Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) itsinze iya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (Léopards) mu mukino wa Gicuti.
Mbere y’umukino wa Confederation Cup uzahuza AS Kigali na Proline ku munsi w’ejo kuwa gatandatu 14 Nzeri 2019, Nlog Makoun Umunyakameroni ukinira AS Kigali nyuma yo kubona ibyangombwa, yahigiye guca umuhigo wa Rayon Sports ageza kure iyi kipe mu mikino nyafurika.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho nyuma yo kumara iminsi akora adafite amasezerano yamaze gufata icyemezo cyo gutandukana na Rayon Sports.
Nyuma y’imyaka 25 ikipe ya Al-Hilal yo muri Sudani inyagiwe na Rayon Sports mu irushanwa rya Cup winners Cup, bamwe mu bakinnye uwo mukino ubu ni abatoza, abayobozi, abacuruzi, mu gihe abandi batandukanye na ruhago.
Mukura Victory Sports, yari ikeneye umusimbura wa Haringingo werekeje muri Police FC, yemeje umunya-Cameroun Mathurin Olivier Ovambe nk’umutoza mushya w’iyi kipe wasinyiye kuyitoza mu myaka ibiri iri imbere.
Umutoza Goncalves Del Carmo uzwi ku izina rya Robertinho nyuma y’igihe cy’ukwezi aganira na Rayon sports ku masezerano mashya bikarangira batumvikanye bagahitamo kuzana umutoza w’agateganyo watoje CECAFA KAGAME Cup ae kongera amasezerano y’umwaka muri iyi kipe.
Mu irushanwa rya Volley Ball ryo kwibuka Alphonse Rutsindura ryabaga ku nshuro ya 17, REG mu bagabo na RRA mu bagore nibo begukanye ibikombe.
Ikipe ya UTB na REG VC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona ni zo zageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa Memorial Rutsindura riri kubera mu Karere ka Huye ku nshuro yaryo ya 17.
Umutoza Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo wamamaye ku izina rya ‘Robertinho’ aherutse kugaragara mu mwambaro w’ikipe ya Flamengo bishyira mu rujijo ahazaza he n’ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kuva mu Rwanda agiye iwabo muri Brazil mu biruhuko.
Ku munsi wa nyuma wa shampiyona y’u Bwongereza, Manchester City yegukanye igikombe cya shampiyona cya gatandatu mu mateka yayo, inyagiye Brighton and Hove Albion ibitego 4-1, Liverpool yongera kubura igikombe itegereje imyaka 29.
Mukansanga Salma, umugore w’umunyarwanda usifura imwe mu mikino ari umusifuzi wo hagati mu kibuga, aherutse gutoranywa mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abagore.
Musenyeri Eulade Rudahunga wari Umupadiri ukuze kurusha abandi mu Rwanda yitabye Imana mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Muri Afurika biragoye kwemeza ko umuntu yarozwe cyangwa hakoreshejwe uburozi kugirango habeho ikintu runaka kuko usanga bigoye kubibonera ibimenyetso.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Uwimana Jean de Dieu ukinira Ikipe ya Pépinière yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano akekwaho Kwiba mu kigo cy’ababikira giherereye ku Kacyiru.
Kuri Stade yayo, Mukura nubwo itsinze El Hilal igitego kimwe ku busa ntibashije gukabya inzozi zayo zo kugera mu cyiciro cy’amatsinda ya CAF confederation cup kuko isezerewe ku giteranyo cy’ibitego bitatu kuri kimwe (Aggr 3-1).
Ikipe ya Mukura ikoze amateka yo kugera mu kiciro kibanziriza amatsinda ya CAF confederation cup, isezereye ikipe yo muri Soudani kuri penaliti 5 kuri 4.
Tébily Didier Yves Drogba, ni umwe mu bakinnyi beza babayeho b’Abanyafurika batazibagirana mu mateka y’umupira w’amaguru.
Ihuriro ry’abafana ba Mukura Victory Sports rigizwe n’abafana biganjemo urubyiruko rizwi nka Generation M.V.S (Gen M.V.S) bakiranye ubwuzu bwinshi Mukura ubwo yageraga ku kibuga cy’indege I Kanombe ikubutse muri Soudani.
Mukura Victory Sports yegukanye igikombe cy’Amahoro mu Rwanda mu mwaka w’imikino ushize yanganyirije ubusa ku busa muri Soudani n’Ikipe ya Al Hilal Al Ubayyid muri CAF Confederation Cup.
Igare ryageze mu Rwanda rizanwe n’abakoloni, rikomeza kuba igikoresho cyoroshya ingendo n’Ubuhahirane mu Rwanda. Ryaje gushibukaho umukino uri muyo Abanyarwanda bakunda cyane, batangira kuwukina kugeza mu 1984 ubwo habaga irushanwa rya Ascension de Milles Collines ryitabiriwe n’urungano rwa mbere rw’uyu mukino mu Rwanda.
KEVIN Monnet Paquet rutahizamu wa St Etienne yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa yemeje amakuru avuga ako azakinira AMAVUBI.
Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari captain w’ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri n’ikipe ya AFC Leopard yo muri Kenya.
Dukuzimana Antoine uzwi ku izina rya "Birabakoraho" wari usanzwe ari umunyamabanga w’ikipe ya Gicumbi FC, yamaze guhagarikwa kuri uwo mwanya azira kunyereza amafaranga yavuye mu irushanwa rya Bralirwa ryo gukusanya imifuniko ya Turbo.
Robertinho ufitanye amasezerano na Rayon Sports yagombaga kurangirana n’ukwezi k’Ukuboza k’uyu mwaka, yamaze gufata icyemezo cyo kudasohoka muri iyi kipe kubera ibiganiro bagiranye.
Ikipe y’Amavubi y’u Rwanda inganyirije na Les Fauves ya Centrafrica ibitego 2-2, nyuma y’igitego cyinjijwe na Geoffrey Kondgobia mu minota y’inyongera.
Umutoza wa Rayon Sports umunya-Brazil Robertinho yemereye KT SPORTS ko ari mu biganiro n’ikipe ya Gormahia yo mu gihugu cya Kenya.
Nyuma y’ibibazo byo kutumvikana hagati ya Rayon Sports na Kiyovu ku mukinnyi Kakule Mugheni Fabrice ku bwumvikane bw’Impande zombi , uyu mukinnyi yemerewe gukinira ikipe ya Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2018/2019 atanzweho miliyoni 13Frw.
Ikipe ya APR FC ikuye intsinzi y’Ibitego 2-0 imbere ya Etincelles, mu gihe Mukura yanganyije na AS Kigali ubusa ku busa.
Kuri uyu wa kabiri taliki ya 05 Ugushyingo 2018 Mashami Vincent umutoza w’Ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi 27 batagaragaramo amazina yari amaze igihe yiganza mu ikipe y’igihugu nka Captain Haruna Niyonzima na Migi bari mu bamaze gukina igihe kirekire mu Mavubi.
Mu matora yabereye ku kicaro cy’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Bufaransa FF Cyclisme Aimable Bayingana usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda, yatorewe kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare muri Francophonie ku rwego rw’isi .