Guhura kwa Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara n’uwo yasimbuye Laurent Gbagbo ni igikorwa cy’amateka cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nyakanga 2021 nyuma y’imyaka ibarirwa mu icumi abo bagabo bombi baranzwe no guhangana gukomeye badahura imbona nkubone.
														
													
													Akenshi dukunze kumva bavuga ngo uwahohotewe ni agane ikigo ‘Isange One Stop Center’ kimufashe, icyo kigo gifasha abahuye n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose, ndetse no mu kubona ibimenyetso byifashishwa mu gihe bibaye ngombwa ko hakorwa inyandiko ijyanwa mu rukiko.
														
													
													Raporo nshya yakozwe n’Umuryango nterankunga, Oxfam, ivuga ko abantu 11 ku isi bapfa buri munota bishwe n’inzara, ndetse inagaragaza ko umubare w’abafite ibibazo by’inzara ku isi wiyongereyeho inshuro esheshatu (6) mu mwaka ushize.
														
													
													Ku wa Gatatu tariki 7 Nyakanga 2021, Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakiriye ikirego kivugwamo umugabo witwa Habyarimana Viateur wishe umugore we w’imyaka 35 amuteye icyuma.
														
													
													Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, igihugu cya Sudan y’Epfo kirizihiza isabukuru y’imyaka icumi (10) kibonye ubwigenge.
														
													
													Mu gitondo cyo ku itariki 14 Kamena 2021 ni bwo hamenyekanye inkuru y’umusore n’inkumi basanze biyahuye bazirikanye agashumi bari ku nkombe z’urugomero rw’amashanyarazi mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero.
														
													
													Ku Cyumweru tariki 13 Kamena 2021 ubwo Nyiricyubahiro Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza yatangizaga umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994, aho banashyinguye mu cyubahiro imiri 8,660 y’Abatutsi baguye ku Mubuga, yavuze ko kwibuka bifasha gusubiza icyubahiro abavukijwe ubuzima (…)
														
													
													Abantu benshi bagira imitekerereze inyuranye ku mibereho y’inzuki, ndetse bamwe bakibwira ko ari udusimba tugira ubugome. Nyamara ubuzima bw’inzuki buratangaje kandi burangwa n’imwe mu mico yo kubaha inzuki z’ingore kuko ingore ari zo zivamo umwamikazi (urwiru).
														
													
													Muri Afurika y’Epfo haravugwa inkuru y’umugore wibarutse abana 10 inshuro imwe, aca agahigo ko kubyara abana benshi icyarimwe mu mateka y’isi nyuma y’uwitwa Halima Cisse wabyaye abana icyenda muri Maroc muri Gicurasi.
														
													
													Nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, cyabaye ku ya 6 Kamena 2021, abafatanyabikorwa batandukanye bari barishyize hamwe bubakira inzu umubyeyi Meya Sengarama, bahise bamushyikiriza imfunguzo zayo arayitaha, abashimira byimazeyo kubera (…)
														
													
													Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge habaye igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa kiba buri tariki 6 Kamena.
														
													
													Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabanda, Akagari ka Nyakabanda II, Umudugudu wa Kariyeri ho mu Karere ka Nyarugenge bamaze iminsi bashakisha umuti w’ikibazo cy’umuturanyi wabo, akaba ari Umunyarwandakazi ariko bavuga ko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.
														
													
													Urwego rw’igihugu rw’iterambere RDB rwahaye icyangombwa umuhanzi Mr Eazi, cyo gufungura sosiyete y’ubucuruzi mu Rwanda.
														
													
													Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kamena 2021, yatangaje amabwiriza agenga imihango y’ubukwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
														
													
													Mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Rugarama mu Mudugudu wa Riba hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’umwanda batezwa n’ingaruka z’abanywa inzoga zitemewe, bakavuga ko umutekano muke bafite bawuterwa n’abanywa izo nzoga.
														
													
													Mu ijoro ryakeye ahagana saa munani mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge Kimisagara , Akagari ka Katabaro mu Mudugudu w’ubusabane hamenyekanye urupfu rw’umugore wari utwite inda y’amezi atandatu.
														
													
													Amategeko avuga ko umwana atitangira ikirego ariko nanone bigaterwa n’imyaka afite. – Abana bakiri bato batarageza ku myaka cumi n’ine(14) ababyeyi cyangwa ababarera ni bo babatangira ikirego mugihe umwana yahohotewe kuko aribo babana nabo, gusa nanone muri iyi minsi harimo icyuho cy’uko ababarera ahanini bikomeje (…)
														
													
													Kaminuza ya Coventry yo mu Bwongereza igiye gufungura ishami rishya mu Rwanda, kugira ngo ishyigikire umubano wayo n’ibihugu byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, no gufasha kwagura ibikorwa byayo ku isi.
														
													
													President wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yemeye ko ishyaka rya ANC riri ku butegetsi ryananiwe gukumira ruswa mu gihe cy’uwahoze ari president Jacob Zuma.
														
													
													Umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda ukundwa na benshi, Anne Kansiime, abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, amaze gutangaza ibyishimo afite kuko yasamye.
														
													
													Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko ishuri rya Ecole Nationale d’Administration (ENA) ryigwamo n’abazakora mu nzego nkuru z’icyo gihugu, rigiye gufungwa hagamijwe guca ubusumbane mu Bafaransa, kuko ryigwamo n’abana b’abakomeye gusa.
														
													
													Perezida wa Tanzania Madame Samia Suluhu Hassan, yatangaje ko hari impinduka zikomeye zabaye mu gushaka igisubizo ku cyorezo cya Covid-19 muri icyo gihugu.
														
													
													Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa Mbere tariki 5 Mata 20201, yashyize umukono ku itegeko rimwemerera kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida akabona manda ebyiri z’inyongera, imwe imara imyaka itandatu, ibimuha amahirwe yo kuba yaguma ku butegetsi kugeza mu 2036.
														
													
													Madamu Samia Suluhu Hassan, usanzwe ku mwanya wa Visi Perezida wa Tanzania, amaze kurahirira kuba Perezida wa Tanzania, mu muhango wabereye mu ngoro y’umukuru w’icyo gihugu.
														
													
													Icyamamare mu njyana ya ’Country music’, Dolly Parton, wamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo Jolene, Think about me n’izindi nyinshi, yahawe urukingo rwa Covid-19, nyuma yo gukangurira abandi gukurikiza urugero rwe bongera gutekereza imwe mu ndirimbo ze yakunzwe ya ’Jolene’.
														
													
													Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare 2021, ibihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika byatangiye guhabwa inkingo za covid 19 binyuze muri gahunda ya Covax.
														
													
													Bamwe mu Bayapani binubiye gufatirwa ibipimo mu kibuno mu gihe binjiye mu Bushinwa, hakaba n’abavuze ko ubu buryo bwo gupima bwabateye guhungabana.
														
													
													Ghana yabaye igihugu cya mbere cyakiriye inkingo za Covid-19 zatanzwe muri gahunda yo kugabana inkingo ku isi izwi nka COVAX.
														
													
													Kuri uyu wa Gatanu Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yasabye Uburayi na Amerika kohereza mu buryo bwihutirwa nibura 5% by’inkingo zabyo za Covid-19, mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
														
													
													I Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gitondo cyo ku wa kane tariki 18 Gashyantare 2021, hagaragaye inkingi y’amayobera ikoze mu cyuma gishashagirana cyane izwi nka ‘Monolith’, bakaba barayibonye aho batazi uko yahageze n’aho yaturutse.