Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yikomye Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International), ishami rya Afurika y’Iburasirazuba, ku byo uvuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda.
Leta y’u Rwanda yishimiye itegeko riherutse kwemezwa na Afurika y’Epfo, ribuza abahahungiye kujya mu bikorwa bya politiki.
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite ishoje umwaka wa 2019 yiyubakiye byinshi izibukirwaho. Iyo Nteko ya kane yatangiye imirimo yayo tariki ya 05 Ukwakira 2018, aho yakomeje imirimo yo gucukumbura amategeko n’ibyo ateganya mu mwaka wa 2019.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney aratangaza ko nta Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wo muri iyi ntara uzongera gukurwa mu murenge yayoboraga ngo yoherezwe kuyobora uwundi.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame atangaza ko uko byamera kose u Rwanda na Uganda, buri gihugu cyifuza amahoro, kugira ngo buri kimwe kibashe kugira ibyo gikora bikireba.
Mu mwaka wa 2019, hari byinshi byabaye byerekeranye n’iterambere ry’umubano w’u Rwanda n’amahanga. Kigali Today yabakusanyirije bimwe mu bihe by’ingenzi byaranze umwaka wa 2019 mu bubanyi n’amahanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 29 Ukuboza 2019, yakiriye Ambasaderi Adonia Ayebare, intumwa yihariye ya Perezida wa Uganda, Yoweli Museveni.
2019 irarangiye. Umwaka mushya muhire wa 2020. Umwaka wa 2019, ni umwaka wakozwemo byinshi muri politiki y’u Rwanda.Bimwe muri byo bikubiye muri iyi nkuru.
Kuva ku itariki ya 19 kugera ku ya 20 Ukuboza 2019, i Kigali muri Convention Centre, hateraniye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17. Iyi nama yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, itangizwa n’ijambo ageza ku Banyarwanda buri mwaka, agaragaza uko Igihugu gihagaze (State of the Nation).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abagore kongera umuvuduko w’ubwiyongere mu myanya ifata ibyemezo kugira ngo bazavemo umusimbura ku mwanya w’Ubuyobozi bw’Igihugu.
Leta ya Qatar yemeje amasezerano yasinyiwe mu Rwanda hagati y’ibihugu byombi, agamije imikoranire mu bijyanye n’ubukerarugendo, siporo n’ibindi mu rwego rwo gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.
Umuryango w’Abibumbye washyize Abanyarwandakazi babiri mu myanya ikomeye ku rwego mpuzamahanga, akazi bazatangira gukora guhera muri 2020 na 2021.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, mu ijambo yavugiye i Kampala ku wa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019, yagaragaje ikibazo cy’Abanyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri Uganda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yaraye ageze i Doha muri Qatar aho yitabiriye inama yiga ku miyoborere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko icyo gihugu gikwiye kureka gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda.
Intumwa z’u Rwanda zirangajwe imbere na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, zageze muri Uganda aho zitabiriye ibiganiro bihuza u Rwanda na Uganda, ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ikubiye mu masezerano ya Luanda muri Angola.
Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda ishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda irateganya kongera guhura kuri uyu wa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 mu biganiro bibera i Kampala muri Uganda.
Uwanyirigira Marie Chantal w’imyaka 38 y’amavuko, watorewe kuyobora akarere ka Burera kuwa gatanu tariki 6 Ukuboza 2019, atangaza ko atari yarigeze atekereza ko yaba umuyobozi ku rwego rwo kuyobora akarere.
Depite Edda Mukabagwiza ukuriye abadepite b’Abanyarwanda bari mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika Karayibe na Pasifike (Afrique Caraïbe et Pacifique-ACP), ahamya ko kuba u Rwanda ruri muri uwo muryango ari ingenzi, kuko urufasha kubona ubushobozi bwo gukora imishinga y’iterambere.
Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC) yari iteganyijwe tariki 18/11/ 2019 yimuriwe umwaka utaha wa 2020, mu kwezi kwa Mutarama cyangwa Gashyantare.
Abahagarariye ibihugu byabo 12, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, bashyikirije ibyangombwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, yahawe umukoro wo kwita ku gishushanyo mbonera cy’ahubatse sitade Amahoro, hagahinduka igice cy’imikino inyuranye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya, bitaba ibyo bakazabiryozwa ku kiguzi kiri hejuru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aremeza ko ibyo u Rwanda rushinjwa byo kuneka ibindi bihugu cyangwa abaregwa guhungabanya umutekano warwo ari ukuri.
Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru.
Ubwo Perezida Kagame yakoraga impinduka muri Guverinoma ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 04 Ugushyingo 2019, hirya no hino abantu batangiye kuzikoraho ubusesenguzi, cyane cyane banyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Ku wa mbere tariki 04 Ugushyingo 2019, nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi mu myanya y’ubuyobozi itandukanye, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Perezida wa Singapore Halimah Yacob yatangaje ko indangagaciro u Rwanda ruhuriyeho n’igihugu cye zo kuzamura ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage ari zo zikomeje umubano mwiza w’ibihugu byombi.
Ukwezi kw’imiyoborere ku rwego rw’igihugu kwatangirijwe mu Karere ka Musanze ku wa kabiri tariki 29 Ukwakira 2019. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo ba Guverineri bose b’Intara z’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, witabirwa kandi n’Umuyobozi wungirije w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere(RGB).
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) riravuga ko hari ibihugu by’i Burayi byemeye kwakira bamwe mu mpunzi z’Abanyafurika zimaze igihe zigerageza kujya i Burayi.