Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Nyuma y’uko Akarere ka Nyamagabe kabaye aka 27 mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017, Ubuyobozi bwako bwarisuzumye busanga uyu mwanya utari mwiza, ukomoka ku ruhare ruto rw’abaturage mu kugena ibibakorerwa mu mihigo.
Ubuyobozi bwa polisi ya Nyamagabe, buvuga ko iyo hagize abafungwa barwarira aho babafungira bategereje kuburana batabasha kubavuza.
Abaturage batandukanye bo Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye banejejwe no kubona umuhanzi Jay Polly amaso ku maso ubwo yajyagayo kubataramira.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Huye batangiye kurimbura insina zabo kuko batakibona aho bagurisha ibitoki ubundi byagurwaga n’abengaga inzoga zitemewe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabiye ibihano buri wese wagize uruhare mu makosa yo guhindurira abaturage ibyiciro by’Ubudehe.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose yabwiye abayobozi bo muri iyo Ntara kureka ibyo kujenjeka bagakora ubukangurambaga mu baturage bakitabira gahunda za Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, batangiye kubakira bagenzi babo batishoboye, babicishije mu muganda.
Iyo winjiye mu Gasantere ka Rango ho mu Karere ka Huye, uhasanga abana benshi bazerera, mu gihe bagenzi babo baba bagiye kwiga.
Kuri sitasiyo ya polisi y’i Huye hafungiye abagabo batatu bakurikiranweho kwiba no kugurisha ibyuma by’amapironi n’iby’impombo zifashishwa mu gukora ibiraro.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi muri Huye bwatangije irushanwa ngarukamwaka ry’umupira w’amaguru rigamije gushishikariza abaturage gahunda za leta zitandukanye.
Bamwe mu bakorera mu gakiriro k’i Huye babangamiwe na bagenzi babo bahisemo gusiga imashini zapfuye mu bibanza byabo, bakajya gukorera mu mujyi.
Abaturiye ikimpoteri cya kijyambere giherereye i Sovu Mu Karere ka Huye, barifuza kwimurwa kuko kibakururira umwanda n’umutekano mukeya.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa diyosezi gaturika ya Butare, avuga ko umupadiri atari umukozi w’Imana kuko umukozi aruhuka, nyamara bo bakaba bagomba gukorera Imana ubutaruhuka.
Abitabiriye amatora ya perezida w’u Rwanda baje barimbye, Annonciata Mafurebo Kayitesi bakunze kwita Anita yarushijeho kuko yatamirije ibyanganga.
Ba mutimawurugo b’i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi, Akarere ka Huye, bakoze igitaramo cyo kwitegura umugeni bazaba bafite tariki 4 Kanama 2017.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanye-Huye gutaha inzu y’ibyumba 50 yitwa “Impinganzima” yagenewe gutuzwamo ababyeyi 100 bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Pasiteri Athanase Munyaneza w’i Kinazi mu Karere ka Huye yagizwe umurinzi w’igihango kuko yahishe abatutsi benshi, ariko yiyumvamo ipfunwe n’umwenda imbere y’abarokotse Jenoside.
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.
N’ubwo imyaka y’ubukure ari 18, abana bo guhera ku myaka 14 bakoze amakosa akomeye nko kunywa ibiyobyabwenge cyangwa kubicuruza barabihanirwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) irasaba urubyiruko rw’Abanyarwanda kwitabira amarushanwa yo gukora ibirango by’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abatuye mu mudugudu wa Murango w’i Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko umudugudu wabo utacyitwa Murango ahubwo witwa Nyarutarama.
Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha abana batumva batanavuga cy’i Huye, yifuza ko abana bigisha batajya bakora ibizamini by’indimi bisa n’iby’abandi banyeshuri.
Gerardine Mukandanga w’i Rukira mu Karere ka Huye yibarutse abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu umwe ariko nta bushobozi afite bwo kubarera.
Abashakashatsi b’Abanyarwanda bakurikiranira hafi ibijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima, bavuga ko kuba nta nzovu zikiba muri Nyungwe bituma ibimera byaho bitakimererwa neza.