Perezida Paul Kagame, yashimiye Abakuru b’Ibihugu n’abandi bashyitsi b’icyubahiro batandukanye, bitabiriye Inama ya CHOGM yahuje abarenga ibihumbi bine, yari imaze icyumweru ibera i Kigali by’umwihariko ashimira Abanyarwanda n’inzego z’umutekano.
Perezida Paul Kagame avuga ko hari igice cy’Isi cyihaye inshingano zo kugena indangagaciro, ko abandi ntazo bafite, akemeza ko ibyo atari ukuri kuko mu Rwanda no muri Afurika muri rusange bafite indangagaciro.
Mu nama yahuje abahagarariye urubyiruko rwo mu muryango wa Commonwealth ndetse na bamwe mu bakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bitabiriye CHOGM i Kigali, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rutihariye ibibazo, ahubwo hari n’ibyo ruhuriraho n’abakuze.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, bifatanije n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth hamwe n’abafasha babo, mu birori by’umusangiro w’Umwamikazi w’u Bwongereza.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, bateguye ibirori mu rwego rwo kwakira no guha icyubahiro abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Commonwealth, bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera mu Rwanda.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa commonwealth.
Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Boris Johnson, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uri i Kigali, aho yitabiriye inama ya CHOGM2022.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi batandukanye guhagararira inyungu z’Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo n’intumwa ya Papa mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, bakiriye Igikomangoma cya Wales, Charles Philip n’umugore we Camilla.
Igikomangoma cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, Charles n’umugore we Camilla, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Tariki 21 Kamena 2022, bageze mu Rwanda aho bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera i Kigali.
Inama yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yigaga ku bibazo by’umutekano, yemeje umwanzuro wo kohereza ingabo zihuriweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yageze muri Kenya yakirwa na mugenzi we Uhuru Kenyatta, aho yitabiriye Inama yiga ku bibazo by’umutekano iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Abakuru b’Ibihugu 35 kugeza ubu ni bo bemeje ko bazitabira inama ihuza abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth (CHOGM) 2022, igomba gutangira kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, abagizi ba nabi bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe w’inyeshyamba wa FLN, baturutse hakurya y’umupaka barashe ku modoka itwara abagenzi.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, yakiriye mu biro bye Village Urugwiro Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye abagize Inama y’Ubutegetsi y’ikigo mpuzamahanga cya Mastercard Foundation.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefone na Justin Trudeau, Minisitiri w’Intebe wa Canada, cyagarutse ku mubano w’ibihugu byombi, n’ibibazo byugarije Isi muri rusange.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022 yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UAE, Sheikh Shakhboot Bin Nahyan Al Nahyan.
Perezida Paul Kagame yambitse umudali w’Agaciro Umunyamabanga mukuru w’Ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho (ITU), Houlin Zhao, mu rwego rwo kumushimira, kikaba ari igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, muri Village Urugwiro.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEDAP), Madamu Nardos Bekele-Thomas.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda n’ikigo cya Dallaire Institute for Children, Peace and Security, bavuguruye amasezerano y’ubufatanye azamara imyaka 5, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kamena 2022.
Mu Rwanda 72% by’abagore n’abakobwa ntibabona ibikoresho bibafasha mu gihe cy’imihango. Ibi byagarutsweho mu bushakashatsi bwamuritswe mu nama y’Igihugu ku isuku iboneye mu gihe cy’imihango yabaye ku wa Kane tariki 09 Kamena 2022. Iyi nama yabaye mu gihe tariki 28 Gicurasi aribwo hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’isuku iboneye (…)
Madamu Jeannette Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2022, yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 92 barangije amashuri yisumbuye muri Green Hills Academy.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda (RDF), kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2022, yatangaje ko Abasirikare 2 b’Ingabo z’u Rwanda bari bashimuswe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bagarutse mu Rwanda amahoro.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu mu Bwongereza, Priti Patel, yatangaje ko yashimishijwe n’icyemezo cy’Urukiko rukuru rw’u Bwongereza, rwemeje ko nta kizabangamira abimukira n’abasaba ubuhungiro koherezwa mu Rwanda, kuko ari Igihugu gitekanye.
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique, kuva ku wa Kane tariki 09 Kamena 2022, zatangiye gufasha abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibyihebe, gutahuka bava mu nkambi nini bari bacumbikiwemo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ndetse n’itsinda bari kumwe mu Rwanda, aho batashye ku mugaragaro ikigo cy’ubushakashatsi ku kubungabunga ingagi.
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Valentine Rugwabiza, ndetse n’Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango ugamije kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), batashye inzu mberabyombi yubatswe n’inzego zishinzwe kubungabunga amahoro z’u Rwanda ku bufatanye na MINUSCA. Inzego z’umutekano z’u (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Xavier Bettel, Minisitiri w’Intebe wa Luxembourg n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda.