Amavubi yagiye mu gikombe cy’ Afurika mu 2004 amaze imyaka isaga 13 yifuza gusubirayo bikanga. Nyuma yo gukomeza gutenguha Abanyarwanda MINISPOC na FERWAFA bari gushakira igisubizo mu gutegura amakipe y’igihugu y’abakiri bato ahoraho kimwe na Shampiyona yabo.
Bimenyerewe ko mu mikino y’ibihugu, yaba amarushanwa cyangwa se iya gicuti, igomba kubimburirwa n’indirimbo zubahiriza ibihugu.
Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) utoza ikipe ya Rayon Sports ni umugabo ufite amateka akomeye atari azwi na benshi. Nyuma yo kwitwara neza mu mezi 4 amaze mu Rwanda, KT Radio, Radio ya Kigali Today yaramusuye bagirana ikiganiro aho yahishuyemo amakuru menshi benshi batari bazi ku buzima bwe .
Mu gihe hagiye kuba irushanwa ry’Agaciro rihuza amakipe ane ya mbere muri Shampiyona ishize, Umuyobozi ushinzwe ishoramari mu Kigo cya Agaciro Developmeny Fund, Mugabe Charles, yavuze ko intego y’iyi mikino atari ugucuruza ahubwo intego zayo ari ubukangurambaga.
Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika n’umwaka utaha w’imikino muri rusange yamaze kugura abakinnyi 2 b’Abarundi aribo Andre Kotoko na Ismael Wilonja.
Mu muhango wo gutangiza ibizamini by’amasomo y’Ubumenyingiro mu bigo bya TVET wabereye mu kigo cya Kabutare TVET, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro Jerome GASANA yasabye abikorera kubyaza umusaruro ubumenyi bw’abana biga muri ibi bigo.
Hashize imyaka 20, Isimbi Laura Karengera agaragaye mu mashusho y’indirimbo ya Kayirebwa “Tarihinda” yakunzwe cyane mu Rwanda no hanze.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu, Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi Mashami Vincent yahaye Abanyarwanda icyizere cyo kuzatsinda inzovu za Cote d’Ivoire.
Etame Mayer Lauren utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda ku munsi w’Ejo, Aho yoherejwe na Arsenal mu gikorwa cyo Kwita Izina , ni umwe mu babaye muri ruhago bafite ubuzima bwihariye aho avukana n’Abana 21.
Amakipe ya banki ya Kigali (BK) muri Volleyball, Basketball n’Umupira w’Amaguru yegukanye ibikombe mu marushanwa ahuza banki zo mu Rwanda.
Umutoza Ibrahim Camara utoza Côte d’Ivoire yahamagaye urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gutegura umukino bazahuriramo n’u Rwanda ariko ntibarimo Gervinho,Yaya Toure na Winfred Zaha.
Ubwo Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent, yahamagaraga ikipe y’Igihugu yitegura umukino wa Cote d’Ivoire mu majonjora y’Igikombe cy’Afurika 2019, yahamagaye abakinnyi 32 n’abandi 40 b’abasimbura.
Umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga ikipe ya Mukura na Rayon Sports wagaragaye ho agashya k’umufana wari wisize irangi ry’amavuta ryagenewe gusigwa inzu.
Nyuma yo kubura amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, Mukura Victory Sports yihimuye kuri Rayon Sports yegukana igikombe cy’amahoro kuri penaliti 3-1.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ikipe ya AS Kigali iri mu nzira zo guhagarikirwa inkunga yahabwaga n’Umujyi wa Kigali nyuma yo kudatanga umusaruro yari yitezweho.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro Rayon ifashijwe na Sefu na Kevin itsinze Sunrise 2-0 isanga Mukura ku mukino wa nyuma.
Mu mikino ya FEASSSA biteganijwe ko izabera mu Rwanda guhera taliki ya 10 kugeza 20 Kanama 2018, Minisiteri y’Uburezi yahagurikiye ikibazo cy’amanyanga avugwa mu bigo by’Amashuri bitira abakinnyi ahandi.
Taliki ya 04 Kanama , u Rwanda rurakira ibihangange mu mukino wa Triathlon mu mikino y’Igikombe cy’Afurika izabera mu karere ka Rubavu.
Mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, APR Fc inganyije na Police Fc 0-0 mu mukino wabereye Kicukiro.
Mutamuriza Anonciata wamenyekanye cyane nka Kamaliza mu ndirimbo zikundwa na benshi kugeza magingo aya, ni umwe mu bahanzi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu. KT Radio mu kiganiro Ni muntu ki?, yabateguriye icyegeranyo kibagezaho byinshi mutamenye kuri uwo muhanzi. Iyumvire.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Amavubi y’abagore akomeje imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo bitegura imikino ya CECAFA y’abagore izabera hano mu Rwanda.
Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Mu mikino yo kwibuka Nyakwigendera Alphonse Rutsindura ufatwa nk’imwe mu nkingi z’umukino wa volleyball mu Rwanda, REG mu bagabo na APR y’abagore ni zo zegukanye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 16.
Uretse gutsindwa muri ruhago byagwira uwo ari we wese,nk’Umunyarwanda wavuze ko umupira widunda, hari ibintu byo hanze y’ikibuga byagiye bituma amakipe atura kure y’inzozi zo kwegukana igikombe cy’Isi.
Umukino wa shampiyona wagombaga guhuza Mukura na Etincelles kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 mata 2018, washyizwe saa kumi n’imwe( 17hoo) aho kuba saa cyenda n’igice(15h30) nk’uko byari biteganyijwe.
Murangwa Eugene, yari umuzamu w’Ikipe ya Rayons Sport izwiho kuba yaragize abafana benshi kuva mu bihe bya kera, ndetse no mu bihe by’ubu bikaba bikiri uko.
Murangwa Eugene wabaye umuzamu wa Rayon Sports mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umukinnyi uzwiho kuba yarakinaga imikino yose yambaye ingofero.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yihanangirije abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Common Wealth), kudahirahira gutoroka.