Niyitanga Kevin na Hanani Uwineza nibo begukanye umunsi wa shampiyona mu irushanwa rya Triathlon.
Romami Andre wari umaze iminsi aba muri Zambia aho yashakaga ikipe, agiye kugaruka muri Kiyovu Sports nyuma yo kubura ikipe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, Rtd Brig. Gen Sekamana Jean Damascene wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wo guhatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Ikipe ya APR VC mu bagore na UTB mu bagabo nizo zegukanye irushanwa rya volley ball ryo kwibuka padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora urwunge rw’amashuri rwa Butare (GSOB).
Ishyirahamwe ry’Imikino olimpiki mu Rwanda rivuga ko ikibazo cy’imiyoborere y’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, ari yo ntandaro y’umusaruro muke muri aya mashyirahamwe.
Areruya Joseph yatangaje ko n’ubwo batarahabwa uduhimbazamusyi tw’amarushanwa atatu akomeye bamaze kwegukana nka Team Rwanda bidashobora kubaca intege, ariko hakwiye impinduka mu mitangire yatwo kugira ngo mu minsi iri imbere bitazatuma abakinnyi batakaza ishyaka mu marushanwa.
Mu mukino wa Triathlon mu irushanwa ry’Intwali rya Kigali Duathlon Heroes Challenge 2018, Rukara Fazil mu bagabo na Uwineza Hanani mu bagore nibo begukanye iri rushanwa ryari rigamije kuzirikana Intwari z’u Rwanda.
Gahemba Jean Marie Vianney, umubyeyi wa Areruya Joseph, yifuza kumubona mu isiganwa rya “Tour de France” rifatwa nk’irya mbere ku isi muri uyu mukino.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryashyize ahagaragara ingengabihe y’amarushanwa y’umwaka wa 2018 harimo n’irushanwa rizabera ku nshuro ya mbere mu mujyi wa Huye.
Mu irushanwa rya Nyamata Triathlon Challenge ryasozaga amarushanwa yabaye mu mukino wa Triathlon mu mwaka wa 2017 ryegukanywe na Uwineza Hanani mu bagore n’umunya-Canada Tim Gossland mu bagabo.
Keisuke Honda, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomeye mu Buyapani, umushinga yatangije muri Afurika wo kwigisha umupira w’amaguru abana wageze no mu Rwanda.
Nshuti Dominique Savio umaze igihe mu mvune yo gukuka ukuboko yatangaje byinshi bimwerekeyeho birimo kuba akumbuye abafana ku kibuga muri shampiyona.
Life Fitness Academy, ikigo cy’Abanyamerika kigiye gutangiza mu Rwanda ikigo gihugura abifuza kugira ubumenyi ku bijyanye no kubaka umubiri n’ikoreshwa ry’ibikoresho byo mu nzu zikorerwamo siporo (Gyms).
Uruganda rwa SKOL rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwari rumaze icyumweru rwarashyize igorora abakiriya barwo n’abantu bitabiraga Tombola rwakoreshaga muri Tour du Rwanda.
Ibibumbano bya SKOL biri mu ishusho y’abantu batwaye amagare byakorewe muri Portugal biri mu bikomeje gutangaza abantu muri Tour du Rwanda.
Inzoga ya SKOL isanzwe ikoreshwa mu muhango wo guhemba uwitwaye neza muri Tour du Rwanda ntabwo ari Champagne, ngo ni inzoga isanzwe yakorewe ibirori ariko itari ku isoko.
Sibomana Emmanuel ukina umukino wa Triathlon atangaza ko igare yatsindiye rizamufasha muri uyu mukino yakinaga nta gare afite.
Uruganda rwa Skol rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye ni ishyiga ridashyigurwa mu baterankunga ba Tour du Rwanda, igenera iri rushanwa inkunga y’Amafaranga arenga miliyoni 50.
SKOL, uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ ibidasembuye rukaba n’umuterankunga w’irushanwa rya Tour du Rwanda, rwadabagije Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo bitabiriye kuraba Tour du Rwanda, rubashyiriraho ibihembo bitandukanye byiganjemo amagare.
Umukino wa Triathlon mu Rwanda ugiye kurushaho kugira imbaraga kuko ugiye kugira abatoza babihuguriwe ku rwego mpuzamahanga.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ritangaza ko imyiteguro ya Tour du Rwanda 2017 yarangiye kuburyo ngo biteze isiganwa ry’amagare ryiza.
Abavandimwe babiri bakomoka muri Kenya Changawi Mzai na Chufaa Changawa nibo begukanye irushanwa rya Tennis Rwanda open circuit ryaberaga i Kigali.
Umutoza Antoine Hey arizeza ko Amavubi azasezerera Ethiopia n’ubwo atabonye umwanya wo gukina umukino wa gicuti wo kwitegura.
Mitsindo Yves w’imyaka 15 ukinira ikipe ya Sporting Charleroi, yamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ububiligi y’abatarengeje imyaka 15.
Abakinnyi ba Tennis bo mu Rwanda ndetse n’abaturutse hanze ya Africa bateraniye i Kigali aho bari guhatanira imidari muri irushanwa rya Rwanda Open.
Tom Gossland, umunya-Canada uba mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Triathlon ryabereye mu mujyi wa Rubavu.
Mbere y’irushanwa ry’akarere ka kane k’Afurika muri Triathlon rizabera i Rubavu kuri uyu wa gatandatu, abatoza n’abasifuzi 30 b’uyu mukino mu Rwanda batangiye guhugurwa.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryasinye amasezerano y’ubufatanye na BRALIRWA agamije guteza imbere uwo mukino mu Rwanda no hanze.