Abagabo batatu bo muri Malawi, buri wese muri bo Urukiko rukuru rwamukatiye igifungo cy’imyaka 155, kubera kwica umugabo wari ufite ubumuga bw’uruhu.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mali, Maj Gen Oumar Diarra, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 09 Gicurasi 2022, Perezida Kagame yitabiriye inama ya Biro y’Inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,9% mu kwezi kwa Mata 2022 ugereranyije na Mata 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo bisanzwe byifashishwa mu kugaragaza ishusho rusange mu gihugu.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, Umugaba mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Mali, Maj Gen Oumar Diarra, yegeze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, yifatanyije mu isabukuru yimyaka 40 y’ubufatanye bw’u Rwanda n’Intara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, ari nabwo yagaragaje ko nyuma y’imyaka 28 Abanyarwanda bafite imitekerereze yagutse.
Itsinda ry’abasirikare 42 barimo aba Ofisiye bakuru n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu Rwanda mu rugendoshuri ku va tariki 8 kugeza 15 Gicurasi 2022.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’ikigo cyitwa Inkomoko bateguye irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’ rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu, rigamije gushakisha ba rwiyemezamirimo 25 bahanze udushya bakazahabwa inguzanyo zizishyurwa nta nyungu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zifatanyije n’abaturage batuye muri Lokiliri Payam mu muganda.
Perezida Kagame yasubije Bamporiki ko umuntu wese yakora icyaha ariko no kukirinda bishoboka. Perezida Paul Kagame, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gicurasi 2022, ubwo yasubizaga ubutumwa bwa Edouard Bamporiki wari umaze gusaba imbabazi ku bwo kwemera ko yakoze icyaha cyo kwakira indonke.
Ambasaderi Marie Chantal Rwakazina, yashyikirije Perezida wa Autriche, Alexander Van del Bellen, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umuyobozi Mukuru wa KCB Group, Andrew Wambai Kairu n’itsinda ayoboye, aho baje i Kigali mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro BPR Bank, nyuma y’aho Banki y’Abaturage y’u Rwanda yihurije na KCB Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 2 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, Patricia Scotland, waje mu Rwanda mu nama y’inzego zirwanya ruswa mu bihugu byo muri Afurika bihuriye (…)
Abakinnyi b’ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Kehrer Thilo na Julian Draxler hamwe n’imiryango yabo bari mu Rwanda, ku Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bwongereza, ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe 1994.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, yitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day, aho yagaragaye mu gace ka Biryogo.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), yatangaje ko ku Kabiri tariki ya 03 Gicurasi 2022, ari umunsi w’akazi nta kiruhuko gihari, nk’uko benshi babitekerezaga nyuma y’uko iminsi ibiri y’ikiruhuko ihuriranye.
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, yasuye Ingabo z’u Rwanda ku biro by’ubuyobozi biri mu karere ka Chai.
Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, yitabiriye Kongere Nkuru y’uwo muryango yabereye muri Kigali Arena, akaba yavuze ko Abanyarwanda bahaganye no kubaho, kandi ko bagomba kubaho byanze bikunze.
Abakinnyi b’ibyamamare mu ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Sergio Ramos, Keylor Navas na Julian Draxler, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, aho baje gusura u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Kagame, mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Perezida wa Kenya, Mwai Kibaki, umuhango wabaye ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza, Johnston Busingye, yashyikirije nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuru uyu wa Gatanu tariki 29 mata 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana, Dr. Lemogang Kwape hamwe n’itsinda rimuherekeje.
Madamu Jeannette Kagame, yakiriye ba Nyampinga b’u Rwanda, ibisonga byabo ndetse n’abandi bakobwa bose bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye, abagaragariza ko ashishikajwe n’imibereho n’umutekano wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Sheikh Shakhboot Bin Nahyan Al Nahyan n’intumwa ayoboye.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta na Hon. Dr. Lemogang Kwape, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Botswana, bayoboye intumwa z’ibihugu byombi mu nama ya mbere y’akanama gashinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na Botswana, inama imaze iminsi 3 ibera i Kigali.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Mata 2022, Minisitiri w’Ingabo muri Botswana, Hon Kagiso Thomas Mmusi uri mu ruzinduko mu Rwanda, yakiriwe na mugenzi w’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo, ku Kimihurura.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Mata 2022, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwakiriye Jean Paul Micomyiza woherejwe na Suède kuburanishwa ku byaha bya Jenoside ashinjwa ko yakoze ari umunyeshuri muri kaminuza y’u Rwanda i Butare mu 1994.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 26 Mata 2022, muri Kigali Convention Centre, bakiriye mu musangiro abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 26 Mata 2022, muri Village Urugwiro yakiriye, ba Ambasaderi 7 bamushyikirije impapuro zo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.