Mu ijoro ryacyeye rishyira itariki ya 30 Ushyingo 2024, mu Mirenge ya Tumba na Ngoma mu Karere ka Huye, Polisi yafashe abantu batandatu b’igitsina gabo, bakekwaho guhungabanya umutekano.
Sylvie Uwineza utuye mu Mudugudu w’Agakera, Akagari ka Rango A, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, yatunguwe no guhamagarwa n’abaturanyi bamubwira ko ibyo mu rugo rwe byasohowe n’abari baherekejwe n’abapolisi, tariki 29 Ugushyingo 2024.
Abagenda i Kibeho mu bihe bisanzwe no ku minsi mikuru izwi ari yo uwa 15 Kanama n’uwa 28 Ugushyingo ntibahwema kwiyongera, ariko amacumbi ashobora kubakira ni makeya.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara igaragaza ko mu mezi atatu ashize yonyine, ni ukuvuga guhera mu kwezi kwa Nyakanga kugeza mu k’Ukwakira 2024, mu Murenge wa Mamba honyine habonetse abangavu 21 babyaye.
Abahinga icyayi b’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko kibaha amafaranga, ariko ngo ubuzima bwarushaho kugenda neza baramutse bahawe uburyo n’ubumenyi bibafasha gukora n’ibindi bikorwa bibinjiriza amafaranga.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2024, polisi y’u Rwanda yakoze igikorwa cyo gushakisha no gufata abantu bacyekwaho ubujura i Nyamugari mu Murenge wa Gasaka Akarere ka Nyamagabe, hafatwa 10.
Mu rukerera rwo ku itariki ya 21 Ugushyingo 2024 Polisi yakoze igikorwa cyo gushakisha no gufata abakekwaho ubujura mu Mudugudu w’Agateko, Akagari ka Kibeho, Umurenge wa Kibeho, Akarere ka Nyaruguru, maze hafatwa abantu barindwi.
Ishami rishinzwe inguzanyo z’ubuhinzi muri BK (Banki ya Kigali), tariki 20 Ugushyingo 2024 ryasobanuriye abahagarariye amakoperative amwe n’amwe yo mu Ntara y’Amajyepfo ibijyanye n’inguzanyo bageneye ubuhinzi, bise "Kungahara na BK".
Ku gicamunsi cyo ku wa 18 Ugushyingo 2024, muri gare ya Huye umukobwa wo mu kigero cy’imyaka 23, yanyoye umuti wica udukoko ngo bita simekombe, ashaka kwiyahura.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru bifashisha inguzanyo za SCON mu kugihinga, barishimira kuba barakuriweho kwishyura izo nguzanyo hafatiwe ku gaciro kazo mu madolari.
Mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye hari imiryango imwe n’imwe yinubira kuba ituye mu mujyi, ifite n’amashanyarazi mu ngo, nyamara itabasha gucana no kwifashisha amashanyarazi mu bundi buryo, igihe cyose bayakeneye.
Lazaro Sahinkuye w’imyaka 23 wo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kibilizi, Akarere ka Nyamagabe, ari gushakishwa ngo abazwe iby’urupfu rw’umukecuru witwa Bernadette Mukanyangezi w’imyaka 55 akekwaho kwica, mu masaa mbiri z’igitondo cyo kuri uyu 15 Ugushyingo 2024.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, araburira abajura, abasaba kwisubiraho kuko ngo bahagurukiwe, akanabwira abadashaka kwihana kwitegura kuzahangana n’ingaruka z’ibizababaho.
Abakora mu ruganda rw’icyayi rwa Kitabi, bibumbiye muri Koperative Dufashanye, bababazwa no kuba koperative bibumbiyemo yarahombejwe n’abayiyoboraga ndetse n’abafashe imyenda ntibishyure, n’ubuyobozi bukaba bwarabatereranye ntibubishyurize.
Kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2024, BK Foundation yasinyanye na Kaminuza y’u Rwanda (UR) amasezerano y’ubufatanye mu guhuza abanyeshuri n’abatanga akazi no kubazamurira imyumvire mu kwihangira imirimo, binyuze mu bujyanama butandukanye.
Mu Mudugudu wa Rugege uherereye mu Kagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama, Akarere ka Huye, haravugwa inkuru y’umugabo ngo wakubitiwe ifuni mu rugo yari yagiye gusambanamo, agahita ahasiga ubuzima.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi bifashishije amagare mu Mujyi i Huye, bifuza gutunganyirizwa neza uduhanda bateganyirijwe kunyuramo rwagati mu Mujyi hashyirwamo kaburimbo inyerera, kugira ngo bajye batwifashisha tutabatoboreye imipine nk’uko bigenda iyo banyuze mu twashyizwemo kaburimbo y’igiheri.
Imvura yaguye i Huye mu masaa saba n’igice kuri uyu wa 30 Ukwakira 2024 yasenye inzu zitari nkeya mu Tugari twa Gatobotobo na Kabuga mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye.
Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ko hatekerezwa ukuntu abayikoramo bakongererwa imishahara.
Hari ababyeyi bo mu Karere ka Gisagara bababajwe no kuba barabyariye mu rugo, abana babo bakimwa uburenganzira bwo gukingirwa.
Mu Karere ka Huye hari abari barwaye indwara zo mu mutwe ahanini biturutse ku ngaruka za Jenoside bavuga ko kuvurwa mu buryo bw’ibiganiro byabakijije nyamara ku bw’imiti byari byarananiranye.
Hari abantu bamwe na bamwe usanga bajya kuvuga Umujyi wa Butare bakavuga ko ari i Vatican, impamvu ikaba ngo ari ukubera ko hari imiryango myinshi y’Abihayimana ugereranyije no mu tundi duce two mu Rwanda.
Abatuye mu Murenge wa Nyanza uherereye mu Karere ka Gisagara barimo gufashwa n’umufatanyabikorwa FXB mu rugendo rwo kwikura mu bukene bukabije (graduation), baravuga ko hari intambwe bamaze kugeraho y’iterambere, kandi ko bafatiye ku rwego bagezeho mu gihe cy’umwaka n’igice, hari icyizere ko imyaka itatu basinyiye izasiga (…)
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yabwiye urubyiruko rwitabiriye umuganda wihariye w’urubyiruko, aho wabereye ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Gisagara, kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira 2024, ko imishinga irengera ibidukikije ihabwa amahirwe menshi.
Babifashijwemo n’ababyeyi, abana biga ku ishuri ribanza rya New Light Complex Academy, batanze ubufasha bageneye umwe mu bana bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka iheruka kugusha abana i Nyamasheke, aho babushyikirije umuvandimwe we.
Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, mu Karere ka Huye havuzwe umugabo n’umugore bakubiswe n’abaturanyi bakagirwa intere bazizwa ko baba barishe umuturanyi wabo bifashishije amarozi yacishijwe mu nzoka. Kigali Today yashatse kumenya byimbitse iby’imvano yo gukekwaho amarozi no ku buryo yabagaragayeho, maze yegera abaturanyi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, wari mu birori byo kwimika Musenyeri Jean Bosco Ntagungira wa Diyosezi Gatolika ya Butare nk’intumwa y’Umukuru w’Igihugu, yashimiye ubufatanye buranga Kiliziya Gatolika na Leta muri gahunda zitandukanye zihindura ubuzima bw’abaturage harimo isanamitima, uburezi, (…)
Abarokotse Jenoside b’i Gishamvu mu Karere ka Huye bavuga ko batemeranywa n’imvugo ya Dr Eugène Rwamucyo ubu uri kuburanira mu Bufaransa ku bw’uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Rwamucyo avuga ko yashyinguje imirambo y’Abatutsi aharanira kurwanya ko iramutse iboreye ku gasozi yatera ibyorezo, nyamara (…)
Nyuma y’uko tariki ya 12 Kanama 2024 Papa Francis agennye ko Padiri Jean Bosco Ntagungira asimbura Musenyeri Filipo Rukamba ku kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira 2024, agiye guhabwa inkoni y’ubushumba.
Hari aborozi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko bashobora kuba bahendwa n’abaveterineri bigenga babavurira amatungo kuko babaca amafaranga atangana kandi batanazi ibiciro by’imiti.