Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022, ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente, yasezeye kuri Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, wasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’iterabwoba, zifatanyije n’abaturage batuye Umujyi wa Mocimboa Da Praia, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 63 umaze ushinzwe. Ibirori byateguwe na Guverinoma ya Mozambique, byabaye ku wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Werurwe 2022, umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’iminsi itatau arimo mu Rwanda, Perezida wa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embaló, yasuye icyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Kigali Special Economic Zone.
Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Repubulika ya Gineya-Bissau, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, anunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, watangiye uruzinduko rwe rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yageze i Kigali aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Isesengura rishya ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryerekana ko umuntu umwe muri batanu bakuru n’umwe mu bana 10 n’abangavu n’ingimbi, bigaragara ko bazaba bafite umubyibuho ukabije mu kwezi k’Ukuboza 2023, Iryo sesengura rikagaragaza ko ibyo bizaba mu gihe nta ngamba Leta z’ibihugu zashyiraho kugira ngo (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Minisitiri w’Imari, ingengo y’imari n’urwego rw’amabanki muri Comores, Souef Kamalidini, na Ambasaderi wa Uganda ucyuye igihe, Oliver Wonekha wari waje kumusezeraho.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, yakiriye Ferit Şahenk, Umuyobozi mukuru wa Doğuş Group yo muri Turukiya n’itsinda ayoboye.
Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba wa Uganda, yishimiye icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura imipaka yo ku butaka, guhera ku ya 7 Werurwe 2022, avuga ko bizatuma abantu benshi barushaho kugenderana mu karere.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ko igiciro cya litiro ya lisansi muri Kigali cyabaye 1256Frw, mu gihe icya litiro ya mazutu ari 1,201Frw. Ibyo biciro bikazatangira kubahirizwa ku Cyumweru tariki 6 Werurwe 2022.
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na MasterCard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, kirabageraho n’insanganyamatsiko igira iti "Guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi bw’u Rwanda, Inzira y’iterambere rirambye".
Ku wa Kane tariki 3 Werurwe 2022, i Kigali hateraniye Inama ihuje ibigo bigenzura ubuziranenge, by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igamije guteza imbere ubucuruzi binyuze muri serivisi zipima ubuziranenge.
Umuryango w’iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), watangaje ko uzashyigikira abatahutse basubira mu byabo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bari barahunze kubera ibikorwa by’iterabwoba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Werurwe 2022, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umugaba mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit uri mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, nibwo yageze i Kigali aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, rwatangaje ko rwahannye Hotel Hilltop and Country Club, kubera gutanga serivisi mbi ku bo yakiriye.
Abakoresha MTN Mobile Money na Airtel Mobile Money, bagiye gutangira kohererezanya amafaranga buri wese akoresheje sosiyete y’itumanaho yari asanganywe, guhera ku ya 15 Werurwe 2022.
Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bari mu basaga 70 baturutse mu bihugu bitandukanye, bitabiriye amasomo agenewe ba Ofisiye ategurwa n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), akaba arimo kubera mu Ishuri ryigisha gushyigikira ibikorwa by’ubutabazi n’amahoro (HPSS) i Nairobi muri Kenya.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga mukuru wa Loni, Ambasaderi Jean-Pierre Lacroix, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA)ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022.
Perezida Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye Village Urugwiro, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola Ambasaderi Téte António.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’i Burayi (UEFA) yatangaje ko umukino wa nyuma wa Champions League wari uteganyijwe kubera mu Burusiya i St. Petersburg uyu mwaka utakihabereye. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama idasanzwe ya komite nyobozi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, Ingabo z’u Rwanda (RDF) zungutse abasirikare bashya, bakaba basoje amasomo y’ibanze ya Gisirikare mu kigo cy’imyitozo cya Nasho.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yasuye ishuri rikuru rya gisirikare rya G5 Sahel Defense College.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), António Guterres, yagize Amb Valentine Rugwabiza intumwa ye yihariye muri Santrafurika.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yageze muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi, ku kibuga cy’indege cya Nouakchott–Oumtounsy International Airport, yakiriwe na mugenzi we Mohamed Ould Cheikh Mohamed Ahmed Ould Ghazouani.
Ikipe y’igihugu ya Basketball iri mu gihugu cya Sénégal, aho yagiye mu irushanwa ry’amajonjora yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizaba umwaka utaha wa 2023, yatsinze Misiri mu mukino wa gishuti, amanota 75 kuri 67.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi batandukanye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, bakiriwe ku meza na mugenzi wabo wa Senegal Macky Sall nyuma yo gufungura ku mugaragaro Stade Olympique de Diamniadio.
Kuri uyu wa Kabili tariki 22 Gashyantare 2022, Muri Sénégal mu muhango wo gutaha Stade Olympique de Diamniadio, hateganyijwe umukino uhuza abakinnyi b’ibihangange bakanyujijeho mu mupira w’amaguru bo muri Sénégal ndetse no kunmugabane wa Afurika muri rusange.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022, yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye umuhango wo gutaha Stade Olympique de Diamniadio.