Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aremeza ko uruhare rw’abikorera ari nyamukuru mu migambi igamije iterambere ry’ibihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron n’abandi bayobozi batandukanye b’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7) kubera umwanya n’ijambo bahaye abayobozi bo ku mugabane wa Afurika kugira ngo bungurane ibitekerezo muri iyo nama ihuza ibihugu birindwi bikize ku isi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze mu Mujyi wa Biarritz mu Bufaransa kuri iki cyumweru tariki 25 Kanama 2019 mu nama y’ibihugu birindwi bikize ku Isi (G7).
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko umukozi utanga serivise mbi adakwiye guhabwa umushahara kuko ari igihembo cy’uwakoze neza.
Inama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa gatatu tariki 21 Kanama 2019 yasojwe abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda bumvikanye kongera kunoza umubano w’ibihugu byombi ku bw’inyungu z’abaturage n’inyungu z’ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’inyungu z’ibindi bihugu byo mu karere muri rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Luanda mu murwa mukuru wa Angola aho hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu mu karere bagiye kuganira ku mutekano n’imibanire nk’uko urubuga rwa twitter rwa perezidansi y’u Rwanda rwabitangaje.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaya abanenga iterambere ry’u Rwanda bashingiye ku makuru babwiwe gusa n’ayo basomye kuri Internet, agasobanura ko iterambere ry’u Rwanda ritari mu mibare gusa ahubwo ko rigaragarira no mu byo Abanyarwanda bamaze kwigezaho kandi buri wese yabasha kugenzura akabibona.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2019, bagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Namibia.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGM) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi bashyizeho amafaranga yishyuzwa Abanyarwanda bajya gukorera i Goma.
Perezida Kagame yasabye ko mu mihigo y’umwaka wa 2019-2020, ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage byitabwaho ku buryo buhagije kuko hari bimwe ngo bitahawe umwanya uhagije, ibyo bikaba byatumye iyo mihigo idasinywa.
Muri iyi minsi uturere twose twiteguye kumenya ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo twasinyanye na Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2018-2019, ndetse no kongera gusinyana na we indi mihigo yo mu mwaka wa 2019-2020.
Ubuyobozi bw’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo rwakuyeho utwangombwa tw’udupapuro twatangwaga ku mupaka tuzwi nka ‘Jeton’ twahabwaga abakoresha indangamuntu ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi.
Ubwo urubyiruko rurenga 600 rwasozaga itorero Indangamirwa rya 12 kuri uyu wa kane tariki 08 Kanama 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye uru rubyiruko kwiga Ikinyarwanda kuko ari imwe mu nkingi z’Umuco Nyarwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’ikigo nyafurika cy’Intego z’iterambere rirambye (SDGs) yageze i Rusaka muri Zambia.
Mu gikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Leta ya Mozambique n’umutwe RENAMO, Perezida Paul Kagame yashimiye Abanya-Mozambique intambwe nziza bateye, aboneraho kubibutsa ko bo ubwabo ari bo bazahitamo ubumwe bakanabusigasira.
Mu nama arimo mu gihugu cya Nigeria, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabwiye ba rwiyemezamirimo barenga 5,000 ko ibyo u Rwanda rugenda rugeraho nyuma y’imyaka 25 rusohotse muri Jenoside ari imbaraga zivomwa ahabi hatashoboraga kurengwa ndetse no gufata icyemezo cyo kujya imbere nk’igihugu.
Sena y’u Rwanda, kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019 yemeje ba Ambasaderi icumi bashya bagiye guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga.
Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2019 Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza Charles Philip Arthur George, ku birebana n’aho imyiteguro y’inama y’ibihugu bigize Commonwealth igeze, inama izabera mu Rwanda mu 2020.
N’ubwo Umutwe w’Abadepite w’Inteko Ishinga amategeko ku wa 22 Nyakanga 2019 wemeje Umushinga w’Itegeko rigenga amatora, abadepite babiri muri 59 banze kuwemeza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko WASAC irimo gushaka imashini zizatunganya ifumbire mu mwanda kuko izihari zidakora nyamara WASAC yo ikavuga ko izihari zikora habuze amazi.
Uturere twose kuri ubu turitegura kumurikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kwezi gutaha kwa Kanama, uburyo twesheje imihigo y’umwaka wa 2018/2019.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) iramagana ibirego bya Diane Rwigara utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, ikavuga ko abarokotse Jenoside bazi kandi bashima ibyo bagejejweho na Leta y’u Rwanda mu myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, bakaba bagiranye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye na politike.
Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi yari arimo ku mugoroba wo ku wa 27 Kamena 2019, hamwe na Madame Jeannette Kagame muri Botswana, yagaragaje ko ibihugu byombi bisangiye intego yo guharanira iterambere ry’imibereho y’abaturage.
Perezida wa Botswana Dr. Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi na Madamu Neo Masisi, kuri uyu wa kane 27 Kamena 2019, bakiriye mu murwa mukuru Gaborone Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri bagiriye muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko nta buryo na bumwe abona bwateza intambara hagati y’u Rwanda na Uganda. Yabivuze mu rwego rwo gusubiza abari bamaze iminsi bahwihwisa ko hari umwuka w’intambara ututumba hagati y’u Rwanda na Uganda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko afite icyizere mu isoko rusange rya Afurika rizagira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.
Ruhamyambuga Olivier wari umukozi ushinzwe igenamigambi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ni we ubaye Umunyabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu umwanya asimbuyeho Nsabimana Sylvain wasezeye muri Nzeri 2018.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 10 Kamena 2019 yageze i Libreville, mu murwa mukuru wa Gabon aho biteganyijwe ko agirana ibiganiro na perezida w’icyo gihugu Ali Bongo Ondimba mu ngoro y’umukuru w’icyo gihugu izwi nka Palais de la renovation.
Madamu Jeannette Kagame yaraye yakiriye ku meza mugenzi we Denise Nyakeru Tshisekedi, Madamu wa perezida wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.