Karani Jean Damascene, umworozi wo muri Nyagatare avuga ko nyuma yo gupfusha inka 24 zizize amapfa, byamusigiye isomo rikomeye.
Gahunda ya “Gira Inka” munyanyarwanda yashyizwe mu biganza by’imiryango itandatu ya sosiyete sivile ikazafatanya n’ubuyobozi bw’imirenge n’utugari kuyicunga.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baravuga ko umuti barimo gutererwa mu mirima urimo kubafasha guhangana n’icyonnyi cya Nkongwa cyibasiye ibinyampeke.
Aborozi b’Iburasirazuba barataka igihombo baterwa n’abamamyi bagura amata yabo, kubera kutagira amakusanyurizo ahagije bayagemuraho.
Abahinzi b’ibigori bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori bahinze izatuma umusaruro ugabanuka bakagwa mu gihombo.
Prof. Elias Bizuru, umushakashatsi n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) araburira abahinzi bahinga mu bishanga kwitondera amazi bakoresha buhira imyaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirahamagarira abahinzi kuba maso kandi bagatanga amakuru ku cyonnyi cya nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi baravuga ko umusaruro wabo ukomeje kwiyongera uko bagenda batunganya igishanga n’inkengero zacyo.
Abaturage bo mu Murenge wa Kitabi muri Nyamagabe bifuza ko aho batuye hakwitwa “Kicyayi” kuko hasigaye hera icyayi aho kwera itabi.
Abahinzi bo muri Rulindo batangaza ko imihanda mishya yatashywe izabafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko kuko mbere wabapfiraga ubusa kubera imihanda mibi.
Abaturage bibumbiye muri Koperative COOPRIKI bahinga umuceri mu gishanga cya cyunuzi kitandukanya Akarere ka Kirehe na Ngoma, bararira ayo kwarika nyuma yuko imvura yangije umuceri wabo uhinze k’ubuso bwa hegitari 400.
Ikigo cyitwa “Aqua” gikomoka mu gihugu cya Danemark, kigiye gukemura ikibazo cy’ibura ry’ibiryo by’amafi, cyatumaga umusaruro wayo uba muke.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo ahakorerwa ubuhinzi bwa Stevia, bahamya ko uyu mushinga wabarinze ubushomeri bibafasha kwiteza imbere.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) irizeza abahinzi ko mu gihe kitarenze imyaka itatu nta muhinzi uzongera kubura ifumbire cyangwa imbuto z’indobanure.
Mu minsi ishize abahinzi b’ibigori b’i Rusizi binubira imbuto bahawe yanze kwera, none "tubura" yayitanze yemeye kubishyura indi ihwanye na miliyoni 16 RWf.
Aborozi b’ingurube babigize umwuga bashyizeho ihuriro bazajya banyuzamo ibitekerezo, kugira ngo ibibazo biri mu kazi kabo bibe byabonerwa ibisubizo.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko ubwitabire bw’urubyiruko mu bikorwa by’ubuhinzi bukiri hasi.
Abahinzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibigori bahawe itinda kwera, ikanatanga umusaruro muke.
Abajyanama b’ubuhinzi mu Karere ka Kamonyi barerekerwa uburyo bwa kijyambere bwo guhinga igihingwa runaka hifashishijwe umurima-shuri, nabo bakabigeza ku bandi bahinzi.
Dr Niyibizi Clet ufite umushinga w’ubuhinzi bw’imbuto, soya n’urutoki mu Karere ka Kamonyi, yeretse abahinzi ko guhangana n’imihindagurikire y’ikirere bishoboka.
Ndayambaje Venuste utuye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, avuga ko 60,000 Frw yahawe mu Budehe, yamufashije kwikura mu bukene bukabije yabagamo.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi gihuza Kirehe na Ngoma batangaza ko basigaye babona umusaruro mwinshi nyuma yo kureka guhinga mu kajagari.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), yabonye umufatanyabikorwa ufite ikoranabuhanga rihuza abahinzi n’izindi serivisi zibaha amakuru atandukanye, harimo n’atangwa n’ikigo NASA cy’Abanyamerika.
Abahinga ibishanga mu karere ka Ngoma bavuga ko kureka ubuhinzi bw’akajagari bagahinga umuceri, bigenda bihindura imibereho yabo aho bahoraga bataka inzara.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe batangaza ko batewe n’icyorezo cy’amasazi yibasira inka zabo, bigatuma zitarisha bityo umukamo w’amata ukagabanuka.
Abahinzi bo mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, baravuga ko bugarijwe n’amapfa kubera ko imvura yabuze imyaka ikuma.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe bibasiwe n’indwara yafashe urubingo bagaburiraga amatungo yabo, bigatuma asigaye yicwa n’inzara.
Abahinzi-borozi bifuza ko imiryango n’ibigo bitandukanye bibafasha mu buhinzi byahuza inyigisho bitanga kuko ngo hari ubwo binyuranya bikagora umuhinzi.
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo batungwe n’umusaruro w’igihembwe cya mbere cy’ihinga cya 2016/2017 uzaba ari mwiza, bitandukanye n’uko babitekerezaga.
Abagize Koperative Kopakaki dutegure ihinga Kawa mu Karere ka Karongi bishimiye kuba batazongera kuratirwa uburyohe bwa Kawa bezaga bakayohereza hanze batazi uko imera.