahinzi b’ibijumba by’umuhondo bikungahaye kuri Vitamini A bo mu Karere ka Rulindo baratangaza ko ubu buhinzi bumaze kubageza kuri byinshi mu rwego rw’imibereho myiza n’iterambere mu bukungu bw’ingo zabo.
Abagenerwabikorwa b’umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), ubinyujije mu mushinga wa PROFADEL (Programme de francophonie d’appui au développement local) baravuga ko inkunga n’ubumenyi bahawe byagize uruhare mu iterambere ryabo.
Abaturage bo mu kagari ka Bihari mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baravuga ko igikorwa cyo gucukura imirwanyasuri mu masambu; bakitezeho kubongerera umusaruro, dore ko ngo batagiraga umusaruro mwiza biturutse ku isuri yatwaraga ibihingwa mu mirima.
Abanyeshuri n’abayobozi mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi (INATEK) ishami rya Rulindo batangiye umwaka mushya w’amashuri 2014-2015 bafasha bamwe mu baturage batishoboye batuye mu kagari ka Gasiza iri shuri riherereyemo baboroza ku nsina za kijyambere.
Nkwakuzi Ignas, umuhinzi mworozi utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko yinjiza miliyoni zirenga eshanu mu mwaka yahembye abakozi yitaye no k’umuryango we azikuye mu rutoki rwe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma buributsa abahinzi ko bagomba kuvuza ibihingwa byabo indwara zinyuranye kugira ngo babashe kongera umusaruro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe barishimira uburyo ubuhinzi butangiye kugenda neza babikesha umushinga wo kuhira imyaka baterwa mo inkunga na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), nyuma y’igihe kinini abaturage bahura n’ikibazo cy’izuba rikaba nyirabayazana w’inzara yakunze kubibasira.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rutunganya Kawa rwagabiye abahinzi baruzanira Kawa, inka, ibikoresho ndetse n’agahimbazamusyi k’amafaranga, mu rwego rwo gusangiza abahinzi ba kawa ku nyungu babonye mu ikawa babaguriye bakayitunganya hanyuma bakayijyana ku isoko mpuzamahanga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko imbuto y’imyumbati bahawe yaje mu mirenge imwe n’imwe naho ikaba nke ku buryo hari imirenge itageze mo, kandi ngo bari bateguye intabire zo guhingamo none zibereye aho.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu bavuga ko igiciro bahabwa kitabateza imbere ahubwo kibasubiza inyuma bitewe n’ibyo baba batanze ku buhinzi bw’ibirayi.
Kubera kutabona umusaruro wa Soya uhagije, ubuyobozi bw’uruganda rwa SOYCO buravuga ko umusaruro ugezwa ku ruganda uturutse i Kirehe ukiri muke, ibyo bigatuma uruganda bagenewe mu kubafasha mu buhinzi rudakora neza uko bikwiye.
Nk’uko byagaragajwe mu nama yahuje abahinzi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, ku wa kane tariki ya 21/10/2014, akajagari kagaragara mu gishanga cya Rwansamira giherereye mu nkengero z’umujyi wa Muhanga niko gatuma umusaruro uba mukeya.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu murenge wa rugarama mu karere ka Gatsibo, bemeza ko nyuma y’aho batangiye gukoresha ifumbire ya Ire mu buhinzi bwabo, umusaruro ugenda wiyongera ku buryo bushimishije.
Umushinga wa Irrigation and Mechanization ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ukomeje kwegera abaturage mu kubakangurira gahunda yo kwitabira gukoresha imashini zihinga, muri gahunda ya leta yo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi.
Abahinzi bo mu karere ka Ngoma bavuga ko biteze umusaruro mwiza ugereranije n’igihembwe cy’ihinga gishize cyaranzwe n’imvura nke bigatuma bateza neza.