Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwakire Inama ihuza Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, CHOGM, Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko kugeza ubu nta bwoba abantu bakwiye kugira kuko imyiteguro igeze ahashimishije.
Perezida Paul Kagame, ku wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Komiseri muri Afurika Yunze Ubumwe, Amb. Bankole Adeoye n’intumwa idasanzwe mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, Ahmed A. A. Kattan.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ari mu ruzinduko i Londres aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bwongereza, Priti Patel. Ni mu rwego rwo kunoza gahunda ibihugu byombi bifitanye yerekeranye n’abimukira n’impunzi.
Ubwo Covid-19 yibasiraga Isi, u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu rwafashe ingamba zitandukanye zo gukumira no kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo. Muri izo ngamba zafashwe harimo kwambara agapfukamunwa, ndetse byagizwe itegeko kuva muri Mata 2020.
Perezida Kagame yagaragaje ko umubare munini w’abaturage ba Afurika bataragerwaho n’amashanyarazi, ibi akaba yabigarutseho ku wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022 ubwo yatangizaga inama y’iminsi itatu ibera i Kigali, yiga kuri gahunda yo kugeza ingufu kuri bose.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, kuri iki cyumweru tariki 15 Gicurasi 2022, akaba yakiriwe na mugenzi we, Faisal Bin Farhan Al Saud, ndetse bagirana ibiganiro.
Mu kiganiro cyagarutse ku buzima bw’igihugu ndetse no ku mubano w’u Burundi n’amahanga harimo n’u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko hari gukorwa ibishoboka ngo ibintu byongere kuba byiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi, kuko ngo nta rwango rwaba hagati y’ibihugu byombi bituranyi.
Mu gihe habura ibyumweru bitatu ngo u Rwanda rwakire Inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (CHOGM), mu cyumweru kizatangira tariki ya 20 Kamena 2022, imyiteguro igeze ku rwego rushimije nk’uko Guverinoma y’u Rwanda ibitangaza.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Gicurasi 2022, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Mozambike (IGP), Bernardino Rafael hamwe n’umuyobozi w’Akarere ka Macomia, Tomas Badae, basuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu gace ka Chai, bazishimira mu izina ry’Umukuru w’icyo gihugu, uruhare rwazo mu kukigaruramo amahoro.
Ubushinjacyaha bwa Leta y’u Buholandi bwatangaje ko bwataye muri yombi Maj Pierre Claver Karangwa, wahoze mu ngabo za Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba akekwaho kuyigiramo uruhare.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, nk’intumwa idasanzwe ya Perezida Paul Kagame.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, nibwo ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama rwatangiye kuburanisha Urubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ruregwamo Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid rwashyizwe mu muhezo.
Inama ya Komite ya Politiki y’lfaranga ya Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yateranye tariki 11 Gicurasi 2022, isuzuma ibyagezweho nyuma y’ingamba zafashwe mu nama iherutse guterana muri Gashyantare uyu mwaka, inarebera hamwe uko ubukungu bwifashe n’uko bwitezwe mu gihe kiri imbere, ku rwego rw’Isi n’imbere mu Gihugu.
Ku wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, nibwo Abanyarwanda baba muri Polonye ndetse n’inshuti z’u Rwanda bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho Umurinzi w’Igihango, Padiri Stanislaw Urbaniak warokoye Abatutsi yashimiwe mu ruhame.
Abagabo batatu bo muri Malawi, buri wese muri bo Urukiko rukuru rwamukatiye igifungo cy’imyaka 155, kubera kwica umugabo wari ufite ubumuga bw’uruhu.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mali, Maj Gen Oumar Diarra, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 09 Gicurasi 2022, Perezida Kagame yitabiriye inama ya Biro y’Inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,9% mu kwezi kwa Mata 2022 ugereranyije na Mata 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo bisanzwe byifashishwa mu kugaragaza ishusho rusange mu gihugu.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, Umugaba mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Mali, Maj Gen Oumar Diarra, yegeze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, yifatanyije mu isabukuru yimyaka 40 y’ubufatanye bw’u Rwanda n’Intara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, ari nabwo yagaragaje ko nyuma y’imyaka 28 Abanyarwanda bafite imitekerereze yagutse.
Itsinda ry’abasirikare 42 barimo aba Ofisiye bakuru n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu Rwanda mu rugendoshuri ku va tariki 8 kugeza 15 Gicurasi 2022.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’ikigo cyitwa Inkomoko bateguye irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’ rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu, rigamije gushakisha ba rwiyemezamirimo 25 bahanze udushya bakazahabwa inguzanyo zizishyurwa nta nyungu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zifatanyije n’abaturage batuye muri Lokiliri Payam mu muganda.
Perezida Kagame yasubije Bamporiki ko umuntu wese yakora icyaha ariko no kukirinda bishoboka. Perezida Paul Kagame, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gicurasi 2022, ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Edouard Bamporiki wari umaze gusaba imbabazi ku bwo kwemera ko yakoze icyaha cyo kwakira indonke.
Ambasaderi Marie Chantal Rwakazina, yashyikirije Perezida wa Autriche, Alexander Van del Bellen, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umuyobozi Mukuru wa KCB Group, Andrew Wambai Kairu n’itsinda ayoboye, aho baje i Kigali mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro BPR Bank, nyuma y’aho Banki y’Abaturage y’u Rwanda yihurije na KCB Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 2 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, Patricia Scotland, waje mu Rwanda mu nama y’inzego zirwanya ruswa mu bihugu byo muri Afurika bihuriye (…)
Abakinnyi b’ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Kehrer Thilo na Julian Draxler hamwe n’imiryango yabo bari mu Rwanda, ku Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bwongereza, ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe 1994.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, yitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day, aho yagaragaye mu gace ka Biryogo.