Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) hamwe n’izindi nzego ziyishamikiyeho, basaba abaturage b’Akarere ka Gicumbi kureka ibyaha byiganjemo ibiyobyabwenge, baba batabiretse bagafungwa burundu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko bishoboka ko mu 2030 izaba ishobora guhaza abaturage bose, nubwo abashonje barushaho kwiyongera.
Uwahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka avuga ko asigiye umusimbuye, Mme Hakuziyaremye Soraya ibikorwa by’igihe kirekire yari yamaze kwiyemeza.
Mu ihererekanyabubasha hagati ya Kaboneka Francis wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, na Prof Shyaka Anastase wahaye kuyobora iyi minisiteri, Kaboneka yasabye umusimbuye, guha abaturage agaciro.
Imisozi igizwe n’amabuye mu Karere ka Kirehe igaragarira abahatuye nk’amwe mu mahirwe Leta ishobora gufatanya nabo kubyaza umusaruro.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruliba mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, barashinja ubuyobozi kunyereza amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mituweri).
Urubyiruko rwitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana muri Nyarugenge, rwakomye akaruru k’ibyishimo nyuma yo kumva ko rutazahanirwa gukora ubusambanyi.
Umukingo uri hejuru y’ikibanza cyarimo kubakwa mu Mujyi rwagati wa Kigali iruhande rw’inyubako yitwa Centenary House, wagwiriye abantu bane barimo basiza.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) hamwe n’ubuyobozi bw’uturere, baringingira abaturanyi b’imitungo yasizwe na beneyo kuyicunga, kuko ngo imyinshi itagitanga umusaruro.
Bashingiye ku myitwarire y’urubyiruko rwiyandarika ndetse no guhunga inshingano za kibyeyi kwa benshi, hari abaturage bamaganye itegeko rikomorera bamwe gukuramo inda.
Nyuma yo kuganzwa n’iterambere ry’itumanaho, Ofisi y’amaposita iravuga ko yahinduye imikorere, ikazajya igeza ku bantu ibicuruzwa baguze bakoresheje ikoranabuhanga.
Bamwe mu bageze mu zabukuru baravuga ko abana babo babataye bakanga no kubaha abuzukuru bo kubamara irungu no kubasindagiza.
Abakora isuku mu mihanda minini y’Umujyi wa Kigali barinubira kuba ikigo kibakoresha kitwa "Royal Cleaning Ltd" kimaze amezi atatu kitabahemba, ubu inzara ikaba izahaje imiryango yabo.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu (NCHR), iravuga ko byinshi mu birego yagejejweho n’abaturage ikabikemura byiganjemo kwamburwa amasambu, kwimwa ingurane ku mitungo, gufatwa ku ngufu, ndetse n’iby’abana bihakanywe n’ababyeyi.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) yatangaje uburyo amategeko mashya ategeka benshi kwishyura amafaranga nk’igihano cyangwa gukorera Leta badahembwa, aho gufungwa.
Abahanga mu by’imiti bavuga ko urugendo rwo gushinga uruganda rukora imiti mu Rwanda rusigaje gukorerwa igenamigambi gusa, nyuma yo kwegerenya abazarukoramo.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC) iramagana ikoreshwa rya bamwe mu banyeshuri bimenyereza umwuga (Stage) ibyo batagenewe gukora.
Imiryango 132 ituye mu manegeka n’abandi batishoboye mu Karere ka Nyarugenge, bagiye kwimurirwa aharimo kubakwa amazu mu murenge wa Kigali mu kagari ka Rwesero.
Umunyamategeko akaba n’umunyamakuru, Edward Mubalaka yashyizeho umunsi ngarukamwaka w’amasengesho azajya ahuriramo abemera Imana y’abakurambere b’u Rwanda.
Umuyobozi w’Umuryango ugamije kubohora Abanyafurika (Pan African Mouvement/PAM)-Rwanda, Protais Musoni aravuga ko batangije urugamba rwo kubohora Abanyafurika mu bijyanye n’ubukungu.
Ministeri y’Ubuhinzi n’ubworozi(MINAGRI) ivuga ko yifuza kubona ibiciro by’ibiribwa bidahindagurika nk’uko iby’inzoga bidakunze guhindagurika mu bihe by’izuba n’imvura.
Ihuriro ry’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze mu muryango Commonwealth(CLGF) rifatanije n’iry’u Rwanda(RALGA), batangiye kwitegura kwakira abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth muri 2020.
Nyuma y’itegeko ribuza abayobozi b’amatorero n’amadini gukora uwo murimo batarabyigiye, hari abapasteri bamwe biyita ab’umuhamagaro batarumva neza akamaro ko kwiga.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF) hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, biyemeje gusura abagore mu midugudu muri gahunda zirebana n’imibereho y’ingo.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco(RALC) irasaba abahanzi b’umuziki, filimi, imbyino, ubugeni n’abandi, kubyaza inyungu ibyo bakora kugira ngo bikure urubyiruko mu bushomeri.
Urubyiruko rwirirwa mu mikino y’amahirwe no mu biyobyabwenge ruteye impungenge bamwe mu baturage, kuko ngo rutagira umurimo rukora iwabo.
Indorerezi z’imiryango mpuzamahanga zemeye ibyavuye mu matora y’abadepite yabaye mu Rwanda kuva tariki 02-04 Nzeri 2018, aho zivuga ko yabaye mu mucyo no mu mahoro.
Urugaga rw’abahinzi b’ibirayi hamwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM), bavuga ko ibirayi bizongera kuboneka ari byinshi ku masoko nyuma y’amezi abiri.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) yashyizeho ibyumba by’itora mu bitaro bikuru 34 byo gihugu hose, kugira ngo abakozi babyo, abarwayi n’abarwaza bashobore kwitabira amatora.