Umuyobozi ushinzwe guteza imbere umuryango no kurengera abana mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, Kazubwenge Kayitare Joseph, avuga ko abagabo batarumva agaciro k’umugore ari injiji kuko kuri we yumva umugore ari byose.
Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Werurwe 2022, mu muhanda Kimisagara Nyabugogo wo mu Karere ka Nyarugenge, hafashwe umusore utaramenyekana imyirondore ye, wamenaguye ibirahuri by’imodoka eshatu hagati ya saa kumi n’ebyiri na saa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo, bigakekwa ko yaba afite uburwayi bwo mu mutwe.
Mu minsi ibiri Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bamaze mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko basanzemo ibibazo byinshi bijyanye n’ibikorwa remezo, ndetse ko bagiye kubikorera ubuvugizi kugira ngo bikemuke, kuko bishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangije ubukangurambaga bw’icyumweru cyahariwe kurengera abaguzi, maze abaturage berekana ibibazo bafiite biri muri serivisi zitangwa n’ibigo by’itumanaho.
Mu Karere ka Nyarugenge hatangijwe Icyumweru cy’Ubujyanama ku nsanganyamatsiko igira iti “Twimakaze imiyoborere myiza, ishyira umuturage ku isonga mu mitangire ya Serivisi”.
Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Karama mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko bafashe umwanzuro wo kwiga imishinga ibatunga, ikanababyarira inyungu aho kugira ngo bahore bicaye gusa ntacyo binjiza.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, mu Murenge wa Gisenyi, Akarere ka Rubavu, Akagari ka Nengo, Umudugudu wa Gikarani, hagaragaye umurambo w’umusore ariko utari ufite ibyangombwa.
Abatuye mu gace kitwa Norvège mu Mujyi wa Kigali bavuga ko ubuzima bwaho bugenda burushaho guhenda bagereranyije no mu myaka yo hambere, kubera iterambere ririmo inyubako nziza n’ibikorwa remezo bikomeje kuhashyirwa.
Inzego z’umutekano zataye muri yombi umugabo witwa Ayindemeye Jean Marie Vianney w’imyaka 44, ukurikiranyweho kwica umugore we Mukeshimana Anne Marie w’imyaka 42, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyorongi, Nzeyimana Jean Vedaste
Leta ya Tanzaniya yarekuye Freeman Mbowe uyobora Chadema, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’uko abashinjacyaha bahagaritse ibirego bamureze mu mwaka ushize, nk’uko ishyaka rye ryabivuze ku wa Gatanu tariki 4 Werurwe 2022.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rwafunze by’agateganyo Hilltop Hotel and Country Club mu gihe cy’ukwezi, kuko itubahiriza ibikubiye mu itegeko rigenga ubukerarugendo mu Rwanda, harimo n’ibijyanye n’isuku n’umutekano.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmanuel, avuga ko umushinga wa Green House wo kuhira imyaka mu mudugudu wa Karama, wizwe nabi kuko hatatekerejwe uburyo bworoshye bwo kuhira, ariko ngo icyo kibazo kigiye gukemuka, hifashishijwe uburyo bwo gufata amazi y’imvura.
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Werurwe 2022, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yatangije ku mugaragaro imyiteguro y’inama mpuzamahanga ya 12, y’Ihuriro mpuzamahanga ku iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (AGRF), akaba yavuze ko uyu mugabane wakwihaza mu biribwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ibihugu bya Afurika biramutse bigize ubufatanye mu kwishakira ibisubizo, nta cyabibuza kugera ku cyerekezo 2030 n’icyerekezo 2063, uwo mugabane wihaye mu birebana n’iterambere.
Minisitiri w’u Budage ushinzwe ubukungu, Svenja Schulze, avuga ko umushinga wa BioNTech wo gukorera inkingo mu Rwanda ari intambwe ishimishije igamije gutuma habaho uburinganire mu by’inkingo.
Leta y’u Budage yahaye u Rwanda miliyoni 56 z’Amayero (asaga miliyari 63Frw), azakoreshwa mu bikorwa bigamije kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Ukraine, Andre Groenewald, yavuze ko nta yandi mahitamo yari afite uretse kuva mu murwa mukuru, Kyiv, mu gihe imodoka y’Abarusiya yitwaje intwaro yerekezaga muri uwo mujyi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Werurwe 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, itsinda riyobowe na Minisitiri ushinzwe ubufatanye mu bukungu n’iterambere w’u Budage, Svenja Schulze, uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Santafurika yarekuye abasirikare bane b’Abafaransa, bari mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA), bakaba bari batawe muri yombi bakekwaho gusha kwica Umukuru w’igihugu.
Abasenateri b’u Rwanda bagaragaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bahura n’ingorane, zo kubona serivisi za Leta zitangirwa kuri Internet binyuze ku Irembo, iyo badafite nimero ya telefoni n’indangamuntu by’u Rwanda, ndetse bikabasaba n’ingendo ndende bajya kuri za Ambasade.
Abagabo batatu b’Abanyafurika batawe muri yombi muri Algeria bazira kwiyoberanya, bakigira nk’abagore b’Abarabu kugira ngo babashe kugera i Dubai.
Abasirikare bane batawe muri yombi ku kibuga cy’indege i Bangui bashinjwa gucura umugambi w’ubwicanyi, bakaba ari abo mu itsinda ry’abasirikare barinda Gen Stéphane Marchenoir ukuriye Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zizwi nka ‘MINUSCA’.
Umunyemari w’Umunyamerika akaba n’inshuti ikomeye y’u Rwanda, Joe Ritchie, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, afite imyaka 75.
Kenya yakajije ingamba zo kugenzura indwara y’imbasa, nyuma y’uko igaragaye muri Malawi mu cyumweru gishize.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko muri Afurika hongeye kugaragara indwara y’imbasa nyuma y’imyaka itanu ishize bivugwa ko iyi ndwara yahacitse.
RIB yafashe Nsengiyumva Silas, Perezida w’Urukiko rw’Ibanze rwa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ukurikiranweho ibyaha bya ruswa y’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, no gufata icyemezo gishingiye ku itonesha n’ubushuti, akaba yafashwe kuri uyu wa Gatanu tari 18 Gashyantare 2022.
Abahanga bavuga ko mu bantu batanu bari hamwe, umwe muri bo aba arwaye agahinda gakabije, ibyo bikerekana ko umuntu atirinze mu gihe bishoboka, ashobora guhura n’uburwayi bwo mu mutwe, bityo abagize imiryango bagasabwa kwita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe aho kubatererana.
Perezida w’igihugu cya Algeria, Abdelmadjid Tebboune, yatangaje ko Guverinoma igiye kuzashyiraho uburyo bwo gutunga abashomeri ibagenera umushahara, mu gihe igihugu kikiri guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’akazi.
Abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai ivanze n’imvura nyinshi, biyongereye bagera kuri 92 muri Madagascar.
Akenshi uburwayi bwo mu mutwe iyo bufashe umuntu, bivugwa ko ava aho yari ari akagendagenda bityo akaba ashobora kugera kure, ku buryo arenga n’urusisiro rw’iwabo abamubonye mu gihe batamuzi ntibamenye agace aturukamo.