Urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu mujyi wa Buea uri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kameruni. Ni mu gihe uwo mujyi uri mu yakiriye amakipe y’ibihugu 4, biri mu Irushanwa ry’igikombe cya Afurika riri kubera muri Kameruni.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yasabye Abanyarwanda kwirinda ababayobya, nyuma yaho ibinyamakuru bitandukanye birimo n’ibyo mu Rwanda bikomeje kwandika amakuru avuga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ribuza itangwa ry’urukingo rushimangira rwo mu zisanzwe zikoreshwa.
Ku wa Gatatu tariki 12 Mutarama 2022, Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya, yakiriye mu biro bye Ambasaderi wa Israeli mu Rwanda, Dr Ron Adam, bagirana ibiganiro ku bufatanye mu by’uburezi.
Abantu bane bacyekwaho ubufatanye mu gukwirakwiza ibiyobwenge mu baturage bafatiwe mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, Akagari ka Rutaraka, Umudugudu wa Ryabega.
Québec magingo aya ni yo ifite umubare wa mbere munini muri Canada w’impfu ziterwa na Covid-19, kugeza ubu ikaba irimo kugorwa no kwiyongera kw’ubwandu bushya, ari yo mpamvu yafashe icyemezo cyo gusoresha abatikingiza.
Muri Afurika y’Epfo, imyuzure yishe abantu icumi isiga abandi amagana batagira aho begeka umusaya mu mujyi wo ku cyambu wa East London. Imyuzure mu bice bizengurutse icyambu mu burasirazuba bw’igihugu yatangiye mu mpera z’icyumweru, nk’uko itangazamakuru ryo muri Afurika y’Epfo ryabitangaje, mu gihe imigezi yarenze inkombe (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Rutsiro yafashe uwitwa Muhoza Esperance w’imyaka 31, acyekwaho gukwirakwiza urumogi mu gihugu, yafashwe ku wa Mbere tariki ya 10 Mutarama 2022, afatirwa mu Murenge wa Kivumu, Akagari ka Kabujenje, Umudugudu wa Kamabuye afite udupfunyika tw’urumogi 3,117.
Ku wa Kabili tariki 11 Mutarama 2022, Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), cyatangaje ko ibipimo bishya byafashwe bigaragaza ko umwuka mu kirere cy’umujyi wa Rubavu ugenda uba mwiza.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mutarama 2022, Ambasaderi Oliver Nduhungirehe, yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu gihugu cya Latvia.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Mutarama 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, yakiriye mu biro bye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda wasoje inshingano ze, Peter Vrooman.
Umugabo w’Umunyamerika yabaye umuntu wa mbere mu mateka y’isi watewemo umutima w’ingurube, abaganga ubu bakaba bavuga ko ameze neza.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe Mushema Theoneste w’imyaka 29 arimo kwinjiza mu Rwanda urumogi n’inkweto za magendu za caguwa.
Abayobozi muri Nigeria batangaje ko imibare y’abantu bishwe mu cyumweru gishize mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro muri Leta ya Zamfara, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba yiyongereye ikagera ku barenga 200.
Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Mozambique, Commander General Bernardino Rafael, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, CG Dan Munyuza.
Ku wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, nibwo Umugaba mukuru w’Ingabo za Mozambique, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi muri icyo gihugu n’intumwa bayoboye, batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, mu biganiro bagiranye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, hakaba harimo ko Ingabo z’u Rwanda zizahugura iza Mozambique mu kubaka (…)
Mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, aribwo abanyeshuri bagomba gutangira igihembwe cya Kabiri, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye amabwiriza ababyeyi n’abarezi bagomba kubahiriza, arimo ko umwana ugaragaje ibimenyetso bya Covid-19 adakwiye koherezwa ku ishuri.
Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye inama yahuje inzego z’Umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique, inama yasuzumye uko umutekano uhagaze mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ku wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yakoze impinduka muri Guverinoma y’icyo gihugu.
Amakipe y’ibihugu akomeje kugaragaramo uburwayi bwa Covid-19 agomba kuzakina imikino yayo y’igikombe cy’Afurika cy’umupira w’amaguru (CAN/AFCON), n’iyo yaba asigaranye abakinnyi 11 gusa batanduye, nk’uko byemejwe n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).
Umuryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, watangaje ko ugiye gutumira impande zishyamiranye muri Sudani mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’imvururu, zatewe n’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye muri icyo gihugu mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize.
Uburyo bwa videwo bwunganira umusifuzi buzwi nka VAR mu mpine y’Icyongereza, ku nshuro ya mbere buzakoreshwa mu mikino yose 52 y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cy’umupira w’amaguru (CAN/AFCON) kizabera muri Cameroon muri uku kwezi.
Ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, mu Karere ka Gicumbi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze abantu batatu harimo n’uwigize umukomisiyoneri bakekwaho gushaka guha ruswa y’ibihumbi 300Frw ubugenzacyaha, kugira ngo abavandimwe babo 2 bafungurwe, abo bakaba bakuriranyweho icyaha cyo gusambanya umwana.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 07 Mutarama 2022, nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro ko Emmanuel Mayaka yitabye Imana.
Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), burahamagarira ibihugu binyamuryango kwihutisha iyemezwa rya gahunda ya EACPass, uburyo bwahujwe kugira ngo byoroshye ingendo, no guca burundu gutinda k’urujya n’uruza kw’ibikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka muri EAC.
Ku wa Kane tariki ya 6 Mutarama2021, Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage bafashe abantu 11 bacukuraga amabuye y’agaciro mu mirima y’abaturage n’abandi 4 baguraga ayo mabuye yo mu bwoko bwa gasegereti.
Urufunguzo rw’icyumba cyigeze gufungirwamo Nelson Mandela muri gereza ya Robben Island, rusubizwa Afrika y’Epfo, aho kugurishwa muri cyamunara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’uko byari biteganyijwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje gahunda y’ingendo ku banyeshuri biga bacumbikirwa, ni gahunda izatangira kuri iki cyumweru tariki 9 Mutarama 2022 ikazasozwa ku wa Gatatu tariki 12 Mutarama 2022.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), uretse gushimirwa ibikorwa byo kurinda amahoro n’umutekano, zirashimirwa ibikorwa by’ubukangurambaga mu gufasha abaturage kwirinda indwara ya Malariya.
Ku wa Gatatu tariki ya 5 Mutarama 2022, ku bufatanye n’abaturage Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke yafashe Habiyaremye Jean Damascène w’imyaka 27, yafatanywe amasashe 2,000 yayashyize mu mufuka w’ibijumba ayajyanye kuyacuruza mu Mujyi wa Kigali, akaba yarafatiwe mu isoka ryo mu Gakenke, Umurenge wa Gakenke, Akagari ka (…)
Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), ku wa Kane tariki 06 Mutarama 2022 rwatangaje ko rwahannye amahoteli, resitora n’ahandi hakira abantu, hose hamwe 18, kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.