Banki ya Kigali (BK) ivuga ko ishingiye ku nyungu ibona, hamwe n’ikoranabuhanga ryiswe “Singombwakashi”, izagabanya inyungu yaka ku nguzanyo iha abayigana.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko ibigega bishinzwe kugoboka abaturage bahuye n’ibibazo byuzuye ibiribwa, ku buryo nta muturage wahombejwe n’ibiza uzasonza.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF) rwatangaje ko imurikagurisha mpuzamahanga rya 21 riteganijwe gutangira muri Nyakanga uyu mwaka rizamara ibyumweru bitatu.
Ishuri ribanza ryitwa Jean Depaepe ry’i Musambira muri Kamonyi ryashingiye kuri gahunda yiswe gir’inka, rikaba ryoroza urukwavu umwana wese urangiza kuryigamo.
U Rwanda rwizeye inyungu mu gukoresha ibibuga by’indege bya Ghana, aho Rwandair izajya izenguruka muri icyo gihugu no hanze yacyo.
Isoko ry’Imigabane mu Rwanda (RSE), rivuga ko igice kinini cy’umusarurombumbe w’u Rwanda ungana na Miliyari umunani z’Amadolari, gipfushwa ubusa kuko kitabyazwa undi musaruro.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta,imitungo yabo izajya ifatirwa bakiri mu kazi.
Abari bitabiriye inama yateguwe na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) batunguwe no kubona injangwe igendagenda mu cyumba cy’inama yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko mu bituma bareka ishuri harimo kwimwa ifunguro rya ku manywa bakajya kwirwanaho hanze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda bakuweho imyanya ndagabitsina.
Ministeri yuburezi(MINEDUC) hamwe n’iyibikorwaremezo (MININFRA), zivuga ko ziteganya kongera amashyamba no gushaka ingufu zisimbura icanwa ry’ibiti mu mashuri.
Amabwiriza ya Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) asaba buri kigo gifite amasambu kuyabyaza umusaruro gikoresheje abacyigamo, ariko ngo haracyagaragara ibigo bitayakurikiza kuko bitinya abanyeshuri.
MINEDUC yatahuye abarezi n’abayobozi b’amashuri bahabwa ruswa n’ababyeyi, kugira ngo babigishirize abana neza bigatuma birengagiza abana batagira amikoro.
Mu bugenzuzi bw’ireme ry’uburezi Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iri gukorera mu gihugu hose mu mashuri abanza n’ayisumbuye, hagaragayemo bimwe mu bigo bifite abana bari mu myaka yo hejuru mu mashuri abanza, batazi gusoma no kwandika Ikinyarwanda.
Kubera ko abirabura bazwiho umuco wo kudasoma, hari uwabavugiyeho ko iyo ushaka kugira icyo ubahisha ucyandika.
Umusore wabaye inzererezi akajya anywesha amazi ihembe ry’inka kubera ubukene, yaje kujijuka amenya kurikoramo ibintu bitandukanye birimo ibikombe, amasorori, amasahane, imikufi n’imitako, ibisokozo n’ibipesu.
Abaganga b’ibitaro bya Kacyiru na Muhima bibutse Abatutsi bishwe, banasubira mu ndahiro barahiye yo kuvura abantu bose badashingiye ku ivangura.
Sena y’u Rwanda yasabye inzego kugaruza za miliyari zimaze guhombera mu gukoreshwa nabi no kunyereza umutungo wa Leta.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irizeza ko ntawakongera koshya Abanyarwanda kwica abandi, ishingiye ku myumvire y’Abaturage n’uburyo bamaze kujijuka.
Mu cyobo kizwi nka CND giherereye mu Gahoromani mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, hamaze gutaburwa imibiri irenga 120 ariko ngo ishobora kwikuba uko bakomeza gushakisha.
Umuryango “Healthy People Rwanda” uvuga ko abana bashobora gukoreshwa mu kwirinda impanuka zihitana Abaturarwanda basaga 2,172 buri mwaka.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi ku byaha n’ubutabera (UNICRI), rirasaba ibihugu birimo u Rwanda kuba maso kugira ngo ibinyabutabire bidakoreshwa n’umwanzi.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Minisitiri Amb. Gatete yatangiye kubona ibimenyetso bya mbere by’imikoreshereze mibi y’amafaranga muri MININFRA.
Urugaga rwabikorera(PSF) rwatangaje ko rugiye kubakira no kuremera ingo zirenga 100 mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Mu biganiro Komisiyo yo kurwanya Jenoside CNLG irimo guha abaturage, hatangajwe uburyo Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zitarwanyaga umuntu utazisagariye.
Bamwe mu bakuru b’imidugudu bavuga ko abayobora amatsinda y’ingo yiswe “amasibo”, babagabanirije imvune bagiraga mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bayobora umurenge wa Kinyinya biyemeje guhindura agace batuyemo k’Umujyi wa Kigali, babikomoye ku ishyaka ry’Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zagaragaje mu rugamba rwo kubohora igihugu.