Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko mu mpera z’umwaka wa 2020 bwabaruye ibibanza 696 byananiwe kubakwa na ba nyirabyo ku buryo itegeko rishobora gukurikizwa bakaba babyamburwa bigahabwa ababishoboye.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abazunguzayi hafi 4,000 bagiye guhabwa aho bakorera kandi hujuje ibisabwa, mu rwego rwo kubafasha kuva mu muhanda kugira ngo bagire uburyo bacuruzamo busobanutse.
Ababyeyi barerera mu bigo by’amashuri yigenga barasaba ko amafaranga y’ishuri atakomeza kongerwa, kuko bitaborohera guhita bayabona, cyane ko aho baba bayakura nta kiba cyiyongereyeho.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), irahamagarira abanyamakuru n’abandi bavuga rikumvikana, kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore n’abakobwa, kubera ko bakurikirwa n’abantu benshi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko n’ubwo indwara ya Hepatite B na C hari abo ikibasira, ariko imibare y’abayirwara yagabanutse kugera munsi ya 1%.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), buratangaza ko bwifuza kugeza kuri 90% by’abakiriya bayo, bahabwa serivisi bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga, mbere y’uko uyu mwaka urangira.
Ubuyobozi bukuru bw’ikigo gishinzwe ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), buravuga ko kugira amakuru ku muguzi n’ugurisha ibikoresho by’ikoranabuhanga byakoze, bigamije guca akajagari gakunze kugaragara mu bucuruzi bw’ibyo bikoresho.
Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ku bufatanye n’ikigo gikora imiti cya AstraZeneca, batangije umushinga wo kurwanya indwara y’umuvuduko ukabije w’amaraso, witwa Healthy Heart Africa (HHA).
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihe hasigaye igihe kitagera ku kwezi ngo ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ribe, abakarani bazifashishwa batangiye guhugurwa, kandi n’ibisabwa byose byamaze kuboneka.
Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa kwiyubakamo umuco wo gushyashyanira abaturage, kuko bidakwiye kuba umuyobozi yakumva ko atekanye, mu gihe hari ibibazo by’abaturage bitarakemurwa.
Imibare itangwa n’inzego z’ubuzima mu Rwanda, igaragaza ko abantu bafite hagati y’imyaka 18 na 65, abagera kuri 15.9% bafite indwara y’umuvuduko w’amaraso uri ku gipimo cyo hejuru, ariyo mpamvu harimo gushakishwa igitera ubwiyongere bukabije bw’abafatwa n’iyo ndwara.
Igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemejwe mu mwaka wa 2020, cyerekana ko kugeza mu mwaka wa 2050 byibura 70% by’Abanyarwanda bazaba batuye mu Mijyi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwemeje imfashanyigisho izajya yifashishwa mu kugorora no kwigisha abafunzwe bitegura kuzasubira mu miryango yabo.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no gukoresha ikirere na Autriche (Austria), akazafasha sosiyete ya RwandAir kugirira ingendo muri icyo gihugu.
N’ubwo benshi iyo bumvise ingufu za Nikereyeri (Nuclear) babyitiranya n’intwaro za kirimbuzi (Nuclear weapons), ariko siko bimeze, kuko ikoreshwa ry’izo ngufu riri ku kigero kiri hejuru ya 90%, rikoreshwa mu gukemura ibibazo bitandukanye byugarije sosiyete.
Imibare igaragazwa na RIB yerekana ko hagati y’umwaka wa 2019 na 2021 hakozwe ibyaha bingana na 550, kuko mu mwaka wa 2019 bakiriye ibirego 128 by’ibyaha byakozwe, hibwa Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 200, n’Amadorali y’Amerika ibihumbi 190, yose yibwe hifashishije ikoranabuhanga.
Mu rugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangijwe na FPR-Inkotanyi mu kwezi k’Ukwakira 1990, hari igihe cyageze humvikana izina Santimetero (Centimeter), mu cyahoze ari Byumba, ubu ni mu Karere ka Gicumbi.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga ruri mu Rwanda muri gahunda yo kureba, kumenya no gusobanukirwa byinshi ku mateka y’u Rwanda. Ku wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022, urwo rubyiruko rwagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Maj Gen Emmanuel Bayingana, (…)
Banki ya Kigali (BK), yafunguye ishami rizajya ryita ku bakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse (SME Center), mu rwego rwo gukomeza kubafasha mu iterambere ryabo, no kuborohereza kubona serivisi zihuse.
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali baravuga ko hari zimwe muri serivisi zikigaragaramo ibyuho bya ruswa, bagatinya gutanga amakuru kubera gutinya kwiteranya.
Abana bo mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, by’umwihariko abo mu Kagari ka Ramiro, kubona ifunguro ryiza ku ishuri byatumye barushaho kwitabira kwiga, bitandukanye n’uko byari bimeze mbere kuko ubu batagita ishuri.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga barishimira serivisi zo kubitsa no kubikuza bashyiriweho na BK, kuko zizabafasha mu buzima bwa buri munsi mu gihe bari mu Rwanda cyangwa bari mu mahanga.
Abatuye mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali baravuga ko muri ibi bihe bugarijwe n’ubujura bujyanirana n’ubugizi bwa nabi bakorerwa haba mu masaha y’amanywa cyangwa nijoro. Ni ubujura bavuga ko bumaze gufata indi ntera, kuko ababukora badatinya gukubita bagakomeretsa mu buryo bwo kugira intere (…)
Bamwe mu baturage bagezweho na gahunda ya Bandebereho, barishimira ko yabafashije gutuma basezerera amakimbirane yahoraga mu miryango yabo, kubera ibyo bigiyemo, byafashije abagize umuryango kumvikana.
Abayisilamu bo mu Rwanda n’abo ku Isi yose muri rusange kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nyakanga 2022, bongeye kwizihiza umunsi mukuru w’igitambo (EId Al Adha), nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri utizihizwa kubera icyorezo cya Covid-19 cyari cyibasiye isi.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abajyanama b’ubuzima bagiye gufashwa kujya batanga serivisi mu buryo bukomatanyije, bitandukanye n’uko byakorwaga, aho buri wese yabaga afite indwara yahuguriwe.
Ibihugu 16 bya Afurika bikoresha ururimi rw’Icyongereza biteraniye i Kigali, birimo gusangizanya ubunararibonye bwo gupima ibijyanye n’ubuzima no kongerera ubushobozi urwo rwego, hagamijwe kwirinda kuzongera gutungurwa nk’uko byagenze kuri Covid-19.
Inzengo z’umutekano zitandukanye zifite aho zihuriye no kugenza ibyaha mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, zirimo kwigira hamwe uburyo kugenza ibyaha byakorwa kimwe mu Karere hose.
Mu birori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28, abatuye mu Karere ka Bugesera, bavuze ko nta kindi babona baratira Igihugu uretse amaboko yabo, kuyagiha biyubakira ibikorwa remezo badategereje ingengo y’imari.
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 28, inararibonye muri Politiki y’u Rwanda, Hon Sheikh Abdul Karim Harerimana, asobanura ko u Rwanda rwibohoye indwara zose zica umuryango w’abantu.