Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki 19 Ukuboza 2021, yabonanye na Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibiganiro byahuje Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu Bubiligi, bitegura inama izahuza iyi miryango yombi muri Gashyantare (…)
Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 18 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yitabiriye inama ya gatatu y’ubufatanye hagati ya Afurika na Turukiya iri kubera muri Istanbul Congress Center. Ikiganiro cya mbere cyibanze ku mahirwe yo gushimangira ubufatanye bwa Afurika na Turukiya binyuze muri gahunda y’ibikorwa bihuriweho.
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, ku wa kane tariki 16 Ukuboza 2021, yavuze ko igihugu cye cyagabweho ibitero bike by’iterabwoba muri uyu mwaka ugereranyije na mbere yaho, akemeza ko ari nyuma y’aho u Rwanda n’ibindi bihugu bituranyi bafatanyije kurwanya inyeshyamba zimaze imyaka zihungabanya umutekano w’icyo gihugu.
Umugabo wo muri Nigeria wari uzwi nk’Umwami wa Shitani/Satani yashyinguwe mu modoka mu cyaro avukamo muri Leta ya Enugu mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’Igihugu, nyuma y’uko apfuye afite imyaka 74.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Maj Gen Cristovão Chume, aherekejwe n’abandi basirikare bakuru, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri i Mocimboa da Praia muri icyo gihugu.
Abandura icyorezo cya Covid-19 bariyongereye bikomeye mu cyumweru gishize ku mugabane wa Afurika, ariko abapfa ni bake ugereranije n’ibindi bihe byatambutse, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Itsinda ry’abashakashatsi baturutse mu Burusiya bageze muri Afurica y’Epfo aho bagiye kwiga ku bwoko bushya bwa Corona yihinduranyije bwiswe Omicron, buherutse kuhagaragara.
Kuri uyu wa Mbere taliki 13 Ukuboza 2021, muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya w’Umutekano, Alfred Gasana.
Kuri uyu wa mbere tariki 13 Ukuboza 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Gen Amuli Bahigwa Dieudonné, yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Mu Rwanda ku wa Kane tariki 10 Ukuboza 2021 hamuritswe ku mugaragaro ‘Inzozi Lotto’, tombola y’igihugu igamije guteza imbere imikino mu Rwanda. Ni tombola izashyirwa mu bikorwa na kompanyi yitwa Carousel Ltd, aho biteganyijwe ko amafaranga azajya ava muri iyo tombola, Minisiteri ya Siporo izajya ifataho nibura 20%.
Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi ryahuguye abakozi 50 mu bitaro bya CHUB biherereye mu Karere ka Huye. Ni amahugurwa y’iminsi itatu yatangiye ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukuboza 2021 kugeza tariki ya 10 Ukuboza 2021.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye n’ikigo cy’amahoro muri Amerika (USIP), Global Peace Operation Initiative (GPOI), Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR), n’ikigo cya Dallaire gishinzwe abana, amahoro n’umutekano (Dallaire Institute for Children, Peace and Security), kuva ku wa (…)