Dr. Hideaki Shinoda, Umwalimu muri Kaminuza ya Tokyo mu Buyapani (Tokyo University of Foreign Studies) kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019 yatanze ikiganiro muri Kaminuza y’u Rwanda.
Ibi ni bimwe mu bikomeje kumenyekana, nyuma y’uruzinduko Charlotte Mukankusi ushinzwe dipolomasi muri RNC (ari wo mutwe urwanya u Rwanda ukorera cyane muri Uganda), yagiriye muri Uganda hagati ya tariki 01 n’iya 06 Werurwe 2019, akagirana ibiganiro bigamije kunoza imikoranire na Perezida Museveni wa Uganda ubugira kabiri.
Itsinda ry’ abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Canada riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine kuva kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, ryemereye u Rwanda ubufatanye mu gukurikirana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo batabwe muri yombi.
Itangazo rishyizwe hanze na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, riravuga ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze na leta ya Uganda, harimo iryasohotse kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, arimo ukwirengagiza no guca k’uruhande ibibazo nyamukuru bikwiye kuba bishakirwa ibisubizo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, yavuze ko u Rwanda rwatumiye Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25.
Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arasura u Rwanda ku butumire bwa Perezida Kagame, akazaba yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye muri Afurika izwi nka ‘African CEOs’ izatangira tariki 26 Werurwe 2019.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, aravuga ko abatekereje ko Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yagenzwaga no guhuza u Rwanda na Uganda bibeshya kuko atari umuhuza muri kibazo hagati y’ibihugu byombi.
Urakoze cyane muvandimwe, urakoze kandi ku bw’aya mahirwe ngo ngire icyo mbwira aba bantu beza.
Mu ruzinduko rutamenyekanye cyane Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta ari kugirira mu Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019 yahuriye na Perezida Kagame mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, aboneraho no gusuhuza abitabiriye umwiherero.
Perezida Kagame yasobanuye neza ipfundo ry’ibibazo Abanyarwanda bakomeje guhura nabyo muri Uganda, yerekana ko bituruka ahanini ku mikoranire hagati y’umutwe ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda RNC na Uganda.
Mu ruzinduko mu gihugu cya Tanzania, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yaganiriye na Mugenzi we Perezida John Pombe Magufuli ku ngingo zitandukanye zirimo ubucuruzi, ubuhahirane na politiki.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019, ubwo u Rwanda ruzaba rwunamira ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa kane tariki 07 Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’umuryango wa Afurika y’ Iburasirazuba (EAC), yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera, yibukije Abanyarwanda ko nubwo Uganda itava ku izima atari cyo gihugu kibagenera uko babaho.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05 Werurwe 2019, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma Dr Richard Sezibera, yahakanye ibyavuzwe na bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda ko haba hari ingabo z’u Rwanda zashyizwe ku mupaka n’icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yifurije intsinzi nziza perezida wa Senegal Macky Sall wongere gutorerwa kuyobora iki gihugu ndetse na Perezida Muhammadu Buhari Perezida wa Nigeria nawe wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame yambitswe umudari uhabwa umuyobozi w’ikirenga ’Grand Croix de l’Etalon’, mu ruzinduko arimo ku butumire bwa mugenzi we perezida wa Burkina Faso.
Hari abaturage bakunze kumvikana bakoresha imvugo igira iti ‘Duheruka tubatora’ bashaka kumvikanisha ko hari abo batora mu nzego zitandukanye ngo bababere intumwa nyamara ntibongere kubabona uko babakeneye ngo babatume, cyangwa se bagerayo ntibibuke gukora uko bikwiye inshingano zabajyanyeyo cyane cyane z’ubuvugizi.
Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Hon. Dr. Frank Habineza, aratangaza ko kuva iri shyaka ryabona imyanya mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, abarwanashyaka baryo ku nzego z’ibanze batongeye guhutazwa nk’uko byabagaho mbere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko kuba hari abanyamahanga basura u Rwanda inshuro nyinshi bikurikiranya, ari uko baba baruhoza ku mutima n’abaturage barwo.
Ba Ambasaderi 13 bashya bagejeje kuri Perezida wa Repuburika Paul Kagame impapuro zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame agiye kuyobora Umuryango wa EAC uhuza ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika, mu gihe havugwa umubano utameze neza hagati y’u Rwanda n’ibihugu bya Uganda n’u Burundi.
Umuryango Panafrican Movement (PAM)uharanira ukwigira kwa Afurika urasaba Abanyarwanda kudacibwa intege no kuba ibindi bihugu bitagaragaza umuvuduko nk’u Rwanda mu kwigobotora imyumvire ya gikoloni, ahubwo bagakomeza kuba intangarugero kugira ngo n’ibindi bihugu bibarebereho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko kimwe mu byatumye ubwiyunge bushoboka mu Banyarwanda, ari ukuba abantu baranyuze mu biruhije harimo no kuba mu nkambi z’impunzi.
Perezida Kagame ari muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu mujyi wa Dubai, aho ari buvuge ijambo mu nama ya karindwi ihuza guverinoma zo ku isi yose, inama igamije gushyiraho umurongo w’ahazaza ha za guverinoma mu isi, bibanda cyane ku buryo ikoranabuhanga no guhanga udushya byagira uruhare mu kubonera ibisubizo bimwe mu bibazo (…)
Perezida Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika ucyuye igihe, yashimiye abanyafurika ndetse n’abayobozi ba Afurika amaze umwaka ayoboye nk’ umuyobozi w’ Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi umuyobozi mushya w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ari we Abdel Fattah el-Sisi, usanzwe ari perezida wa Misiri. Yamwizeje ubufatanye, yongeraho ko yizeye ko umuyobozi mushya azakomeza kuyobora Afurika mu nzira igana aheza.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 wamuritse ishusho y’umwami w’abami (Emperor), Haile Selassie I, yubatswe ku cyicaro cy’uwo muryango i Addis Ababa muri Etiyopiya.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019, i Addis Ababa muri Etiyopiya, perezida Kagame yayoboye inama yabereye mu muhezo, muri gahunda y’inama y’inteko rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.