Abaturage b’i Gishubi na Mamba ho mu Karere ka Gisagara bariye inka yipfushije, babiri barapfa, 24 bajyanwa kwa muganga baruka banahitwa.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bavuga ko bakoraga itangazamakuru bavuga ko nyuma y’igihe kirekire bakora itangazamakuru bataryiyumvamo, kuri ubu imyumvire imaze guhinduka.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Uwacu Julienne, yavuze ko siporo rusange ikwiye kugera no ku rwego rw’imidugudu.
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13
Abazatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha ho mu Murenge wa Mamba, bavuga ko viziyo 2020 bagiye kuyigeramo muri 2018, kubera ubwiza butatse uwo mudugudu bazaturamo.
Umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri Indatwa n’Inkesha (GSOB),Padiri Pierre Célestin Rwirangira, avuga ko iri shuri rifite inyubako zishaje cyane, zituma ritabasha kwakira abanyeshuri bahagije, akavuga ko risanwe ryakwakira abana barenga 1200 rifite ubu.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko biteguye gupima Abanyagisagara bose indwara y’umwijima izwi nka epatite C, abo basanze bayirwaye bagahabwa imiti.
Umuyobozi wa Gereza ya Huye, SP Camille Cyusa Zuba, yatangaje ko ibyangijwe n’inkongi iherutse kwibasira igice cy’iyi gereza bifite agaciro k’asaga miliyoni umunani (8,000,000 Frw).
Mu masaa yine z’ijoro yo kuri uyu wa 28 Mutarama, ahakorerwa amasabune muri Gereza ya Huye hafashwe n’inkongi, Polisi itabara bwangu harazimywa.
Minisitiri w’uburezi, Dr Eugène Mutimura, yanenze bamwe mu bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Huye batita ku nshingano zabo, abasaba kwisubiraho cyangwa se akazabafatira ibyemezo.
Guhera muri Werurwe 2020, Megawate 80 z’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri zizatangira kubonera maze byongere umubare w’Abanyarwanda bakoresha amashanyarazi.
Justin Niyigaba ntiyabasha kugenda nta mbago. Nyamara we yivugira ko atifata nk’ufite ubumuga kuko ku bw’insimburangingo atakigenza amaboko n’amaguru.
Ubuyobozi bwa Korali Ijuru y’i Huye buvuga ko iyi Korali yiteguye kuzasusurutsa abanye-Huye ku cyumweru ku itariki ya 07 Mutarama 2018.
Bunani Joseph, ni umunyeshuri ufite imyaka 27 y’amavuko, wiga muri IPRC-South, iherereye mu Mujyi wa Huye.
Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.
Amakuru aturuka mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riri mu Mujyi wa Huye avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye icyumba kimwe cy’inyubako nshya y’iryo shuri, ibyari birimo birakongoka.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Bamwe mu batumva n’ababafasha mu bikorwa by’iterambere bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa hose, kugira ngo haveho imbogamizi zo kutumvikana hagati y’abatavuga n’abo bakorana.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Kubera umusaruro mwinshi kandi mwiza w’icyayi ukomeje kugaragara mu Karere ka Nyaruguru bitumye hagiye kubakwa urundi ruganda rusanga eshatu zari zihasanzwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi, Fulgence Nsengiyumva, avuga ko hari abatangiye gukorana n’abarangije kwiga ubuhinzi muri kaminuza, bikaba byaratangiye gutanga umusaruro.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yafashe icyemezo cyo guhagarika Philbert Mugisha ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko atawe muri yombi na Polisi y’igihugu.
Abahagarariye inzego zitandukanye mu karere ka Huye barazaba ko habaho ikirango cyihariye cya Ndi Umunyarwanda, ukibonye wese kikamwibutsa iyi gahunda.
Deo Ngarukiye w’i Nyaruguru yishimira ubuhinzi bw’icyayi akuramo asaga ibihumbi 500 buri kwezi, none yaniyemeje kureka guhinga ibindi bihingwa.
Mu Karere ka Huye harabarurwa ibigo bishinzwe ibikorwa rusange 66 bidafite umuriro w’amashanyarazi, mu gihe Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) cyabaruraga 37.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Nyuma y’uko Akarere ka Nyamagabe kabaye aka 27 mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017, Ubuyobozi bwako bwarisuzumye busanga uyu mwanya utari mwiza, ukomoka ku ruhare ruto rw’abaturage mu kugena ibibakorerwa mu mihigo.